Abayobozi mu nzego zitandukanye bahangayikishije n’uko ababyiruka muri iki gihe ntacyo bazi cyerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Koffi Annan wabaye umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) aracyahagaze ku cyemezo cy’uko uyu muryango utigeze unanirwa guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abayobozi b’uruganda rwa CIMERWA ruherereye mu karere ka Rusizi, baravuga ko bagiye kujya baha akazi, abana bakomoka ku babyeyi bakoreye uru ruganda, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Guhera mu mwaka 1959, uburenganzira bwa muntu bwagiye bubangamirwa, kugeza ubwo bibyaye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu Batutsi bahigwaga mu gihe cya Jenoside iyo bagwaga mu maboko y’Inkotanyi bameraga nk’abasazi kubera kutiyumvisha ko hari uwabarokora.
Umuryango w’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bari muri Tchad bakoze igikorwa cyo kunamira Abatutsi bazize Jenoside yo mu 1994.
Senateri Tito Rutaremara asaba ababyiruka kubika amateka y’ibyangijwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikarenza imyaka ibihumbi 10.
Ku mugoroba wo Kuri uyu wa 14 Mata 2018, Dr CP Daniel Nyamwasa yamuritse igitabo "Le Mal Rwandais" yanditse abitewe n’ishavu yatewe n’itotezwa ry’Abatutsi mu Rwanda no mu mahanga.
Dr Sendegeya Augustin uyobora ibitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB, avuga ko bibabaje kuba abaganga barahiriye kwita ku magara y’abantu baravuyemo abicanyi.
Mgr Servelien Nzakamwita uyobora diyoseze ya Byumba avuga ko yamaze kubabarira abamwiciye umuryango, ariko akababazwa no kuba abo yababariye ntawutera intambwe ngo yicuze ibyo yamukoreye.
Umulisa Christine (Izina yahawe muri iyi nkuru), ni umubyeyi wo mu Murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ahamya ko inzira y’umusaraba yanyuzemo, aho yakubiswe, agasambanywa inshuro nyinshi ndetse akanandura SIDA, bitatumye yiheba burundu.
Komiseri muri Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) Muhire Louis-Antoine, asanga umuntu utaratabaye Abatutsi bicwaga yari ari mu Rwanda, afite uruhare rutaziguye mu iyicwa ryabo.
Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi si abarimu gusa bagiraga uruhare mu guhagurutsa abanyeshuri ngo bivuge ubwoko, kuko hari n’abanyeshuri babigiragamo uruhare.
Nyuma yo gushyira hanze indirimbo yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yise “Amateka ni ayacu”, umuhanzi Semukanya Aimable uzwi ku mazina ya Sema Jackson atangaza ko abahanzi bakomeye bakwiye kugira umukoro wo kutibanda gusa ku rukundo, ahubwo bakwiye gutekereza n’ibindi byubaka sosiyete.
Abarokeye jenoside ku kiliziya ya Mukarange barifuza ko igihe cyo kwibuka bajya bemererwa misa bibuka umupadiri wanze kwitandukanya n’abatutsi.
Perezida wa Sena y’u Rwanda Bernard Makuza yavuze ko ubuyobozi bubi ari bwo bwagejeje u Rwanda kuri Jenoside, ariko akishimira ko ubundi buyobozi bwiza ari bwo bwongeye kubaka igihugu.
Muri Jenoside Mukanyana Vestine baramutemye ariko ntiyapfa, n’uwamukuye mu mirambo aho bari bamujugunye amujyana iwe akajya afatanya na murumuna we kumufata ku ngufu.
Inzu 32 zifite agaciro ka miliyoni 704 z’amafaranga y’u Rwanda zizubakirwa abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatsi mu karere ka Rubavu.
Niyonziza Felicien Perezida wa Ibuka mu karere ka Gatsibo avuga ko imiryango y’Abatutsi barenga 400 bishwe mu byitso itarabona ubutabera.
Karerangabo Stanislas wo mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera afunzwe nyuma yo gutema inka ebyiri z’umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’abadepite, Hon Mukabalisa Donatilla, yemeza ko gutereranwa no kwibasirwa n’amahanga ari byo byahaye Abanyarwanda imbaraga zo kwigira.
Abakozi b’ikigo cya Zipline gicunga ikoreshwa ry’utudege tutagira abapilote (Drones) cyo muri Muhanga baremeye bamwe mu batishoboye barokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi mu 1994
Nyirabanze Clemence ni umubyeyi w’imyaka 56, wo mu Murenge wa Rambura, Akarere ka Nyabihu. Iyo akubwira ibyamubayeho mu myaka 24 ishize ugirango byabaye ejo hashize.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu IBUKA uratangaza ko uri hafi gutangira gukoresha ibizami byo kureba uturemangingo tw’imibiri yabonywe kugira ngo hemezwe uwishwe.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge, bahangayikishijwe no kubona ba ruharwa bidegembya.
Senateri Tito Rutaremara avuga ko cardinal Giuseppe Bertello wari intumwa ya Papa mu Rwanda yahaye umugisha imihoro yatemye abanyarwanda atabizi.
Rwasamirera Jean Damascene wigeze kuba umudepite akaba n’inararibonye mu mateka y’u Rwanda, avuga ko u Bubiligi bukwiye kuzaryozwa uruhare rwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo kuko ari bwo bwigishije amatwara yayo abayikoze.
Umuryango nyarwanda uba mu Bushinwa n’inshuti zabo bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya kane Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urugaga rwabikorera(PSF) rwatangaje ko rugiye kubakira no kuremera ingo zirenga 100 mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.