Abakristu bo muri Paruwasi ya Ruhuha mu Bugesera bafite akanyamuneza kuko batazongera gusengera hanze nyuma yo gutaha Kiliziya basengeramo bisanzuye.
Abapolisi 68 abakozi b’ibigo byigenga bicunga umutekano 10 n’abacungunga gereza 20 barangije amahugurwa kuzimya inkongi yo kuzimya inkongi y’umuriro.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Munyakazi Isaac yanenze bamwe mu barezi kugira uburangare ntibite ku bana barera aho usanga abana bafite imyitwarire mibi.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bibiri byo muri Rwamagana bahamya ko nyuma yo guhabwa interineti y’umwaka wose bizatuma bakoresha neza ikoranabuhanga rya “Urubuto”.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakariro mu Karere ka Rwamagana bavuga ko amashanyarazi bahawe azabafasha kugera ku iterambere, banarusheho kujijuka.
Abaturage bo mu Murenge wa Fumbwe muri Rwamagana nyuma yo kuza ku mwanya wa nyuma umwaka wa shize muri mituweri, bakusanyije miliyoni eshatu z’ubwisungane bwa 2018.
Binyuze mu nkunga ya Global Fund, Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) yahaye ibitaro bikuru bya Rwamagana imbangukiragutabara eshatu zifite agaciro ka miliyoni 167RWf.
Mu mukino wo kwizihiza umunsi w’umurimo mu ntara y’i Burasirazuba, Police ikorera mu karere ka Rwamagana yatsinze abakozi b’intara n’akarere ibitego 4 ku busa.
Aborozi b’Iburasirazuba barataka igihombo baterwa n’abamamyi bagura amata yabo, kubera kutagira amakusanyurizo ahagije bayagemuraho.
Umukecuru witwa Muhutukazi Xaverine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, utuye i Rwamagana yashyikirijwe inzu yuzuye itwaye miliyoni 8.5 RWf.
Abasaga 887 bamaze gufashwa n’urubuga rw’abagore kuva mu makimbirane yo mu miryango, nyuma yo kugirwa inama no kwigishwa kubana neza.
Abarwayi bajya kwivuriza ku bitaro bikuru bya Rwamagana bavuga ko bahabwa serivisi mbi ku buryo bashobora kumara iminsi ibiri bataravurwa.
Abanyeshuri 161 barangije mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro Gishari Integrated Polytechnic ryo mu Karere ka Rwamagana, basabwe guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda barwanya ubushomeri mu rubyiruko.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakariro muri Rwamagana batangaza ko bishyiriyeho irondo ry’umwuga bihembera kugirango bace ubujura bwabibasiye.
Bamwe mu bagore n’abagabo ntibavuga rumwe ku itegeko ryasohotse, ryambura abagabo uburenganzira bwo kugira ijambo rya nyuma ku bibera mu ngo.
Abaturage bo mu Kagari ka Kimbazi mu Murenge wa Munyiginya muri Rwamagana, barasaba ingurane z’ibyangijwe hakorwa imihanda muri gahunda ya VUP.
Gushaka kubyara abana b’ibitsina byombi ni imwe mu nzitizi ituma ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana bananirwa kuboneza urubyaro.
Abatuye n’abakorera mu Mujyi wa Rwamagana bavuga ko muri uwo mujyi hagaragara umwanda kubera ko nta kimoteri rusange bashyiramo imyanda gihari.
Umugore witwa Nyiranzabona Julienne wo mu Murenge wa Muyumbu muri Rwamagana yatawe muri yombi ashinjwa kwicisha umugabo we witwa Ndabateze Mathias.
Mu ihuriro ry’urubyiruko 2400 rusengera mu idini ya Gatolika rwaturutse mu bihugu bine bihana imbibe n’u Rwanda, rwasabwe kurangwa n’ibikorwa by’urukundo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yabwiye urubyiruko Gatolika ko rugomba kurangwa n’ibikorwa byiza, rukaba umusingi wo kubaka u Rwanda.
Abanyeshuri bo mu ishuri ryisumbuye rya HVP Gatagara rya Rwamagana bafite ubumuga bwo kutabona, bashimiye Leta y’u Rwanda yashyizeho uburezi budaheza.
Minisiteri y’Imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yahaye ibikoresho bitandukanye abaturage bo muri Rwamagana bibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura imaze iminsi igwa.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Karere ka Rwamagana yasambuye inzu zisaga 100,harimo izab’abaturage ndetse n’amashuri yigirwamo.
Guverineri mushya w’Intara y’Iburasirazuba, Kazayire Judith yizeje abatuye iyo ntara kubegera bagahanga n’ikibazo cy’amapfa akunze kwibasira iyo ntara.
Urubyiruko rw’abasore barokotse Jenoside bibumbiye muri AERG na GAERG bemereye Minisitiri w’ingabo ko bagiye kurwanya abasebya u Rwanda bakoresheje imbuga nkoranyambaga.
Nyirishema Michel utuye mu umurenge wa Kigabiro muri Rwamagana afunzwe akekwaho gushaka kwica umusaza Mbayiha Mathias warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Polisi y’igihugu ikorera mu ntara y’Ibirasirazuba yatashye inyubako nshya y’icyicaro cyayo izabafasha guha serivise nziza ababagana.