Umuhanzi Juru Ornella uri kwinjira mu buhanzi ngo asanga bamwe mu bakobwa b’abahanzi bashyira imbere ubwiza n’ikimero bakibagirwa kugaragaza impano ibarimo, bikaba ari na yo ntandaro y’uko iyo bagenda basaza n’ubuhanzi bukendera.
Umuhanzi Bisangwa Nganji Benjamin wamamaye nka Ben Nganji afite igihangano yise Inkirigito cyakunzwe n’abatari bake mu minsi ishize, ndetse na n’ubu kikaba kigikunzwe, dore ko yagikoze mu buryo bw’urwenya bityo kigasetsa abacyumvise.
Rukundo Patrick Nyamitari wari umaze igihe ari mu gihugu cya Kenya yagarutse gukorera umuziki mu Rwanda nyuma y’igihe yari amaze ari mu mirimo itandukanye muri Kenya aho yagiye ubwo yari yitabiriye irushanwa ryaTusker Project Fame.
Yvan Buravan ni umwe mu bahanzi bakiri bato wazamutse mu buryo bwihuse mu myaka ya za 2015. Azwi mu njyana ya ‘pop’ akaba yarakunzwe cyane kubera ijwi ryiza ku buryo no mu 2018 yabonye igihembo cya ‘Prix Découvertes RFI’.
Ngarambe François waririmbye ‘Umwana ni Umutware’ ari mu bahanzi nyarwanda bahuriye mu ndirimbo yiswe ‘Corona’ igamije gukangurira abantu kurwanya ikwirakwizwa rya Covid-19, ubutumwa bwe muri iyi ndirimbo bukaba bwibanda ku kuvuganira umwana muri ibi bihe abanyeshuri bari mu rugo.
Nyuma y’uko icyorezo cya Coronavirus gihagaritse ibikorwa by’imyidagaduro, bigahomba amafaranga atari make, Muyoboke Alex, umwe mu bacunga inyungu z’abahanzi (Manager), aravuga ko na we yahombye asaga miliyoni 16 z’amafaranga y’u Rwanda.
Igitaramo kigomba guhuza abahanzi bahoze mu itsinda rya Tuff Gangs kikabera kuri interineti, cyongeye gusubukurwa kuri iki cyumweru nyuma yo gusubikwa inshuro ebyiri zose kubera kutubahiriza amabwiriza ya Covid-19.
Umuhanzi Igor Mabano yiteguye gushimisha abakunzi be bategereje igihe kinini igitaramo yagombaga gukora amurika umuzingo we, mu gitaramo ari bukorere kuri murandasi uyu munsi saa kumi z’umugoroba hamwe na Butera Knowless na Nel Ngabo.
Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben agiye kuririmba mu gitaramo cyiswe ‘Hope for Africa’ kizaba ku itariki 31 Gicurasi 2020 azahuriramo n’abahanzi bakomeye barimo Davido, Mr Flavour, Sarkodie Ykee Benda n’abandi bahanzi bakomeye bo muri Afurika.
Mu gihe abahanzi n’abanyarwenya batandukanye bamaze igihe mu bihombo byatewe n’icyorezo cya covid-19, Alex Muyoboke ucunga inyungu z’abahanzi akanateza imbere impano, aravuga ko atazigera abona amasezerano meza nk’ayo yari amaze iminsi abona icyorezo kitaraduka.
Igitaramo cya Tuff Gang cyongeye gusubikwa ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko icyo bari bakoze mbere cyahagaritswe kitarangiye abagize iri tsinda n’abateguye igitaramo bakanarazwa muri Stade ya Kicukiro.
Archie Williams warekuwe muri 2019 nyuma yo kumara imyaka 36 afunze nyamara ari umwere, yakabije inzozi ze yagize afite imyaka 12 zo kuzaririmba mu irushanwa rya America’s Got Talent.
Abahanzi bo muri Tuff Gang batawe muri yombi, igitaramo cyabo kirahagarikwa, kikaba ari igitaramo bari bahuriyemo cyari gikurikiwe n’abarenga 1000 ku rubuga rwa YouTube. Barazira kuba batubahirije amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Yanga wamenyekanye mu mwuga wo gusobanura filimi mu Kinyarwanda (agasobanuye) amazina ye ni Nkusi Tom. Ubu yamaze kuba umurokore ndetse ngo yiteguye gutangira kubwiriza ijambo ry’Imana nyuma y’uko Imana imukoreye igitangaza cyo gukira indwara ya Cancer nk’uko abivuga.
Mighty Popo, Umunyamuziki akaba n’Umuyobozi w’Ishuri rya Muzika mu Rwanda, yatangaje ko umuziki ukozwe neza utunga nyirawo akabaho neza cyane kuruta ibindi byinshi.
Umuhanzi Nsengiyumva François ufashwa n’inzu ya Boss Papa ya Alain Mukurarinda, yagaragaje impinduka zatunguye benshi mu mafoto yashyizwe hanze yahinduye ibara ry’umusatsi we, yambaye imikufi myinshi mu ijosi, yifotoza yambaye imyenda yo gukinana Basketball ndetse binagaragara ko afite amaherena ku matwi.
Umuhanzikazi Young Grace uri mu Karere ka Rubavu hamwe n’umwana we, aherutse kujya ku mazi aho yifotoreje ubwo yari atwite inda y’amezi 8, yongera kwifotozanya n’umwana we w’amezi umunani avuga ko ari urwibutso ashaka kubikira umwana we.
Miss Teta Sandra wamamaye mu Rwanda kubera amarushanwa y’ubwiza no gutegura ibitaramo, yabyaranye umukobwa n’umuhanzi Weasel wo muri Uganda, bamuha izina rya Star Maria Mayanja, yuzuza umubare w’abana 21 kuri Weseal akaba n’imfura ya Teta.
Umuhanzikazi Liza Kamikazi ubu usigaye yariyeguriye indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, avuga ko impamvu yo gukora izi ndirimbo no gukorera ku muvuduko muto, biterwa no kuba atakigenga nk’uko byari bimeze akiririmba indirimbo zisanzwe, ubu ngo asigaye agenzurwa n’Imana ari na yo imuha umurongo ngenderwaho wo gukora umuziki.
Umuhanzi Nziza Désiré wamamaye mu gihugu cy’u Burundi akanavukana na Dr Claude, yongeye kugaruka mu muziki asohora indirimbo yise ‘Iwanyu’ nyuma y’igihe kirekire ahugiye mu bibazo by’umuryango we ari na byo byari byaramubujije gusubukura umuziki.
Abakinnyi ba filimi, Will Smith na Martin Lawrence bari gutegura gukora ice cya kane cya filimi yabo yitwa ‘Bad Boy’. Igice cya mbere cy’iyi filimi cyakinwe muri 1995 kirakundwa cyane, haza gusohoka ibindi bice bitatu, none kuri ubu hagiye gukorwa icya kane.
Hashize iminsi abakunzi b’umuziki bibaza irengero ry’umuhanzi Nsengiyumva François uzwi ku izina rya ‘Igisupusupu’, bamwe banavuze ko yaba yaragiriwe nabi n’abaturanyi be. Uretse kwibaza uko umuziki we uhagaze, hari n’abari basigaye bakeka ko ubuzima bwe butameze neza.
Umukinnyi wa filime Tom Cruise arimo gutegura hamwe na Kompanyi ikora ibyogajuru yitwa SpaceX ndetse na NASA bimwe mu bice by’ibanze muri filime ya mbere izakinirwa mu kirere.
Tariki ya 11 Gicurasi ya buri mwaka, ni umunsi mukuru ukomeye aba Rasta bafata nka Noheli ku bakirisitu, kuko ari wo bibukaho Robert Nesta Marley, ( Bob Marley) bafata nk’Umwami wa Reggae.
Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda muri 2016, agiye gushyira hanze filimi mbarankuru y’iminota 18 izaba ivuga ku buzima bwe, uhereye mbere yo kuba Miss Rwanda, mu gihe cy’ikamba, ndetse na nyuma y’uko atanze ikamba agakomeza mu bindi bitandukanye.
The Ben wakoreye igitaramo mu rugo agamije kumara irungu abakunzi be batarimo babasha kwitabira ibitaramo muri iyi minsi, yagaragarijemo udushya no gufatanya n’abandi bahanzi barimo murumuna we Green P, wari umaze iminsi afungiwe i Mageragere, kuririmbana na Bull Dogg, na Mike Kayihura n’abandi.
Urugo rwa Safi Madiba n’umugore we Judith rushobora kuba ruri mu bibazo nyuma y’uko uyu Safi agiye gutura muri Canada asanze umugore, nyamara bikavugwa ko aba bombi batameranye neza, ndetse amakuru akaba avuga ko Safi yaba atakiba mu rugo hamwe n’umugore we.
Umuhanzi Murigande Jacques uzwi nka Mighty Popo unayobora ishuri rya Mizika rya Nyundo, yasohoye indirimbo nyuma y’imyaka icyenda adakora indirimbo. Impamvu nyamukuru ikaba ari ibyago yagize byo kubura umubyeyi we wajyaga umufasha kwandika no kunonosora indirimbo za Kinyarwanda, bikiyongeraho inshingano zo kuyobora ishuri na (…)
Hashize iminsi havugwa amakuru y’uko Rulinda Charlotte uzwi mu buhanzi nka Charly na Muhoza Fatuma uzwi nka Nina baba baratandukanye.
Abanyeshuri biga amasomo ya muzika mu ishuri rya Nyundo, bamaze gushyirirwa amasomo kuri murandasi (Internet) mu gihe ingamba zo kwirinda Covid-19 zigikomeje, ariko igice cy’ingenzi cy’aya masomo kigizwe n’imyitozo yo kwiga gucuranga no kuririmba biracyari ihurizo kuri aba banyeshuri.