Abanyarwanda baba muri Afurika y’Epfo bateguye igikorwa bise “Ikirori Nyarwanda” mu rwego rwo kugira ngo umuco nyarwanda udacika mu banyarwanda batuye i Mahanga cyane cyane abatuye muri Afurika y’Epfo.
Frankie Joe, umunyarwanda umwe rukumbi wari usigaye mu marushanwa ya Big Brother Africa (BBA), nyuma y’uko mugenzi we Arthur Nkusi bari bajyanye guhagararira u Rwanda yasezerewe mu mpera z’icyumweru gishize, nawe yasezerewe.
Nyuma y’uko Arthur Nkusi na Frankie Joe bari bahagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Big Brother Africa (BBA) bashyizwe ku rutonde rw’abashobora gusezererwa, byaje kurangira Arthur Nkusi asezerewe ku mugoroba wa 02/11/2014 naho Frankie Joe we abasha gukomeza.
Abahanzi Arthur Nkusi na Frankie Joe, abanyarwanda bahagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Big Brother Africa (BBA) ari kubera muri Afurika y’Epfo, bakeneye gutorwa kenshi na buri munyarwanda kugira ngo badasezererwa muri aya marushanwa u Rwanda rugasigara rudahagarariwe.
Ku Kimisagara ahazwi nko kuri Maison des Jeunes, kuri iki cyumweru tariki 26/10/2014, hazabera igikorwa cyo gutoranya abasore n’inkumi bo kumurika imideli (models) hatagendewe ku ngano cyangwa imiterere yabo.
Frank Joe uhagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Big Brother Africa (BBA) wari washyizwe ku rutonde rw’abashobora gusezererwa mu gihe yaba adatowe n’umubare munini w’abanyarwanda yabashije gukomeza, maze umugandekazi Esther, umunyakenya Sabina na Lilian wo muri Nigeria barasezererwa.
Umwe mu Banyarwanda babiri bitabiriye amarushanwa ya Big Brother Africa, Frank Joe, yashyizwe mu bantu umunani bafite amahirwe macye yo gukomeza muri aya marushanwa mugihe adatowe n’umubare munini w’Abanyarwanda.
Abanyarwanda Arthur Nkusi na Frank Joe babashije gukomeza mu marushanwa ya Big Brother mu gihe hamaze gusezererwa babiri muri bagenzi babo bari kumwe muri iri rushanwa ririmo kubera muri Afurika y’Epfo.
Umunyamakuru, umukinnyi wa filime, Dj akaba n’umushyushyarugamba Anita Pendo akomeje kubabazwa n’abantu banyuranye bakomeje kugenda bamutera urubwa kubera gutandukana n’uwari umukunzi we Producer David.
Kayibanda Mutesi Aurore, Nyampinga w’u Rwanda 2012 akaba na Nyampinga wa Festival Panafricaine (FESPAM) 2013, arahamagarira abana b’abakobwa kudatinya kwitabira amarushanwa ya Nyampinga kuko yabageza kuri byinshi byiza batari kuzabasha kugeraho cyangwa bakabigeraho bibagoye iyo bataba Nyampinga.
Raoul Rugamba, umuyobozi w’ikigo Mobile Application ventures (MAV) ari nacyo gitegura igitaramo ngarukamwaka cyiswe “Hobe Rwanda” kigamije gutuma umuco Nyarwanda udacika asobanura ko kimwe mu byamuteye gutekereza icyo gitaramo ari uko yabonaga urubyiruko rugenda ruburira mu muco wo mu mahanga bityo afata iya mbere mu kurugarura.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Reggae, Rocky Dawuni w’Umunyamerika ukomoka mu gihugu cya Ghana, yaje gutegura konseri yo kwifatanya n’Abanyarwanda kwishimira ibyo bagezeho nyuma y’imyaka 20 igihugu kibayemo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umutoni Barbine watorewe kuba Nyampinga w’amashuri yisumbuye (Miss High School) yavuze ko mu by’ingenzi azakora harimo kuvugira abana b’abakobwa bavuye mu ishuri kubera ibibazo bitandukanye.
Igikorwa gitegurwa na Talent Detection Ltd kizwi ku izina rya “Bye Bye Vacances” benshi bamenyereye nk’igikorwa gitegurwa n’umunyamakuru akaba n’umuhanzi Gaston Rurangwa uzwi ku izina rya Skizzy, cyongeye cyaje ariko kikaba kizanye impinduka nyinshi.
Ally Soudy wahoze ari umunyamakuru kuri Radio ya Salus ndetse akaza no gukora kuri Isango Star ariko akaba asigaye aba muri Amerika we n’umuryango, agiye kugaruka mu Rwanda kuba umushyushyarugamba mu gitaramo cya Kidumu kizaba tariki 11.7.2014 ndetse akaba azongera no kumvikana mu biganiro ku Isango Star.
Padiri Uwimana Jean Francois wamenyekanye cyane mu itangazamakuru kubera amakuru yavugaga ko aririmba mu njyana ya Hip Hop, yamuritse alubumu ye yambere yitwa “Singiza Nyagasani” igizwe n’indirimbo umunani, mu gitaramo yakoze ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2014.
Umunyamakuru, umu Dj akaba n’umushyushyarugamba Anita Pendo arakangurira abakobwa bagenzi be kwitabira gukora kazi ko kuba abashyushyarugamba (MC) kuko asanga ari akazi nabo bashobora kimwe na basaza babo.
Abahanzi bazegukana ibihembo byitwa Salax Awards bazabihabwa kuwa gatanu tariki ywa 28/03/2014 ubwo abitwa Ikirezi Group basanzwe babitegura bazatangaza ababyegukanye bakanabishyikirizwa mu mihango izabera ahitwa Gikondo ground hakunze kubera imurikagurisha mpuzamahanga rya Kigali.
Mu ishuri rya Nyagatare aho kaminuza nkuru y’u Rwanda ifite ishami bateguye igikorwa cyo gutora Nyampinga na Rudasumbwa b’iri shami rya kaminuza nkuru y’u Rwanda mu mihango iza kuba ku mugoroba w’uyu wa gatanu tariki 21/03/2014.
Mu ishami rya kaminuza y’u Rwanda rya Huye hari gutegurwa igitaramo cyizaba kuwa gatanu tariki 21/03/2014 guhera ku isaha ya saa moya, igitaramo ngo kizaba gishingiye ku kuba iryo shami rya kaminuza ryarerekejwe cyane ku bijyanye n’ubugeni n’ubuhanzi, kikazaba gifite insanganyamatsiko igira iti ‘uburere bwiza bucisha imfura (…)
Igikorwa cyo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2014 cyarangiye kuwa gatandatu tariki 22/02/2.2014 ikamba ryegukanwa na Akiwacu Colombe w’amyaka 19 ahize abandi bakobwa 14 bahataniraga uwo mwanya.
Ikigo gihagarariye abagore bikorera ku giti cyabo mu Rwanda "Chomber of Women" kiri mu myiteguro y’iserukiramuco riba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu wahariwe abakundanye "Saint Valentin," mu rwego rwo gufasha abagore n’abagabo babo gusabana no kwidagadura.
Nyuma y’uko kuwa gatatu tariki 29.1.2014 hasohokeye itangazo ryambura uwari Nyampinga wa CBE Uwase Samantha Ghislaine ikamba yahawe ngo abe Nyampinga w’iri shuri mu mwaka w’amashuri 2013-2014, impaka zirakomeje aho bamwe bemeza ko yarenganye abandi bakemeza ko yahawe igihano kitajyanye n’ikosa yakoze.
Jay Polly, umuraperi wo mu Rwanda, yashimishije abafana be bo mu karere ka Burera kuburyo abo bafana biganje mo urubyiruko bamufashaga kuririmba indirimbo ze ari nako babyina kuburyo yashoje kuririmba batabyifuza.
Amarushanwa yo guhitamo Nyampinga ugiha abandi mu buranga n’ubumenyi mu karere ka Nyamasheke muri uyu mwaka wa 2014 yabaye kuri uyu wa Kane, tariki 16/01/2014 yitabiriwe n’umukobwa umwe rukumbi muri 6 bari biyandikishije.
Hitimana Thereshpore umusaza w’imyaka 67 y’amavuko benshi bazi ku izina rya “Pepe Kalle”, abakunzi be baracyamukunda cyane kuko ngo n’ubu afata akanya akongera akabashimisha nk’uko byahoze mu myaka ye akiri umusore.
Igiterane ngarukamwaka "Women Destiny” kigaragaramo abari n’abategarugori banyuranye mu rwego rwo gukangurira bagenzi babo kwigirira ikizere kigiye kuba ku nshuro ya kabiri.
Umunyarwenya nakaba n’umushyushyarugamba (MC) Ramjaane Niyoyita yateguriye abana bato igitaramo cyo kwidagadurana nawe ku munsi wa Noheli aho kwinjira bizaba ari ubuntu.
Ku nshuro ya kane Inyarwanda Ltd yateguye igikorwa ngarukamwaka gihuza ibyamamare byo mu Rwanda n’abafana babo aho abakinnyi ba sinema, abahanzi, abanyamakuru, abaririmbyi, n’abandi bazwi cyane mu Rwanda bagera kuri 60 bamaze kwemeza ko bazitabira iki gikorwa kizwi nka “Inyarwanda Fans Hangout”.