Korali “Abaturajuru” yo mu itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi izamurika alubumu yayo y’amajwi volume 3 na DVD volume 2 y’amashusho yise “Igihugu,” kuri iki cyumweru tariki 8/12/2013.
Umuhanzi Auddy Kelly atangaza ko iby’urukundo rugaragara hagati ye na Jody mu mashusho y’indirimbo yabo “Sinzagutererana” bakoranye Atari ko biri ahubwo ko baba bari mu kazi ndetse kuri we akaba asanga bisa nko gukina filime.
Umuhanzikazi mu ndirimbo zihimbaza Imana, Uwitonze Clementine uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Tonzi , yageze mu Rwanda kuwa gatanu tariki 29.11.2013 avuye muri Amerika aho yari yaragiye kubyarira mu mpera z’ukwezi kw’Ukwakira 2013
Umuhanzi Patrick Nyamitali kuri ubu akeneye ubufasha bw’Abanyarwanda bose ngo abe yagira amahirwe yo kwegukana insinzi muri TPF6 kuko uretse kuririmba neza, mu bizashingirwaho harimo no gutorwa n’abantu benshi.
Umuhanzikazi wo mu gihugu cya Uganda witwa Shanita Namuyimbwa uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Bad Black uherutse gufatirwa mu Rwanda yashyikirijwe Polisi ya Uganda kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera.
Abaturage bo mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, bidagaduye, barishima ubwo “Tigo” isosiyete icuruza iby’itumanaho mu Rwanda ndetse n’umushinga “Ni Nyampinga” bajyaga kwerekana bimwe mu bikorwa byabo muri ako gace.
Abafite ubumuga butandukanye bazamurika imideri bwa mbere tariki 01 Ukuboza uyu mwaka muri Hoteli Serena kugira ngo bashimangire ko kugira ubumuga ntaho bihuriye no kuba udashoboye.
Umuhanzi akaba n’umuvugizi w’ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Alain Mukurarinda, arahamya ko yafashe umwanzuro wo kuba ahagaritse indirimbo z’urukundo ahubwo agahimba indirimbo zikangurira urubyiruko kwirinda ibishuko akazibanda ku biyobyabwenge.
Umuhanzi Henry Hirwa wahoze aririmba mu itsinda rya KGB akaba yari na musaza wa Nyampinga w’u Rwanda 2013 Kayibanda Mutesi Aurore, yasabiwe Misa yo kumusabira n’inshuti n’abavandimwe ubwo azaba yujuje umwaka yitabye Imana.
Abakinnyi ba filime bakomoka mu Rwanda barahamagarirwa kwiyandikisha kugirango hazavemo abazakina muri filime izaba irimo umukinnyi w’icyamamare wo muri Nigeria witwa Ramsey Nouah.
Abahanzi bagize itsinda rya Urban Boys, ku wa gatandatu w’icyumweru gitaha ku itariki 7.12.2013 bazamurika alubumu yabo ya kane bise “Kelele”, ibi birori bikaba bizabera muri Stade Nto (Petit Stade) i Remera guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Mu gihe hasigaye iminsi ine gusa ngo Henry abe amaze umwaka yitabye Imana, Mushiki we akaba na Nyampinga w’u Rwanda 2012 Mutesi Aurore, ntarabyiyumvisha ahubwo akomeje kumva ko ari inzozi ko igihe kizagera agakanguka.
Abahanzi b’abanyarwanda Phionah na Nyamitali basigaye mu irushanwa rya Tusker Project Fame 6 barasaba Abanyarwanda kubatora ari benshi kugirango bongere amahirwe yo kuguma muri iryo rushanwa.
Abahanzi umunani bahatanira kwegukana irushanwa rya gatandatu rya Tusker (TPF6), bwa mbere ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 24/11/2013 bose bashyizwe mu igerageza, bigaragaza ko iri rushanwa ritoroshye.
Korali “Kubwubuntu” y’i Butare mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda iramurikira abakunzi bayo alubumu yayo ya mbere yise “Imirimo itunganye”, iki gikorwa kikaba kizabera i Muhanga muri EPR Gitarama tariki 01/12/2013.
Umuvugizi w’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda akaba n’umuhanzi, Alain Mukurarinda, yatangarije abanyamakuru zimwe mu mpamvu zituma atitabira amarushanwa ya hano mu Rwanda harimo nka Primus Guma Guma Super Star ndetse n’ayandi.
Umunyamakuru, umushyushyarugamba kaba na Dj, Anita Pendo, aratangaza ko atahagaritse burundu umwuga w’itangazamakuru n’ubwo atacyumvikana ku maradiyo yari asanzwe akoraho harimo Radio One na City Radio.
Nyuma y’amezi agera muri atanu amashusho y’iyi ndirimbo “i Bwiza” ategerejwe n’abakunzi bayo, noneho yabashije kurangira maze kuri uyu wa kabiri ashyirwa ahagaragara nk’uko twabitangarijwe na Eric Mucyo.
Hamaze iminsi mu Rwanda haba ibitaramo binyuranye ariko ugasanga ntibyitabiriwe nk’uko ababitegura baba bifuzaga kandi mu by’ukuri baba barashyize imbaraga nyinshi mu kubitegura no kubyamamaza.
Mu Rwanda hagiye kongera kubera ku nshuro ya kabiri Iserukiramuco Nyarwanda rya filimi za gikristu, rikazatangira kuwa gatanu tariki ya 15/11 rigasozwa ku cyumweru tariki ya 24/11/2013 ubwo hazatangwa ibihembo kuri filime zizaba zahize izindi.
Ihuriro rya gikirisitu rihuza urubyiruko rwo mu mijyi ya Butare na Kigali ryateguye igitaramo bise Igitaramo Mpinduramatwara ngo bagamije kuramya no guhimbaza Imana, kandi ngo ni igitaramo kizagaragaramo abahanzi batandukanye.
Umuhanzi Mani Martin ngo asigaye ari umufana ukomeye cyane w’umuraperi Jay Polly nk’uko yabyitangarije ubwe ku rubuga rwa facebook.
Nk’uko byakomeje kwifuzwa n’Abanyarwanda benshi ndetse bakanagira uruhare mu kumutora, umuhanzi w’Umunyarwanda Patrick Nyamitali yashoboye gukomeza mu marushanwa ya TPF6, Umunyasudani Bior arasezererwa.
Umuhanzi wo mu gihugu cy’u Burundi Kidumu azitabira igitaramo cyo kumurika alubumu “Mudakumirwa” ya Kamichi kizaba tariki 30.11.2013.
Sosiyete y’itumanaho ikorera mu Rwanda ya Airtel, kuri uyu wa 06/11/2013, yasusurukije Abanyangoma inamamaza ibikorwa byayo, itangaga ibihembo bitandukanye ndetse inagurisha amaterefone nshya bafite muri promotion.
Katy Perry, umuririmbyikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, niwe uza ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’abakurikirwa n’abantu benshi ku rubuga mpuzambaga rwa Twitter kuko akurikirwa n’abantu miliyoni 46 n’ibihumbi 529 n’abantu 319.
Nyuma y’uko umuhanzikazi Phionah ashyizwe mu igeragezwa (probation) akagira amahirwe agatsinda, ubu noneho ni igihe cyo guha umuhanzi Patrick Nyamitali amahirwe yo gukomeza mu marushanwa ya Tusker Project Fame 6.
Ama G the Black, umuhanzi nyarwanda mu njyana ya Hip Hop, aravuga ko adakora umuziki agamije gushimisha abahanzi bagenzi be, ahubwo ngo akora agirango anezeze abakunzi be, bityo akagira inama abandi bahanzi guhanga ijisho ku cyo abakunzi babo babifuzaho.
Ku bufatanye na Minisiteri y’Umuco na Siporo, igitaramo cy’umuhanzi Jules Sentore cyimuriwe muri Stade Amahoro i Remera aho kubera kuri Serena Hotel nk’uko byari bimaze iminsi bitangazwa hirya no hino mu bitangazamakuru binyuranye.
Mu gikorwa kizabera mu Bubiligi tariki 02/11/2013 cyo kwizihiza imyaka 50 Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR) imaze ivutse, hazerekanwa filime yakozwe ku mateka (film documentaire) ya UNR, izagaragaramo bamwe mu bayobozi bize muri iyi Kaminuza.