Abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango, baragaya abaganga bijanditse mu bwicanyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bagasaba ab’ubu kurangwa n’urukundo nyarwo.
Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare (CHUB) byatanze inka ku miryango 25 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye b’i Ruhashya mu Karere ka Huye, mu rwego rwo kubafata mu mugongo.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyanza bwagaye abaganga batatiye indahiro bakica abarwayi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biyemeje kwibuka, kugira ngo bamenye amateka ya Jenoside batazajya bayabarirwa nk’abanyamahanga.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera rutangaza ko rugiye kwifashisha interineti mu kurwanya ingengabitekerezo ya Joniside igaragara ku mbuga zitandukanye.
Minisitiri w’Umutekano Sheihk Musa Fazili Harerimana, asanga Abanyarwanda bakwiye kwibuka, baharanira kubaka Ubunyarwanda muri bo banamagana ingengabikerezo ya Jenoside.
Séraphine Mukandanga w’imyaka 80 yongeye kuryama mu nzu yubakiwe ayita iye bwite, nyuma y’imyaka 20 yabaga mu yo yatijwe.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Kamonyi rwasabwe kwanga inyigisho zuzuyemo ingengabitekerezo bahererwa mu bwihisho n’ababyeyi.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza, yasezeranyije Abanyehuye kubaka urwibutso rw’amateka ya Jenoside y’ahitwaga Perefegitura ya Butare.
Intumwa yihariye y’Ubuyapani mu Muryango w’abibumbye, Amb Seiichi Kondo, avuga ko Umuryango w’Abibumbye utakoze icyo wagombaga gukora mu Rwanda mu 1994.
Abatuye Umudugudu wa Rurembo mu Karere ka Rwamagana basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bisesero, bagamije kumenya amateka yaranze abaharokokeye muri Jenoside.
Urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Muhanga rurizeza Abanyarwanda impinduka mu kurwanya no kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside.
Imiryango yo mu Karere ka Rutsiro yibuka abayo yabuze baguye mu Kivu ikomeje gusaba ko ahashyinguye iyo mibiri hakubakwa urwibutso.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yasabye urubyiruko rw’Abanyarwanda kurenga iby’amoko, rukibonamo Ubunyarwanda kugira ngo rukomeze kubaka igihugu kitarangwamo amacakubiri.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) igaragaza ko mu bibazo yakira, 99% by’abana bacitse ku icumu mu gihugu bariganyijwe imitungo n’ababarera.
Abarokotse bo mu Karere ka Rulindo barasaba abatarahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gutanga amakuru bafite y’ahashyinguwe imibiri y’abishwe.
Mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bahashyinguye imibiri 79 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside, iherutse kuboneka.
Hon. Depite Innocent Kayitare asaba abahagarariye Ibuka gukurikiranira hafi iby’abafungiye icyaha cya Jenoside bandika basubirishamo imanza, ngo hato batazagirwa abere habuze ubashinja.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Kurwanya Jenoside (CNLG) irasaba urubyiruko gukoresha ubushobozi rufite rukarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kugira ngo rwubake ahazaza h’u Rwanda hatarangwa amacakubiri.
Itorero ry’ADEPR ryasabye imbabazi Abanyarwanda kubera abari abashumba n’abayoboke baryo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abatutsi bishwe n’abarundi mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994, bakomeje gushyingurwa n’ababo mu cyubahiro.
Umuhanzi The Son afatanyije na Nyampinga w’Akarere ka Rusizi batangiye kubakira umupfakazi wacitse ku icumu rya Jenoside.
Perezida wa Ibuka ku rwego rw’igihugu arasaba kiliziya Gatolika koza abapadiri batatiye igihango bagiranye n’Imana bagatererana intama bahawe muri Jenoside.
Abakozi b’Abanyarwanda bakorera Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Liberia bakoze igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuyobozi wa IPRC Kigali, Eng. Murindahabi Diogene, yasabye abanyeshuri biga muri iki kigo ndetse n’abakizemo, guharanira kwigira, birinda gutegereza ak’imuhana.
Ku cyambu cya Rushonga giherereye muri Kirehe hibukiwe Abatutsi bajugunywe mu ruzi rw’Akagera muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994.
Umuyobozi wa Kaminuza Yigenga y’Abalayiki b’Abadivantisiti (UNILAK), Dr Ngamije Jean, asaba abanyeshuri gukoresha ubumenyi bafite bagatanga ubutumwa bwo kurwanya Jenoside.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) ivuga ko kwibuka ari intwaro ikomeye yifashishwa mu rugamba rwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru, by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barifuza ko Ladislas Ntaganzwa yazanwa kuburanira aho yakoreye ibyaha.