Abatuye mu Karere ka Huye n’abakoraga ku bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB),bahuriye kuri ibi bitaro mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Imwe mu ntwaro yo guhangana n’abapfobya jenoside yakorewe Abatutsi, ni ukwandika ukuri kw’ibyabaye ku Batutsi bishwe mu gihe cya jenoside na mbere yayo, kugira ngo bitazasibangana.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside(CNLG), Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko abarokotse Jenoside barenga ibihumbi icyenda bakuweho imyanya ndagabitsina.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe asanga ingengabitekerezo ya Jenoside imeze nk’indwara ya kanseri kuko ikwirakwira mu bantu buhorobuhoro ikazagera ku kwicwa kwa bamwe.
Perezida w’inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye (UN), Miroslav Lajcak, ngo aracyababazwa n’uko UN itatabaye abicwaga mu Rwanda mu gihe cya Jenoside.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) ifite gahunda yo guhuza abanditsi b’ibitabo kuri Jenoside n’abanyeshuri biga muri za kaminuza ngo babafashe kumenya gukora ubushakashatsi no kwandika kuri Jenoside.
Abahagarariye inzego zitandukanye z’ubuyobozi mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu biyemeje kurushaho kwigisha abaturage ubumwe n’ubwiyunge, kurwanya Jenoside no kwirinda amacakubiri mu Banyarwanda.
Ubuyobozi bwa Ibuka mu Karere ka Nyabihu buhangayikishijwe n’abimana amakuru yahatawe imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, naho bayisanze bakayita amagufa y’Imbwa.
IPRC Kigali yaremeye umwe mu babyeyi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utishoboye, imuha inzu ifite agaciro ka Miriyoni 15, inamugenera ibindi bikoresho byo mu rugo birimo ibiribwa n’ibikoresho by’isuku bifite agaciro k’ibihumbi 250.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu aratangaza ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatusti barushywa n’ubusa banga gutanga amakuru y’ahajugunywe Abatutsi muri Jenoside.
Ubwo basuraga Ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, abakozi b’umurenge wa Gishamvu bigiye ku Nkotanyi uko umuntu yakoresha bike afite akagera ku ntego.
Perezida wa Ibuka Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, yibaza ukuntu abarokotse bo mu Karere ka Huye baziyubaka, mu gihe n’ibyo bemerewe n’ubuyobozi bitabageraho.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe atangaza ko abafite ingengabitekerezo ya Jenoside ntacyo yabagezeho, kuko abanyarwanda bamaze kumenya ububi bwayo.
Dr. Jean Damascène Bizimana, umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo yo kurwanya jenoside (CNLG), avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yashobotse kubera abantu barimo Kayibanda n’uwitwa Gitera bahawe umwanya wo gusakaza ibitekerezo byabo.
Abaganga b’ibitaro bya Kacyiru na Muhima bibutse Abatutsi bishwe, banasubira mu ndahiro barahiye yo kuvura abantu bose badashingiye ku ivangura.
Umuryango SEVOTA ukorera muri Kirehe wahuguye unafasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, babasha kubana neza n’abo bavugaga ko badahuje amoko, ndetse hari n’abashakanye kandi ngo babanye neza.
Mu rukerera rwo kuri iki cyumweru tariki ya 29 Mata 2018, umuryango w’Abanyarwanda batuye Austin mu murwa mukuru wa Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 24.
Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara uri mu Rwanda yasuye urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, yerekwa amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu barokokeye mu cyahoze ari komine Gitesi, ubu ni mu Karere ka karongi, bavuga ko kuba batarabonye imibiri y’ababo bishwe muri jenoside ngo babashyingure ngo bituma banga guheba bakibwira ko baba bakiriho.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) irizeza ko ntawakongera koshya Abanyarwanda kwica abandi, ishingiye ku myumvire y’Abaturage n’uburyo bamaze kujijuka.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komine Rwamatamu ubu ni mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko bazinutswe urusengero rw’Abadivantisiti rwaguyemo imbaga y’Abatutsi, bagasaba ko rwaba ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside muri aka gace.
Mu cyobo kizwi nka CND giherereye mu Gahoromani mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, hamaze gutaburwa imibiri irenga 120 ariko ngo ishobora kwikuba uko bakomeza gushakisha.
Abaturage n’abashinzwe gukora ibikorwa by’ubutabazi baratangaza ko bamaze gukura imibiri igera ku 120 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside bakajugunywa mu cyobo cyari cyariswe CND.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari bahungiye mu Kigo cya Caraes, bashengurwa n’uko abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye (UN) bahisemo gukiza imbwa yabo bo bakabihorera.
Imibiri myinshi y’abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 imaze kuvumburwa i Kabuga ahitwa mu Gahoromani mu cyobo cyari cyariswe ’CND’ muri Jenoside.
Hagati ya Mata na Nyakanga buri mwaka ni igihe ibigo n’abantu ki giti cyabo baba bahugiye mu bikorwa byo gufasha no kwita ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu karere ka Nyagatare haracyagaragara ibikorwa n’amagambo bigamije guhohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside.
Itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi mu Rwanda SDA, rimaze gukusanya miliyoni zisaga 70frw yo kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mugonero, mu Murenge wa Gishyita mu karere ka Karongi.
Umuhanzi Jean de Dieu Rwamihari bakunze kwita Bonhomme, avuga ko umusirikare w’Inkotanyi bahuye bwa mbere yamuteruye yamubwiye ijambo atazibagirwa kuko ryamugaruriye icyizere.