Mu rwego rwo korohereza abaturage mu gihe gahunda ya #GumaMuRugo izaba irangiye, Abafaransa barashishikarizwa kujya bagenda ku magare, mu gihe bajya cyangwa bava ku kazi, ndetse no mu zindi ngendo aho gukoresha uburyo butwara abantu. Ibi bizatuma abantu batagenda begeranye cyane, kuko buri wese yaba agendera ku igare rye, mu (…)
Leta ya Sudani yamaze kwemeza itegeko rivuga ko uzafatitwa mu gikorwa cyo gukata bimwe mu bice by’igitsina ku bakobwa n’abagore (Female genital mutilation) bifatwa nko gusiramura abagore n’abakobwa, azajya ahanishwa igihano cy’imyaka itatu y’igifungo.
Amafoto y’umugore witwa Peninah Bahati Kitsao, utuye mu mujyi wa Mombasa muri Kenya atetse amabuye, yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye muri Kenya. Uyu mugore yabwiye ibitangazamakuru binyuranye ko yatetse aya mabuye kugira ngo ahe abana be 8 atunze, icyizere cy’uko baza kurya, kuko ngo COVID-19, yamuteje ubukene (…)
Imibare y’abandura ndetse n’abahitanwa na Covid-19, igenda yiyongera umunsi ku munsi ku isi. Uku ariko ni nako abashakashatsi bakomeza gushakisha ko babona umuti n’urukingo by’iki cyorezo.
Abaganga bavura amenyo mu gihugu cy’u Bufaransa, bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cy’ibikoresho byo kwirinda Covid-19, bazakenera ubwo bazaba basubukuye imirimo yabo, iteganyijwe gusubukurwa tariki 11 Gicurasi 2020.
Imirire mibi y’igihe kirekire, ishobora gutuma umwana agwingira. Kugwingira, bituma igihagararo cy’umwana, ibiro bye ndetse n’imitekerereze y’ubwonko bidakura neza, ngo bibe bijyanye n’imyaka ye.
Mu gihe tariki ya 25 Mata isi yose izirikana ku bikorwa byo kurwanya icyorezo cya Malaria, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko muri uyu mwaka wa 2020 umubare w’abahitanwa na Malaria uzazamuka ukagera ku bihumbi magana arindwi (700.000).
Mu gihe abahanga ku isi badasinzira bashaka umuti n’urukingo ku cyorezo cya Covid-19, u Budage n’u Bwongereza byatangiye kugerageza inkingo.
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump, kuwa kabiri tariki 21 Mata 2020 yatangaje ko ibijyanye no gusaba gutura muri iki gihugu ‘Green Card’, bibaye bisubitswe mu gihe kingana n’iminsi 60.
Ibitaro bya Kaminuza bya Lagos muri Nigeria byatangaje ko byabyaje umubyeyi w’imyaka 68 y’amavuko, ubu akaba afite abana b’impanga.
Umukozi w’igitangazamakuru ‘Le Soleil’ cyo mu gihugu cya Senegal witwa Fatou Ly Sall, yatangaje ko yirukanywe ku kazi, nyuma yo kwanga kujya kwisuzumisha kwa muganga, kuko yari yitsamuye.
Miliyoni z’abantu mu isi basabwe kuguma mu ngo zabo, kugira ngo birinde icyorezo cya Covid-19. Hafi ya bose kandi bakenera ibikoresho byinshi mu mibereho ya buri munsi, (ibiribwa, ibikoresho by’isuku n’ibindi), baba bagomba kugura ahantu hanyuranye.
Icyorezo cya Covid-19 cyatumye hafatwa ingamba zikomeye, zirimo no guhagarika imirimo imwe n’imwe itihutirwa, cyangwa aho bishoboka abakozi bagakorera mu ngo zabo.
Mu gihe abantu bose basabwa kuguma mu ngo zabo hakubahirizwa ingamba zo kwirinda kwandura no gukwirakiza icyorezo cya Covid-19, ibihugu binyuranye byo ku isi, byagiye bifata ingamba zinyuranye zo kwirinda ko icyo cyorezo cyakwinjira muri za gereza. Mu Rwanda, hashyizweho ingamba zihariye zo kwirinda ko iki cyorezo cyagera (…)
Mu rwego rwo gukomeza ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19, nyinshi muri gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zakozwe abaturage batavuye mu ngo zabo. Aha, abaturage bakanguriwe kujya bakurikira ibiganiro binyuranye ku mateka ya Jenoside, byagiye bitangwa kuri Radio, Televiziyo, (…)
Ibikorwa bya muntu, biza ku isonga mu gutuma ikirere gihumana. Ikigo gishinzwe iby’ubumenyi nw’ikirere gikorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NASA), cyerekanye ukuntu ikirere cya Wuhan, mu gihugu cy’u Bushinwa, ari naho hatangiriye icyorezo cya COVID-19, ndetse no mu Butaliyani, igihugu cyibasiwe cyane na COVID-19, (…)
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko imiti y’imyiganano na yo yazamuye ibiciro ku masoko, bitewe n’uko yaguzwe n’abantu benshi muri iki gihe cya Covid-19.
Ku wa gatanu tariki 10 Mata 2020, hari hashize imyaka 50 itsinda rya ‘The Beatles’ risenyutse. The Beatles ryari itsinda ry’abanyamuziki b’Abongereza bo mu Mujyi wa Liverpool. Ryashinzwe mu mwaka wa 1960, rigizwe na John Lennon, Paul McCartney, George Harrison na Ringo Starr, rikaba ari ryo tsinda ryakunzwe cyane kurusha (…)
Muri iyi minsi isi yose yugarijwe n’icyorezo cya Covid-19, ikoranabuhanga riritabazwa cyane mu bikorwa bihuza abantu benshi. Iserukiramuco rya mbere muri Afurika mu buhanzi n’ubugeni hagamijwe impinduka mu mibereho y’abantu, rizwi nka “Ubumuntu Arts Festival” na ryo uyu mwaka ntirizahagarara, ariko rizakorwa ku buryo (…)
Muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, bamwe mu Banyarwanda batuye mu mahanga bateguye ibikorwa byo kwibuka, ariko na bo bakabikora bari mu ngo zabo.
Muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, hari abantu bashobora kwisanga ari bonyine, bakagira agahinda gakabije. Ibi bishobora guterwa n’uko Abanyarwanda mu gihe nk’iki bari bamenyereye gusurana, guhura, no guhumurizanya bari kumwe ari benshi, ariko kuri ubu bikaba bidashoboka, bitewe n’icyorezo (…)
Muri Afurika y’Epfo, mu Ntara ya Kwa Zulu Natal, abageni bafunzwe bazira kwica amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Mu gihe hari nyinshi muri filime zagombaga gusohoka ariko bigahagarikwa bitewe n’icyorezo cya Covid-19, harimo nka filime ya 25 ya James Bond yitwa ‘No Time to Die’ yigijweyo kugeza mu Ukuboza 2020, Mission Impossible 7, na yo yabaye ihagaritswe kubera icyorezo cya Coronavirus, filime ‘La Casa de Papel’, yo yagiye hanze (…)
Mu gihe abayobozi bakuru mu bihugu byo ku isi batanga ubutumwa ku baturage babo, bwo kwirinda no gukumira icyorezo cya Coronavirus, bakoresheje inyandiko zinyuranye, imbwirwaruhame zinyura ku bitangazamakuru, Perezida wa Liberia George Weah, we yakoze mu nganzo aha ubutumwa abaturage be abicishije mu ndirimbo.
Uruganda rwa muzika mu Rwanda rumaze kuzamuka ku rwego rwo gutunga abawukora, bakabigira umwuga. Benshi mu bakora umuziki, bavuga ko ari akazi umuntu yashoramo imali kandi akaba yizeye inyungu kuko ari business nk’izindi.
Tariki ya 22 Gashyantare 2020, ni bwo Abanyarwanda bazamenya umukobwa uhiga abandi bose mu bwenge, umuco n’uburanga, agahabwa ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2020. Iki gikorwa kizitabirwa na Nyampinga wa Tanzaniya 2020 Sylivia Sebastian, wamaze kugera mu Rwanda.
Mu gutangiza Poromosiyo yiswe Hi-Perf Dunda na Moto, imbere y’abafatanyabikorwa bayo, Total Hi-Perf yatangaje ko guhera kuri uyu wa 15 Gashyantare 2020, abamotari bose bakoresha amavuta ya Hi-Perf, bafite amahirwe angana yo gutunga moto.
Mu gihe ikoranabuhanga na Internet bikomeje gutera imbere, mu Rwanda hakomeje kugaragara byinshi byiza rigenda rikora, ariko kandi hari n’ibindi benshi bavuga ko, hatagize igikorwa, bizoreka umuco w’Abanyarwanda, bikazateza ingaruka zikomeye mu bihe biri imbere.
Umunya-Nigeria w’imyaka 22, Joseph Akinfenwa Donus uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Joeboy, ni we uzaririmba mu gitaramo kimaze kumenyerwa mu Mujyi wa Kigali kizwi ku izina rya “Kigali Jazz Junction”, kizaba tariki ya 28 Gashyantare 2020.
Umuhanzi Safi Niyibikora uyu munsi uzwi mu muziki nka Safi Madiba, yavuze ko mu byatumye ava mu nzu y’umuziki ya The Mane, ari uko amasezerano ye yari akomeje kutubahirizwa ku ruhande rwa The Mane, ibi akavuga ko atari gukomeza kubyihanganira kuko na we yagombaga kurengera izina rye amaze kubaka mu muziki.