Miss Sandra Teta yizihirije isabukuru y’amavuko muri gereza akaba yarafunzwe azira kongeragutanga sheki zitazigamiye, n’ubu akaba akirimo .
Umuhanzi w’icyamamare akaba n’umuvandimwe wa Roberto wamenyekanye mu ndirimbo Amarula yamaze gusesekara i Kigali aje kwitabira igitaramo cya Two 4Real
Irushanwa rikomeye rihuza abahanzi ba Rusizi na Nyamasheke, Kinyaga Award, ryamaze kubona abahanzi 10 bazarihatanamo.
Umuhanzi Roberto waririmbye indirimbo “Amarula” yemeje ko azaza mu Rwanda mu gitaramo kibanziriza kumurika alubumu “Nyumva” y’Itsinda Two 4Real.
Intore Tuyisenge aratangaza ko iyo amenya kare ko ibyishimo byo gushaka bimera uko amerewe ubu, aba yarashatse kare.
Nyuma y’amasaha macye ageze mu Rwanda Umuhanzi Stromae yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, aho yagaragaje ko yishimiye kugaruka mu Rwanda.
Farious ngo iyo ari mu Rwanda yiyumva nk’uri mu rugo kubera inshuti ahafite, abavandimwe n’abakunzi bityo bigatuma yumva yahora aza.
Farious asanga itike y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 mu gitaramo cya Stromae atari menshi kubera urwego Stromae agezeho.
Kwinjira mu gitaramo umuhanzi Stromae azakorera i Kigali, mu myanya y’icyubahiro umuntu azishyura ibihumbi 100Frw ariko hakaba n’abazinjirira ibihumbi bibiri.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka icumi itorero Inganzo Ngari rimaze ribayeho, rirateganya ibitaramo n’izindi gahunda zizamara umwaka wose mu gihugu hose.
Abahanzi bo mu Rwanda n’abo muri Swede bahuriye mu gitaramo cyabereye mu kigo cya Inema Art Center, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 25 Nzeri 2015.
Paul Van Haver, uzwi kwa Stromae, yamaze kwemeza ko azaza mu Rwanda tariki 17 Ukwakira 2015 gutaramira Abanyarwanda.
Umuhanzi Stromae yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma y’impanuka yagize bituma igitaramo yari afite Minneapolis muri Amerika kiburizwamo abakitabira bamaze kuhagera.
Mu Rwanda hagiye gutorwa Nyampinga uhiga abandi bo muri za Kaminuza, akazanitabira irushanwa rya Nyampinga wa kaminuza ku rwego rw’isi.
Umunyamakuru Sandrine Isheja yashimiye abamufashije n’abamuririmbiye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 27 amaze avutse.
Abategura igitaramo cya Hobe Rwanda batangaje ko kwinjira byagizwe ubuntu mu rwego rwo guha umwanya urubyiruko ngo rwigishwe umuco nyarwanda.
Itsinda rya Two 4Real na Syntex bagiye guhurira mu gitaramo muri Kaizen Club kuri uyu wa 29 Kanama 2015 mu rwego rwo kwegera abafana babo.
Umuhanzi Gatsinzi Emery wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Riderman, kuri uyu wa 16 Kanama 2015, yasezeranye imbere y’Imana kubana akaramata na Miss Agasaro Nadia Farida.
Umuhanzikazi Butera Jeanne d’Arc uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Knowless ni we wegukanye ku uru wa 15 Kanama 2015, intsinzi ya Primus Guma Guma Super Star, ku nshuro yayo ya gatanu nyuma y’urugendo rutamworoheye na gato dore ko igeze hagati yari yasezeye bikaza kurangira asubiyemo.
Itsinda ry’abahanzi bo mu Burundi baririmba indirimbo zihimbaza Imana “Heavenly Melodies” rigiye kumurikira umuzingo (album) waryo wa gatanu mu Rwanda, mu gitaramo “Overflow Concert” kizaba ku wa 6 Nzeri 2015 kuri Christian Life Assembly (CLA) i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali.
Paul Van Haver, umuhanzi w’icyamamare ku isi ndetse no ku mugabane w’Uburayi uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Stromae, nyuma yo gusubika ibitaramo bye kubera impamvu z’uburwayi mbere gato y’uko aza kuririmbira mu Rwanda, kuri ubu yamaze gutangaza ko azasubukura ibitaramo bye muri Nzeri 2015 ariko nta gihugu cy’Afurika (…)
Umuhanzi Bisangwa Nganji Benjamin wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Ben Nganji aratangaza ko intego ze yabashije kuzigeraho nyuma y’igitaramo “Inkirigito Concert” yakoze mu mpera z’uku kwezi.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru kuri KT Radio 96.7 FM Bisangwa Nganji Benjamin bakunze kwita Ben Ngaji wamamaye cyane kubera igihangano cye kihariye yise “Inkirigito” ndetse na zimwe mu ndirimbo ze nka “Mbonye Umusaza”, “Ramba Ramba” n’izindi, kuri wa 31 Nyakanga 2015 aragaragariza abakunzi b’inkirigito n’Abanyarwanda muri (…)
Ku nshuro yaryo ya kabiri, Ishuri Ryisumbuye rya C.O.G St Patrick ryo mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro kuri uyu wa gatanu taririki 31 Nyakanga rizatora Nyampinga uhiga abandi mu bwiza usimbura uwari watowe mu 2012.
Karangwa Dieudonnee bakunze kwita Papa Jesus kubera indirimbo yitwa “Papa Jesus “yahimbye igakora ku mitima y’abakirisitu benshi, azataramira abakunzi be n’abakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana muri rusange, kuri iki cyumweru tariki 26 Nyakanga 2015.
Might Popo umwe mu bahanga muri muzika hano mu Rwanda akaba n’umwe mu bategura iserukiramuco “Kigali Up” riteganyijwe ku itariki ya 25 n’iya 26 Nyakanga 2015, yatangaje ko iri serukiramuco ritegurwa n’Abanyarwanda kandi rigamije kuzamura abahanzi nyarwanda.
Itsinda Gakondo Group rigizwe n’abahanzi 13 harimo n’abakomeye nka Teta Diana, Jules Sentore, Daniel Ngarukiye, Nziza Francis n’abandi, na Masamba Intore uriyobora, kuri uyu wa 17 Nyakanga 2015 rirataramira abakunzi baryo muri Hotel des Milles Collines.
Igicamunsi cyo kuri iki cyumweru tarikiya 12 Nyakanga 2015, ibikorwa by’Iserukiramuco ryiswe Ubumuntu Arts Festival, byakomezanyije n’amahugurwa atandukanye ku bahanzi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Nyakanga 2015, ni bwo iserukiramuco ryiswe Ubumuntu Arts Festival ryatangiye ku mugaragaro.
Tariki 11 na 12 Nyakanga 2015, Itorero Mashirika ryateguye iserukiramuco mpuzamahanga ryiswe “Ubumuntu Arts Festival”,rigamije kwimakaza umuco w’amahoro n’ubumuntu mu batuye isi.