Diego Armando Maradona, wabaye icyamamare ku isi kubera guconga ruhago, yitabye Imana ku wa Gatatu tariki ya 25 Ugushyingo 2020, azize indwara y’umutima. Uyu mugabo yakundaga kugaragara ahantu henshi yambaye amasaha abiri ku maboko.
Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta, yatangaje ko atakibarizwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, kuko atabasha kwihanganira amagambo mabi abwirwa n’abantu benshi.
Pretty Mike, umunya-Nigeria wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga, yitabiriye ubukwe bwa Williams Uchemba ari kumwe n’abakobwa 6 bose batwite inda ze nkuru.
Barack Hussein Obama yamenyekanye cyane nk’umwirabura wa mbere ufite inkomoko mu gihugu cya Kenya wayoboye Leta Zunze ubumwe za Amerika, kuva mu mwaka wa 2009 kugeza mu mwaka wa 2017.
Icyiciro cya kane kigizwe n’abantu bari hagati ya 80 na100, barimo impunzi ndetse n’abashaka ubuhungiro, bari bari mu gihugu cya Libya, bazagezwa mu Rwanda ku wa Kane tariki ya 19 Ugushyingo 2020. Aba, bariyongera ku bandi bari barageze mu Rwanda guhera mu mwaka ushize.
Nyuma y’iminsi umunani ari mu bitaro, umunya-Argentine w’icyamamare mu mupira w’amaguru Diego Maradona yavuye mu bitaro yari arimo mu mujyi wa Buenos Aires, aho yari yarabazwe ku gice cy’ubwonko.
Wentworth Miller yatangaje ko kubera impamvu ze bwite, ahagaritse gukina muri filime y’uruhererekane yakunzwe n’abatari bake ku isi ‘Prison Break’, aho yakinaga yitwa Michael Scofield.
Benshi mu batuye umugabane wa Afurika bishimiye intsinzi ya Joe Biden watorewe kuyobora Amerika. Aha, umuntu yakwibaza impamvu ndetse n’icyo bamutegerejeho, ugereranyije na Donald Trump wari umaze ku butegetsi imyaka ine.
Joe Biden yatprewe kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika, nyuma yo gutsinda Donald Trump wari umaze imyaka ine ayobora iki gihugu.
Mu gihe akomeje gushinja Komisiyo ishinzwe amatora muri amerika ko yamwibye amajwi, Donald Trump, yatangiye gufatirwa ibyemezo na televiziyo zikomeye ndetse n’imbuga nkoranyambaga muri Amerika.
Mu gihe benshi mu birabura b’Abanyamerika bashinja Donald Trump kuba ari we wihishe inyuma y’ihohoterwa ribakorerwa, ndetse benshi mu byamamare bakagaragaza ko batamushyigikiye, Dwayne Michael Carter Jr. wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Lil Wayne, kuwa 29 Ukwakira 2020, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yatangaje (...)
Amateka y’u Rwanda, mu bitabo binyuranye yanditsemo, avuga ko ku itariki ya 27/10/1946, aribwo Umwami Rudahigwa yavuze isengesho yihesha Yezu Kristu, ndetse anamutura Igihugu cye n’abaturage be.
Umunya-Brazil witwa Edson Arantes do Nascimento wamenyekanye nka Pelé wamamaye cyane mu mupira w’amaguru yujuje imyaka 80 tariki 23 Ukwakira 2020, akaba yaratangiye ikiruhuko cy’izabukuru mu mwaka wa 1977.
Bamwe mu babyeyi baganiriye na Kigali Today, bavuga ko batewe impungenge n’abana bagiye gukora imirimo inyuranye mu gihe bamaze batiga, ngo kuko bizagorana kubasubiza mu ishuri baramenyereye gukorera amafaranga.
Kuva kuri uyu wa Kane tariki 22 Ukwakira 2020, kugeza ku wa 23 Ukwakira 2020, mu Rwanda hatangiye igerageza ryo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe byavuguruwe, aho byavuye kuri 4 bikaba 5, ndetse n’ibiranga ibyiciro bikaba byaravuguruwe.
Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 12 Ukwakira 2020, yemeje politiki yo gufasha abakozi bo mu nzego z’ubuzima, kugena amasezerano y’umurimo n’inzego ebyiri (duo practice) aho ashobora gukorera ibitaro bibiri bitandukanye.
Depite Robert Kyagulanyi uzwi ku izina rya Bobi Wine, akaba icyamamare mu muziki, yatangaje ko Leta ya Museveni iriho ikora uko ishoboye ngo ataziyamamariza kuyobora igihugu cya Uganda, mu matora azaba mu ntangiriro y’umwaka wa 2021.
Ubucuruzi bw’utubari ni imwe muri serivisi zahagaritswe mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid 19. Nubwo bimeze bitya ariko, hari bamwe bize uburyo bwo kurema utubari aho tutemewe, haba mu ngo z’abantu, ahakorerwaga ubundi bucuruzi ariko nyuma hagahindurwa ibisa n’utubari, binyuranyije n’amabwiriza.
Nubwo Umuyobozi Mukuri wa Police muri Nigeria Mohammed Adamu, yatangaje ko umutwe udasanzwe w’abapolisi witwa ‘SARS’ (Special Anti Robbery Squad) useswa, imyigaragambyo irakomeje mu bice binyuranye muri Nigeria, aho abaturage bamagana ihohoterwa bakorerwa n’abapolisi, cyane abo muri uwo mutwe.
Mu gihe habura ibyumweru bitatu gusa ngo amatora abe muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, amatora azaba tariki ya 03 Ugushyingo 2020, ishyaka ry’aba Democrates rihagarariwe na Joe Biden mu matora, ni ryo rihabwa amahirwe, hakurikijwe ibyegeranyo bigenda bikorwa. Donald Trump wo mu ishyaka ry’aba Republicains avuga ko agifite (...)
Komisiyo ishinzwe gutegura ibiganiro mpaka ku bahatanira kuyobora Amerika yatangaje ko ikiganiro cyari guhuza Donald Trump na Joe Biden, tariki 15 Ukwakira 2020 kitakibaye.
Ku ngwate ingana na miliyoni y’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga miliyoni 970 z’amafaranga y’u Rwanda, Derek Chauvin azajya aburana adafunze.
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump, wanduye icyorezo cya Covid-19, yavuye mu bitaro bya Walter Reed ku gicamunsi cyo ku wa mbere tariki ya 04 Ukwakira 2020, aho yahise yurira kajugujugu ye asubira mu biro bya ‘Maison Blanche’.
Umunyamerika Robert Sylvester Kelly, wamenyekanye mu muziki nka R Kelly, ntakigaragara mu ruhando rw’abanyamuziki bakunzwe, kuko ari muri gereza aho akurikiranyweho ibyaha byo guhohotera no gufata ku ngufu abantu banyuranye, barimo n’abana.
Ikiganiro mpaka ku bakandida biyamamariza kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika, kiba gitegerejwe na benshi, aho ababa bahanganye bahura, bagahangana mu bitekerezo bijyanye no kuyobora iki gihugu, buri wese akaba agomba guhagarara ku ngingo ze, kandi akamenya no kwisobanura mu magambo.
Mu gihe abamaze guhitanwa na Covid-19 ku isi barenze miliyoni, agakoresho gakoreshwa mu gupima byihuse Covid-19, kari gukwirakwizwa ku isi ku buryo budasanzwe.
Minisitiri w’Intebe mushya w’u Buyapani Yoshihide Suga, yatangaje ko u Buyapani bwiyemeje kizakira imikino ya Olempike ikazabera i Tokyo mu mwaka wa 2021.
Benshi mu babyeyi babyaye bavuga ko uburibwe bagira mu gihe bagiye kubyara (ibise), ari ikintu kibabaza cyane ku buryo bigoye kubisobanura. Ibise by’abagore, bishobora kwihuta umugore akabyara vuba, ariko hari n’ibitinda ku buryo umugore ashobora kumara amasaha asaga 24 aribwa.
Nyuma y’imyaka 40 John Lennon yishwe na Mark Chapman, amurashe amusanze iwe mu rugo, yongeye kumvikana avuga ko nta mpamvu ikomeye yatumye yica Lennon, ahubwo ko yabikoze kugira ngo nawe yamamare.
Mu gihe habura iminsi 40 ngo habe amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Côte d’Ivoire Henri Konan Bédié, wigeze kuyobora iki gihugu mu myaka ya 1993 – 1999, akaba ari no mu bahatanira kujya kuri uwo mwanya, yasabye abaturage kwigaragambya, bamagana ko Alassane Ouattara yongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu.