Ubuyobozi bukuru bw’Abinjira n’Abasohoka mu gihugu, bwatangaje ko igihe cyo gucyura igihe kwa pasiporo za cyera, cyongereweho umwaka umwe.
Ibitaro bikuru bya Ruhengeri byakiriye abarwayi bahimuriwe, bakuwe mu bitaro bya Gisenyi, nyuma y’aho imitingito ikomeje kumvikana hirya no hino yibasiye by’umwihariko Akarere ka Rubavu.
Mu bihe bitandukanye, hirya no hino mu gihugu nyuma y’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo giherereye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ryabaye mu ijoro ryo ku itariki 22 Gicurasi 2021, ryakurikiwe n’imitingito ya hato na hato harimo iyumvikanye mu Karere ka Rubavu no mu tundi turere tumwe na tumwe two mu gihugu.
Abiga muri Kaminuza ya Kigali (University of Kigali) ishami rya Musanze, biyemeje kurushaho gukoresha ikoranabuhanga mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no kuvuguruza abayipfobya. Abo banyeshuri bagamije ko amateka mabi yaranze igihugu atazasubira ukundi.
Imiryango yo mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera iherutse kugerwaho n’ingaruka z’ibiza byatewe n’amazi yaturutse mu birunga, muri iki cyumweru yatangiye guhabwa ubufasha bw’ibiribwa, mu rwego rwo kunganira imibereho yabo yashegeshwe n’ingaruka z’ibyo biza.
Inzu mberabyombi “President Paul Kagame Auditorium” yitiriwe Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, y’Ikigo IRCAD cyo mu gihugu cy’Ubufaransa yafunguwe ku mugaragaro, mu muhango wabereye i Strasbourg muri icyo gihugu ku wa gatatu tariki 19 Gicurasi 2021.
Amakuru yatangajwe n’ibiro by’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda aravuga ko ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 19 Gicurasi 2021, i Strasbourg mu Bufaransa, Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro inzu mberabyombi “Auditorium President Paul Kagame” y’Ikigo cyitwa IRCAD France cy’ubushakashatsi mu kurwanya Kanseri yibasira (...)
Imiryango itishoboye 365 ibarizwa mu Karere ka Musanze ikeneye kubakirwa amacumbi mu buryo bwihuse, kugira ngo abayigize batandukane n’ingorane zo kutagira aho baba hameze neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi buratangaza ko mu gihe gito kiri imbere, Ikigo nderabuzima cya Mulindi kizimukira mu nyubako nshya kandi zagutse kugira ngo kibashe gutanga serivisi zinoze.
Abaturage bafite imirima iherereye ku nkengero z’urugomero rw’amashanyarazi rwa Mukungwa ya II rubarizwa mu Karere ka Musanze, bamaze imyaka isaga umunani batakambira ubuyobozi, ngo bubahe ingurane bemerewe z’imirima yabo yarengewe n’amazi aturuka muri urwo rugomero.
Abayoboke b’Idini ya Islam bo mu Ntara y’Amajyaruguru bifatanyije n’abandi mu isengesho ryo kwizihiza umunsi mukuru wa Eidil-Fit’ri mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 13 Gicurasi 2021.
Abayobozi 10 bakorera mu turere twa Musanze, Burera na Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, barimo bamwe mu Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge, abashinzwe uburezi mu Mirenge, bamwe mu bayobora Ibigo by’amashuri na ba rwiyemezamirimo, batawe muri yombi, aho bakekwaho ibyaha byo kunyereza ibikoresho byari bigenewe kubaka (...)
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, bavuga ko batakirembera mu ngo, babikesha kwishyura Ubwisungane mu kwivuza hakiri kare.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 9 Gicurasi 2021, yeretse itangazamakuru abantu 33, bafatiwe muri Resitora zirimo n’iz’amahoteli ziherereye mu mujyi wa Musanze, barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, bahangayikishijwe n’uko bubakiwe amavomo, agafungwa atamaze kabiri hafi ya yose, nyuma y’uko basabwe kujya bishyura amazi bahavomaga bakabura ubushobozi.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 7 Gicurasi 2021, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera mu Karere ka Nyabihu, rweretse itangazamakuru abantu batandatu bafatanywe urumogi harimo n’uwagerageje guha Polisi ruswa y’amafaranga angana na Miliyoni y’u Rwanda.
Leta y’u Rwanda imaze imyaka hafi itanu itangije gahunda igamije korohereza abanyeshuri biga muri Kaminuza, binyuze mu kubaha za mudasobwa, aho ikiguzi cyazo cyongerwa ku mafaranga y’inguzanyo buri munyeshuri asabwa kuzishyura, mu gihe yaba arangije kwiga, cyangwa se undi wese wafashe inshingano zo kwishyurira umunyeshuri (...)
Abantu umunani bakubiswe n’inkuba umwe ahita yitaba Imana nyuma yo kumugeza kwa muganga, bakaba bari mu kazi ku inshantiye y’ubwubatsi.
Umugore witwa Nyirabariyanga Beatrice utuye mu Kagari ka Gisizi, Umurenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, arasaba ubutabazi bwo kuvuza no kwita ku mugabo we witwa Tuyisenge Alexis, umaze imyaka 12 arwaye indwara yamubereye amayobera.
Abagore bagize Koperative yitwa “Umuzabibu Mwiza” biyeguriye ububoshyi bw’imyenda n’imitako, bakoresheje ubudodo buva mu bwoya bw’intama n’inkwavu batunganya. Uyu mwuga ngo watumye bava mu bwigunge no gusabiriza, imibereho irushaho kuba myiza.
Mu masaha y’igitondo cyo ku wa Gatatu tariki 28 Mata 2021, nibwo hamenyekanye inkuru y’abantu batanu bari bafunzwe, barashwe bagahita bahasiga ubuzima, ubwo barimo bagerageza gutoroka kasho bari bafungiwemo mu Karere ka Kirehe, nk’uko byasobanuwe.
Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yatangiriye mu Karere ka Musanze, kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Mata 2021, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof. Bayisenge Jeannette, yahamagariye ababyeyi kwita ku mikurire n’uburere bw’abana kuva bakiri bato, kugira ngo bazavemo abagira uruhare mu ntego igihugu cyiyemeje.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, baratangaza ko basigaye iheruheru, nyuma yo gusenyerwa n’amazi y’imvura yaturutse mu birunga, agasandarira mu ngo zabo, umuntu umwe ahasiga ubuzima, inzu 120 zirangirika, hangirika imihanda, ibiraro n’imyaka bari barahinze.
Ibyishimo ni byose ku basore n’inkumi 721 bagizwe aba Ofisiye n’Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, mu muhango wabereye mu Ishuri rikuru rya Gisirikari ry’i Gako ku wa kabiri tariki 26 Mata 2021.
Kuri uyu wa mbere tariki 26 Mata 2021, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yayoboye umuhango wabereye mu Ishuri rikuru rya Gisirikari ry’i Gako (Rwanda Military Academy), wo kwinjiza mu ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’aba Ofisiye, abaharangije amasomo arimo n’aya Gisirikari.
Kuri uyu wa Mbere tariki 26 Mata 2021, mu Ishuri rikuru rya Gisirikari riherereye i Gako mu Karere ka Bugesera, habereye umuhango wo kwambika abanyeshuri basoje amasomo mu bya gisirikari, bakaba bambitswe amapeti abinjiza mu ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’aba Ofisiye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994, bo mu cyahoze ari Komini Nkuri, bavuga ko ibihe bigoye banyuzemo mu gihe cya Jenoside no mu myaka yayibanjirije, kubera ubuyobozi bubi bwaranzwe na Politiki y’amacakubiri no kubiba urwango mu banyarwanda, byagize ingaruka zikomeye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Karongi, batujwe mu mazu bubakiwe kuva mu mwaka wa 2008, bavuga ko barimo guhura n’ingaruka nyinshi, ziterwa no kuba ayo mazu bayabamo ashaje andi akaba yarahirimye burundu.
Abaturiye urugomero rwa Mukungwa ruherereye mu Mudugudu wa Mukungwa, Akagari ka Kabirizi Umurenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, bafite ibyishimo batewe no kuba bahawe umuriro w’amashanyarazi bari bamaze igihe bifuza.