Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, ku itariki ya 27 Werurwe 2023 yatoye itegeko rigena uburyo bw’isoresha, aho zimwe mu mpinduka zaryo hateganywa ko ibicuruzwa byajyaga bitezwa cyamunara ku mpamvu zo kutishyura imisoro, ari nyirabyo uzajya abyigurishiriza akawishyura.
Perezida wa Sena, François Xavier Kalinda, ku Mbere tariki ya 27 Werurwe 2023 yakiriye mugenzi we Lukas Sinimbo Muha, Perezida w’Inama y’igihugu ya Namibia, bagirana ibiganiro ku mikorere ya Sena z’ibihugu byombi.
Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe |Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, ari kumwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Singapour no mu bindi bihugu birimo Australia, Jean de Dieu Uwihanganye, bagiranye ibiganiro n’abashoramari bo muri Australia, babashishikariza kwitabira gukorera ishoramari mu Rwanda.
Bwa mbere mu Rwanda indege zitagira abapilote ‘Drones’, zigiye kujya zigeza ku baturage no ku bantu batandukanye ibicuruzwa ndetse n’imiti, zibibasangishije aho bakorera no mu ngo zabo.
Iyo uvuze Ku mukobwa mwiza, abantu benshi bahita bumva ikorosi rikunze kuberamo impanuka riherereye mu Mudugudu wa Mpinga, Akagari ka Gatobotobo, Umurenge wa Mbazi mu Karere ka Huye, ukomeza ugana ahitwa mu Rwabuye, ugiye kwinjira mu mujyi wa Huye.
Impanuka y’ikamyo bivugwa ko yabuze feri, ihitanye umupolisikazi n’umumotari wari umuhetse, abandi bagenzi 2 barakomereka.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije, Alain Mukuralinda, yatangaje ko abantu bagizweho ingaruka n’ibitero byagabwe mu Turere twa Nyaruguru, Nyamasheke, Nyamagabe na Rusizi, byiciwemo abaturage icyenda, hatwikwa imodoka nyinshi ndetse hanasahurwa imitungo mu myaka ya 2018/2019, bazahabwa impozamarira n’ubwo (…)
Dr Abdallah Utumatwishima yagizwe Minisitiri w’Urubyiruko, kuva ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, asimbura Rosemary Mbabazi.
Ubwo hasozwaga inama y’iminsi itatu ihuje ku nshuro ya 11 Komisiyo ihuriweho n’ibihugu byombi, igamije guteza imbere imibanire myiza, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, u Rwanda na Uganda byasinye amasezerano y’ubufatanye agamije gukomeza umubano.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023 yayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga ku ngamba na Politiki zinyuranye.
Antoine Cardinal Kambanda yatangaje ko ubusabe bwa Kiliziya Gatolika mu Rwanda, bwo gushyira umuryango wa Rugamba Sipiriyani mu Bahire bwemewe na Roma, hasigaye kubushyikiriza Papa Francis agafata icyemezo cya nyuma.
Umuhanzi Saidi Brazza wamamaye mu njyana ya Reggae, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Werurwe 2023 aguye mu bitaro bya Ngozi mu Burundi, aho yari amaze iminsi arwariye.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ku wa Kane tariki ya 23 Werurwe 2023, yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi uhagarariye u Rwanda n’ibindi bihugu 22 by’Afurika mu nama y’ubutegetsi ya Banki y’Isi, Dr Floribert Ngaruko, byibanze ku bufatanye mu iterambere no guhangana n’ikibazo cy’ihidagurika ry’ibiciro ku masoko.
Iteganyagihe ryo kuva tariki 21 kugeza ku ya 31 Werurwe 2023, rivuga ko imvura iteganyijwe kugwa mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe, izaba nyinshi ugereranyije n’isanzwe igwa.
Dr Daniel Ngamije wahoze ari Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe gahunda yo kurwanya Malaria ku Isi akazatangira izo nshingano nshya tariki ya 8 Mata 2023.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) Louise Mushikiwabo mu biganiro yagiranye na Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron byibanze ku gukomeza guteza imbere ururimi rw’igifaransa.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, ku wa Mbere tariki ya 20 Werurwe 2023, rwasinyanye amasezerano n’Ikipe y’Umupira w’amaguru y’abakanyujijeho ku Isi, azatuma u Rwanda rwakira amarushanwa 3 y’abakanyujijeho muri ruhago.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023, yageze i Doha muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi.
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku isuku yo mukanwa uba tariki ya 20 Werurwe buri mwaka, Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), kiributsa buri wese kuzirikana isuku yo mu kanwa ndetse no kwivuza indwara z’amenyo hakiri kare.
Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu mu Bwongereza, Suella Braverman, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru tariki ya 18 Werurwe 2023 mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriye mu Rwanda, yatangaje ko gahunda yo kuzana abimukira mu Rwanda igikomeje, ndetse ko bazahagera mu gihe cya vuba.
Madamu Jeannette Kagame yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru wa FIFA, Fatma Samoura, byibanze ku mahirwe ari mu bufatanye hagati y’Umuryango Imbuto Foundation n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA.
Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu mu Bwongereza, Suella Braverman, unafite mu nshingano ze ibijyanye n’impunzi, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Werurwe 2023 yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije kugirana ibiganiro n’u Rwanda muri gahunda y’igihugu cye yo kohereza mu Rwanda abimukira.
Intumwa z’u Burundi zaturutse mu Ntara ya Cibitoke ziyobowe n’umuyobozi w’iyi Ntara, Bizoza Carême, ku wa Gatanu tariki ya 17 Werurwe 2023 zagiriye uruzinduko mu Rwanda mu Karere ka Rusizi, zigirana ibiganiro na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, ari kumwe na Guverineri Kayitesi Alice, Guverineri (…)
Imvura yaguye mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Werurwe kuva tariki ya 01 kugeza tariki ya 15 yatwaye ubuzima bw’abantu 11 hakomereka abandi 48, isenya n’inzu 335.
Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera, yatangaje icyunamo cy’ibyumweru bibiri cyo kunamira abantu 225, bishwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Freddy, uvanze n’imvura.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Amerika Antony Blinken, kuva tariki ya 15 Werurwe 2023 ari muri Ethiopia mu biganiro bigamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi ndetse no kurebera hamwe uburyo barwanya imitwe yitwaje intwaro iri muri iki gihugu.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Werurwe 2023, nibwo umurambo wa Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi wasezeweho bwa nyuma, hagakurikiraho umuhango wo kumushyingura mu ririmbi rya Gisirikare rya Kanombe.
Umuryango w’Abibumbye wambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda 423, bari mu butumwa bw’amahoro mu bihugu bya Santrafurika na Sudani y’Epfo, igikorwa cyabaye ku wa 15 Werurwe 2023.
Iyo uvuze Nyirangarama abantu bose bahita bumva ahakorerwa ubucuruzi n’umugabo witwa Sina Gérard, ariko ntibamenye Nyirangarama niba ari izina ry’umuntu cyangwa ahantu.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Musabyimana Jean Claude mu ruzinduko rw’akazi yagiriye mu karere ka Karongi kuri uyu wa gatatu tariki ya 15 Werurwe 2023 yunamiye imibiri iruhukiye mu rwibutso rw’Abazize jenoside yakorewe Abatutsi 1994 rwa Mubuga ashima uburyo rwitaweho.