Mu butumwa Madamu Jeannette Kagame yanditse ku mbuga nkoranyambaga mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda n’Isi muri rusange kwibuka ku nshuro ya 29, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Madamu Jeannette Kagame, yagarutse ku gisobanuro ndetse n’akamaro ko kwibuka.
Ijambo Umukuru w’Igihugu yavuze atangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Mata 2023, Perezida Paul Kagame yahisemo gukoresha Icyongereza, kugira ngo ubutumwa yari afite bubashe kumvwa n’umuryango mpuzamahanga hatagombeye ubusemuzi.
Perezida Paul Kagame ageza ijambo ku bitabiriye ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yavuze ko Abanyarwanda batazigera bongera kwemera icyo ari cyo cyose cyagerageza kubacamo ibice.
Mu gihe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Mata 2023 hatangiye icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,ikipe ya Arsenal yatanze ubutumwa bwo kwitanya n’Abanyarwanda muri ibi bihe.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Mata 2023, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, batangije Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu muhango ukaba wabereye ku rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.
Muri ibi bihe Abanyarwanda n’Isi muri rusange binjiye mu cyumweru cy’icyunamo, Umunyabamanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yasabye abatuye Isi guhaguruka bakarwanya ikibi.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barifuza ko umuturage witwa Bosco w’umunya-Tanzania yashyirwa mu barinzi b’Igihango, kuko yemeye ko mu butaka bwe hubakwamo urwibutso rw’Abatutsi bishwe muri Jenoside, ndetse akanakomeza ibikorwa byo kurukorera isuku.
Mu gihe Abanyarwanda n’Isi muri rusange bibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, urubyiruko rwo mu Mirenge igize Akarere ka Gakenke rumaze iminsi rufatanya mu bikorwa byo gusukura ibice ndangamateka ya Jenoside harimo n’inzibutso ziruhukiyemo imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu (…)
Kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Mata 2023, mu Rwanda hatangiye icyumweru cy’icyunamo, mu rwego rwo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), isaba abantu bose bazategura ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gufata amashusho n’amajwi y’ubuhamya buzatangwa.
Musenyeri André Havugimana avuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yemeye gutakaza zimwe mu ngingo z’umubiri we kuko yanze gutanga Abatutsi bari bahungiye muri Seminari i Ndera.
Umusaza Mabano warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba yarakoreye Perefegitura ya Butare kuva mbere ya Jenoside, avuga ko abakorera Leta muri iki gihe bari bakwiye gutanga serivisi nziza kuko bo bakorera mu mwuka mwiza.
Abagize urugaga rw’abikorera mu Karere ka Musanze (PSF) banenze abahoze bikorera bishoye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bica bagenzi babo n’abakiriya babo, bakaba biyemeje gukora impinduka, birinda ko amarorerwa yakozwe na bamwe mu bababanjirije atazongera ukundi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Cyahoze ari Komini Muhazi, Umurenge wa Gishari w’ubu, bavuga ko bahangayikishijwe n’imyitwarire ya bamwe mu basoje ibihano byabo, kubera ko bagihakana uruhare rwabo muri Jenoside ndetse ntibabwize ukuri abana babo ibyaha bafungiwe.
Abarokokeye Jenoside muri Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bavuga ko batereranywe n’abakabatabaye harimo abaganga, aribo bagombaga kugira uruhare runini mu kubarindira ubuzima.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, avuga ko mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari ngombwa ko abantu bibuka banazirikana imbere heza h’Igihugu, bityo ko ari ukwibuka banacyubaka.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA), uvuga ko gufashishwa amafaranga nabyo biba ari ngombwa, kuko bifasha abarokotse kubonerwa icyo bakora, bikaba bishobora kuba umuti w’ihungabana kuri bo.
Abakozi b’Akarere ka Muhanga bibutse abari abakozi ba Leta mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, maze biyemeza kurwanya ubugwari bwaranze bagenzi babo bafashije gutegura no gushyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abagore bo mu Rugaga rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi bo mu Karere ka Musanze, baranenga bagenzi babo bafashe iya mbere mu gutangiza igeragezwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi no kuyishyira mu bikorwa, mu cyahoze ari Komini Kinigi. Basanga umugore nyawe, ufite indangagaciro z’Ubunyarwanda nyabwo ari ugira umutima, (…)
Ubuyobozi bwa Ibuka mu Karere ka Karongi butangaza ko abanyeshuri bakomoka mu bice byari byarafashwe n’Ingabo za FPR Inkotanyi mu 1994, bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu kigo cya EAFO Nyamishaba no mu nkengero zaho muri Karongi, bitewe n’uko abo banyeshuri bagombaga kuguma ku ishuri no mu biruhuko.
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabaye ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022 muri IPRC-Huye, abanyeshuri basabwe kwirinda imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’.
Abakozi b’ibitaro by’Intara bya Ruhango bibutse abari abakozi b’ibigo nderabuzima bya Kinazi na Mukoma, mu cyahoze ari komini Ntongwe bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banaremera umukecuru wayirokotse utishoboye, bamusanira inzu banamushyirira amazi meza muu rugo.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, uri mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zikoresha Ururimi rw’Icyongereza (CHOGM), tariki 23 Kamena 2022 yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, asura ibice bigize urwibutso, yunamira inzirakarengane ziharuhukiye ndetse (…)
Anatole Kayinamura wakoreraga hafi y’uruganda rw’icyayi rw’i Mata mu Karere ka Nyaruguru, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, avuga ko rwagize uruhare runini mu iyicwa ry’Abatutsi muri Jenoside, ahari muri Perefegitura ya Gikongoro.
Abana biga mu ishuri ryisumbuye rya ACEJ TVET School Karama mu karere ka Muhanga, barasaba abayeyi babo kubabwiza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, kugira ngo babone uko biyubaka bakanarwanya abapfobya bakanagoreka amateka ya Jenoside.
Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Musanze, bagasobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri, bibarizwa mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, bahakuye amasomo, atuma biyemeza kuba umusemburo w’impinduka zizira amacakubiri, n’ingengabitekerezo (…)
Umuyobozi wa IPRC Kitabi, Richard Nasasira, yabwiye abanyeshuri bo muri iri shuri rikuru ayobora ko n’ubwo muri bo hari abiga ibijyanye n’ubukerarugendo, gusura urwibutso rwa Jenoside atari ubukerarugendo, ahubwo uburyo bwo kwigira ku mateka mabi u Rwanda rwanyuzemo.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Kanama 2022, mu Karere ka Ngoma hibutswe Abatutsi 27 bari abakozi b’amakomini atanu yahujwe akaba Akarere ka Ngoma, bishwe mu gihe cya Jenoside muri Mata 1994.
Urubyiruko rw’abanyeshuri n’abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ryigisha Ubuhinzi, Ubworozi n’ubuvuzi bw’amatungo (UR-CAVM) Busogo, ndetse n’abo mu Ishuri ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, banenga uburyo bamwe mu bari abanyeshuri n’abarimu, ari bo bafashe iya mbere mu gutandukira ubushishozi n’ubuhanga bari (…)
Abayobozi barimo Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, basaba abiga imyuga n’ubumenyingiro muri IPRC-Kigali (yahoze yitwa ETO Kicikiro), gukurikirana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe hakiri ibimenyetso byayo, bakabyitaho.