Umuhanzi nyarwanda w’icyamamare Cecile Kayirebwa yasabye imbabazi abakunzi be bamutegereje mu gitaramo cy’ubunani bakamubura, ariko ababwira ko hari ubundi buryo bahura bagahuza urugwiro.
Mu mugoroba wo ku itariki ya 31 Ukuboza abakirisitu gatolika bakunze guhimbaza Imana bayishimira ko barangije umwaka, hakaba n’abitabira iki gikorwa bavuga ko bagiye muri Tedewumu (Te Deum), nyamara ubundi Te Deum ntibivuze ayo masengesho, ahubwo indirimbo iyaririmbwamo.
Mu buzima busanzwe ni gake utubari tubura abatugana cyane cyane mu bihe by’iminsi mikuru isoza umwaka, aho usanga mu masaha y’umugoroba mu mihanda ari urujya n’uruza rw’abaturage berekeza mu mahoteli no mu tubari dutandukanye bishimira ko bagiye gusoza umwaka batangira undi.
Kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2024 ni umunsi nyirizina wari utegerejwe w’ibirori by’ubukwe bwa Miss Nishimwe Naomie. Mu masaha ya mu gitondo habaye umuhango wo gusaba no gukwa, ku gicamunsi hagakurikiraho umuhango wo gusezerana imbere y’Imana, mu masaha y’umugoroba abatumiwe bakirwe n’abageni.
Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa 21 Ukuboza yataramanye n’abana baturutse hirya no hino mu Gihugu basaga 300, abifuriza iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.
Ishuri ribanza ryigenga rya Les Petits Pionniers mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, ryasangiye Noheli n’abanyeshuri baryigamo n’abo baturanye, mu rwego rwo kubafasha kwishimira iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani bwa 2025.
Umuhanzikazi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, akaba n’Umuvugabutumwa, Eliane Niyonagira, yateguye igitaramo ‘Family Gala Night’ mu rwego rwo gutanga umusanzu we mu kubaka imiryango ihamye. Ni nyuma yo kubona ko hari imiryango myinshi iri mu bwigunge, aho abayigize bahugira mu kazi ntibafate umwanya wo gusohoka ngo (…)
Korali Hoziana yo muri ADEPR Nyarugenge, yateguye igitaramo cy’iminsi itatu cyiswe ‘Hoziana Gospel Celebration - Tugumane 2024’, kizaba gifite umwihariko wo kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Kristo bukagera kuri benshi.
Umuhanzikazi w’Umunyafurika y’Epfo, Tyla Laura Seethal, umaze kwamamara nka Tyla, yanditse amateka mu itangwa ry’ibihembo bya MTV Europe Music Awards (MTV EMAs 2024), byatangiwe mu Bwongereza.
Ibi ni ibyashimangiriwe mu gitaramo ‘I Bweranganzo’ cya Chorale Christus Regnat, cyabaga ku nshuro ya Kabiri, ariko icy’uyu mwaka kikaba cyari gifite umwihariko wo gukusanya ubushobozi bwo gufasha abana baturuka mu miryango itishoboye bakababonera ifunguro ku ishuri.
Korali Christus Reignat, ikorera kuri Paruwasi Regina Pacis, igeze kure imyiteguro ya nyuma y’igitaramo ‘I Bweranganzo’, kigiye kuba ku nshuro ya Kabiri.
Umushumba Mukuru wa Noble Family Church ndetse na Women Foundation Ministries, Apostle Mignonne Kabera, agiye gukorera igiterane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, igiterane mpuzamahanga kizwi ku izina rya ‘Connect Conference’.
Mu gihugu cya Uganda hari kubera igiterane gikomeye cyiswe ‘Miracle Gospel Celebration’ cyateguwe n’Umuvugabutumwa w’umunyamerika Dana Morey uheruka guhembura imitima y’Abanyarwanda mu biterane byabareye mu Bugesera, Nyagatare na Kirehe.
Abatuye ndetse n’abagenderera Umujyi wa Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, ku itariki ya 12-18 Ukwakira 2024, bazasusurutswa n’iserukiramuco rikomeye ry’umuco n’ubukerarugendo rigamije guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku muco.
Chorale Christus Regnat, ku nshuro ya 2 yongeye gutegura igitaramo cy’indirimbo zisingiza Imana, zirata umuco n’amahoro bya muntu bise ‘I Bweranganzo 2024’, gifite umwihariko wo gufasha abana bava mu miryango itishoboye.
Dr. Charles Murigande uri mu bateguye igitaramo Rwanda Shima Imana kizabera kuri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, avuga ko buri wese afite impamvu yo gushima Imana.
Korali Family of Singers yo muri EPR Kiyovu mu Mujyi wa Kigali, yateguye igiterane yise ‘Umuryango Mwiza Live Concert’ cyitezweho guhembura imitima ya buri cyiciro cyose cy’abagize umuryango, binyuze mu ndirimbo, mu ijambo ry’Imana no mu bikorwa byo gushimira abazaba bizihiza isabukuru yo kubana kwabo mu kwezi kwa 10 (…)
Esther Niyifasha, Umukirigitangankazi umaze kubaka izina nk’umwe mu bagore bihebeye inanga, yakoze igitaramo cya mbere mpuzamahanga mu Budage, aho yitabiriye iserukiramuco rya Kölbingen Festival, ashimisha benshi baryitabiriye.
Itsinda ‘Tag Team’ ryatumiwe mu gitaramo ‘Kigali Auto Show’ kigiye kuberà i Nyamata rigiye kwifatanya n’abatwazi kabuhariwe b’imodoka na moto kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Kanama 2024.
Umuryango w’ivugabutumwa witwa Baho Global Mission ku bufatanye n’amadini n’amatorero akorera mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, bateguye igiterane cy’ububyutse batumiyemo abarimo Pastor Zigirinshuti Michel, Bishop Joseph Mugasa n’abahanzi nka Theo Bosebabireba na Thacien Titus. Rev Baho Isaie (…)
Apostle Arome Osayi wo muri Nigeria ukunzwe n’abatari bake, agiye kuza mu Rwanda mu giterane cy’ivugabutumwa cyatumiwemo Chryso Ndasingwa na Yves Ndanyuzwe, aba bakaba ari bamwe mu bahanzi bakunzwe mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Gateka Esther Brianne, wamenyekanye mu kuvanga imiziki nka DJ Brianne, kuri iki Cyumweru tariki 09 Kamena 2024, yabatijwe yakira Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza we.
Mutesi Aurore Kayibanda wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2012, agiye kongera gukorera ubukwe.
Muri Argentine umugore witwa Alejandra Marisa Rodríguez w’imyaka 60 y’amavuko, akaba umunyamategeko n’umunyamakuru, uturuka mu gace kitwa Buenos Aires, aherutse kwegukana ikamba rya Miss Buenos Aires, ndetse ubu yemerewe kuzahatana mu irushanwa ry’ubwiza ku rwego rw’igihugu rya Miss Argentina.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (The Bible Society of Rwanda-BSR) uravuga ko imyiteguro y’igitaramo ‘Ewangelia Easter Celebration’ igeze kure. Ni igitaramo kizaba ku Cyumweru tariki 31 Werurwe 2024, kikazabera muri BK Arena.
Akenshi abantu bibaza impamvu ibyamamare mu Rwanda no ku Isi hose bagendana abasore b’ibigango babacungira umutekano, haba mu nzira, mu bitaramo, bagiye guhaha n’ahandi henshi bashobora guhurira n’abantu benshi nyamara mu gihugu umutekano ari wose.
Umuhanzi Israel Mbonyi umenyerewe mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, yashyizwe ku rutonde rw’abahanzi bazaririmba mu gitaramo cyo kwizihiza Pasika cyiswe ‘Ewangelia Easter Celebration’.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 23 Werurwe 2024, bitabiriye igitaramo cy’Itorero Inyamibwa rya AERG, bise ‘Inkuru ya 30’ cyabereye muri BK Arena.
Igitaramo Inkuru ya 30, kirimo gutegurwa n’Itorero Inyamibwa z‘Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG), kikaba kibumbatiye inkuru y’Abanyarwanda aho kigamije gutuma bongera gusubiza amaso inyuma, urugendo Igihugu cyanyuzemo mu myaka 30 ishize, aho buri wese afite inkuru yo kubara.
Kenza Johanna Ameloot w’imyaka 22 ufite umubyeyi (nyina) w’umunyarwandakazi yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Bubiligi (Miss Belgique) w’umwaka wa 2024. Uwo mubyeyi we yitwa Gakire Joselyne akaba ari umunyarwandakazi, Se akaba ari Umubiligi.