Umuyobozi wa Komite Olempike y’u Rwanda Ambasaderi Munyabagisha Valens, avuga ko umwuka mubi uri mu banyamuryango b’urwego ayobora nukomeza uko kuzamuka atazongera kwiyamamariza kuyobora uru rwego muri manda itaha.
Banki y’abaturage mu Rwanda yateye inkunga ishyirahamwe ry’imikino y’abafite ubumuga bwo mu mutwe, inkunga y’ibikoresho byo kwirinda icyorezo cya Coronavirus
Aba bateramakofi babigize umwuga mu cyiciro cy’abaremereye bazahura mu mukino utegerejwe na benshi ku itariki 28 Ugushyingo 2020 muri Leta ya California.
Minisitiri w’Intebe mushya w’u Buyapani Yoshihide Suga, yatangaje ko u Buyapani bwiyemeje kizakira imikino ya Olempike ikazabera i Tokyo mu mwaka wa 2021.
Nyuma yo gukomoera imwe mu mikino yo mu Rwanda ngo yongere gukora imyitozo, umukino wa Cricket ni umwe basubukura imyitozo inategura amarushanwa mpuzamahanga
Abakinnyi 12 b’Ikipe y’Igihugu y’umukino wa Chess bitabiriye irushanwa rya Olempike ry’uyu mukino, uri kuba hifashishijwe ikoranabuhanga. Ni imikino yatangiye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Kamena 2020 muri Saint Famille mu Mujyi wa Kigali, aho abitabiriye bari gukinira kuri Internet.
Umukino wa Tennis mu Rwanda ni umwe mu mikino yemerewe kongera gukora imyitozo ariko birinda gukwirakwiza icyorezo cya Coronavirus.
Ikipe y’Akarere ka Bugesera y’abagore bafite ubumuga bakina imikino y’intoki, ariko bakina bicaye, (Bugesera Women sitting volleyball na seat ball), yatwaye ibikombe bitandukanye yikurikiranya mu myaka ishize, ku buryo yari yizeye gutwara n’igikombe cy’umwaka w’imikino wa 2019-2020, ariko Covid-19 yayikomye mu nkokora.
Umusuwisi Roger Federer, akaba ikirangirire mu mukino wa Tennis, yatangaje kuri uyu wa gatatu tariki 10 Kamena, ko yongeye kubagwa mu ivi ry’iburyo. Yavuze ko kongera kugaruka mu kibuga bitari mbere y’umwaka wa 2021.
Amashyirahamwe y’imikino atandukanye hano mu Rwanda yamaze gufata imyanzuro y’uko imikino izakomeza nyuma y’icyorezo cya Coronavirus. Ni nyuma y’uko Minisiteri ya Siporo yabitangarije amashyirahamwe y’imikino atandukanye hano mu Rwanda ko imikino izasubukurwa mu kwezi kwa Nzeri, imyitozo igasubukurwa mu kwezi kwa Kanama 2020.
Imikino itandukanye mu buryo bw’imikinire, amategeko, imipira ikinwa ndetse n’ibindi bikoreshwa mu kibuga nk’inkweto, imyenda bambara ndetse n’amategeko . Mu kibuga cy’umukino uwo ari wo wose hagomba kuba umukinnyi uyoboye abandi ari we Kapiteni ugomba kugira ikirango kimugaragaza kikamutandukanya n’abandi.
Isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally ryagombaga kuba mu kwezi gutaha ryamaze gusubikwa kubera icyorezo cya Coronavirus
Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa yashishikarije abakinnyi bafite itike y’imikino Olempike n’abitegura kuyishaka gukomeza gukora imyitozo n’ubwo iyi mikino yasubitswe kubera icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi.
Ishyirahamwe ry’Imikino Olempike ku Isi rimaze gutangaza ko Imikino Olempike iherutse gusubikwa kubera icyorezo cya COVID-19, izaba umwaka utaha guhera tariki ya 23 Nyakanga kugera tariki ya 8 Kanama.
Mu rwego rwo kwirinda ko icyorezo cya coronavirus gihangayikishije isi n’u Rwanda rurimo gikomeza gukwirakwira, hafashwe ingamba z’uko abantu bajya bakorera mu rugo aho bishoboka.
Mu gihe isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19, ibikorwa byinshi by’imikino haba mu Rwanda no ku isi byarahagaze. Abari basanzwe bakina n’abacuruza ibyerekeranye n’imikino y’amahirwe cyangwa ibyo bita kubetinga bari mu bihe bitaboroheye.
Tariki ya 21 Werurwe 2020 ni bwo hazatangira umwaka w’imikino mu gusiganwa ku mamodoka (Rally). Irushanwa ryitiriwe Nyirangarama ni ryo rizabimburira andi yose muri uyu mwaka wa 2020. Intera ya kilometero 259.7 ni zo zizakoreshwa muri Nyirangarama rally 2020.
Ku rubuga www.regivia.com bavuga ko siporo yo gusimbuka umugozi ifasha amaraso gutembera neza mu mubiri cyane cyane mu gice cy’amaguru, bikagabanya ibinure byitsindagira ku matako.
Abakoresha ipuderi (poudre) n’ibinini bikoreshwa n’abifuza kugira ibituza binini, baraburirwa ko bishobora kubagiraho ingaruka mu gihe babikoresheje mu buryo butagenwe cyangwa se badafata indyo yuzuye.
Kuri iki cyumweru tariki 01 Ukubuza 2019 mu Rwanda hasojwe irushanwa Rya Rwanda Open ryegukanwe n’Umunyakenya Ismael Changawa mu bagabo n’ Umunyarwandakazi Ingabire Meghan mu bagore.
Kuva ku cyumweru tariki ya 24 Ugushyingo 2019 kugeza tariki ya 01 Ukuboza 2019, mu Rwanda hazabera irushanwa rya Tennis ryiswe ‘Rwanda Open’.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Ugushyingo 2019 ni bwo bizaba ari ibirori mu mihanda yo mu karere ka Gasabo, aho hazaba hakinwa irushanwa rya nyuma muri shampiyona yo gusiganwa ku ma modoka.
Ku cyumweru tariki ya 10 Ugushyingo 2019 kuri Sitade mpuzamaganga ya Crickek i Gahanga mu karere ka Kicukiro hasojwe shampiyona ya 2019 yegukanwe na Challengers CC itsinze Telugu Royals CC ku manota 135 kuri 6 muri Overs 24.
Ku nshuro ya mbere, Abanyarwanda bakina mu ikipe ya Huye Motorsports yari ihagarariwe n’imodoka ya Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude, ni bo begukanye isiganwa rya Mountain Gorilla Rally.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa ry’imodoka ryiswe Rwanda Montain Gorilla Rally, Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude bakuye ku mwanya wa mbere Umurundi Roshanali Mohamed Abbas na Tissarchontos Petros bari babarushije amasegonda abiri ku munsi wa mbere.
Umunsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ryiswe Mountain Gorilla Rally wabereye kuri Stade Amahoro ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki 04 Ukwakira 2019, wegukanywe, na Roshanali Mohamed Abbas na Tissarchontos Petros bakomoka mu gihugu cy’u Burundi.
Mu ntangiriro z’Ukwakira mu Rwanda harakinwa isiganwa rya Rwanda Mountain Gorilla 2019, rikazakinirwa mu turere dutatu mu gihe cy’iminsi itatu
Mu gihe hari abatekereza ko bene iyi mikino yo kurwana abayijyamo baba bagamije kujya bakubita abantu, abayikina bo si ko babivuga ahubwo bemeza ko mu byo bigishwa ari no kugira imyitwarire myiza (Discipline) birinda ubushotoranyi, ahubwo bakaba bakwirwanaho mu gihe basagariwe cyangwa bagatabara, bakanakiza umuntu mu gihe (…)
Polisi y’u Rwanda yitwaye neza mu mikino njyarugamba ya Taekwondo yaberaga i Kigali, itsindira imidali umunani harimo itandatu ya zahabu.
Guhera tariki 06 kugera tariki 08/09/2019, mu Rwanda harabera irushanwa rya Taekwondo ryitiriwe Ambasaderi wa Koreya, rikaba rigiye kuba ku nshuro ya karindwi