Nyuma y’umukino ubanza wa ½ cy’Igikombe cy’Amahoro Rayon Sports yakiriyemo APR FC ku wa Gatatu tariki 11 Gicurasi 2022 kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo bakanganya 0-0, kapiteni wa Rayon Sports yavuze ko bafite icyizere cyo gukomeza mu mukino wo kwishyura.
Mu mukino ubanza wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro, Rayon Sports inganyije ubusa ku busa na APR FC imbere y’abafana bari buzuye Stade ya Kigali i Nyamirambo
Kuri uyu wa Gatatu hifashishijwe ikoranabuhanga, ni bwo habaye tombola y’amatsinda ya CECAFA y’abagore igiye kubera muri Uganda muri uku kwezi
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Gicurasi 2022, ikipe ya Manchester City yatangaje ku mugaragaro ko yaguze rutahizamu ukomoka muri Noruveje, Braught Erling Halland, usanzwe ukinira ikipe ya Borussia Dortmund yo mu Budage.
Imikino ibanza ya 1/2 mu gikombe cy’Amahoro irakinwa kuri uyu wa Gatatu ndetse no ku wa Kane, aho umukino witezwe cyane uzahuza Rayon Sports na APR FC
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 16 bagombaga kwitabira igikombe muri Chypres bamenyeshejwe ko batazitabira iri rushanwa kubera ibyangombwa
Icyumweru twatangiye cyitezwe na benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru, ahateganyijwe imikino ikomeye irimo igikombe cy’amahoro ndetse na shampiyona izaba igeze ahakomeye
Mu mikino y’umunsi wa 26 wa shampiyona yabaye kuri uyu wa Gatandatu, APR FC ni yo kipe yonyine yabashije kubona amanota atatu mu gihe indi mikino habayemo kunganya
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryatangaje ko ubu amakipe atacyemerewe guhindura amasaha n’umunsi w’imikino usibye igihe habaye ibikorwa byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994
Kuri uyu wa Kane, Hasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati ya FERWAFA n’Ishyirahamwe ry’imikino y’Aba veterans ku isi (FIFVE) agamije gutegura irushanwa ry’isi ry’amakipe y’aba veterans "Veteran Clubs World Championship" riteganyijwe kubera mu Rwanda muri 2024.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere ndetse n’icya kabiri zirakomeza mu mpera z’iki cyumweru, aho abakinnyi 12 mu cyiciro cya mbere batemerewe gukina iyi mikino kubera amakarita
Ku uyu wa Katatu tariki 5 Gicurasi 2022,nibwo hasojwe imikino ya 1/4 mu gikombe cy’Amahoro aho ikipe ya Police FC yabaye ikipe 4 izakina 1/2 nyuma y’uko isezereye Etoile de l’Est.
Mu mukino wo kwishyura wa 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro wabereye kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gicurasi 2022 ,ikipe ya Marine FC yakoze amateka itsinda APR FC bwa mbere ariko Marine FC isezererwa ku giteranyo cy’ibitego 2-1.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Mata 2022, ikipe ya APR FC yakoze impanuka iva i Shyorongi aho isanzwe ikorera imyitozo, ijya kuri sitade ya Kigali gukina umukino wo kwishyura wa 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro, icyakora abakinnyi bayo ntacyo babaye ndetse bakomeje bajya gukina.
Mu mikino yo kwishyura ya 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro yabaye kuri uyu wa Kabiri, Rayon Sports yasezereye Bugesera naho Gasogi ikurwamo na AS Kigali
Abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports bateraniye mu nama idasanzwe kuri iki Cyumweru, aho bayivuyemo biyemeje kubaka ikipe ya Rayon Sports ikomeye mu mwaka utaha w’imikino
Uwahoze ari umukinnyi akaba n’umutoza w’umupira w’amaguru (ruhago) mu Rwanda, Jimmy Mulisa, yabwiye urubyiruko rukunda uwo mwuga ko uzabageza kure nibirinda SIDA.
Kuri iki cyumweru kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, ikipe ya APR FC mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona, yahatsindiye Etoile del’Est ibitego 3-1 bikomeza kumanura icyizere cy’iyi kipe y’Iburasirazuba, cyo kuba yaguma mu cyiciro cya mbere.
Kuri uyu wa Gatandatu hakomeje imikino y’umunsi wa 25 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2021-2022, aho ikipe ya Mukura VS yigeze kumara imikino 11 idatsindwa yujuje itatu itabona intsinzi, Gicumbi FC igakomeza kwegera umuryango w’icyiciro cya kabiri.
Ikipe ya Rayon Sports na Police FC zanganyije igitego 1-1 mu mukino wa shampiyona wabereye i Nyamirambo, abarayons baririmba Bugesera bibutsa abakinnyi ko bagomba kuyitsinda.
Abakinnyi b’ibyamamare mu ikipe ya Paris Saint Germain (PSG), Sergio Ramos, Keylor Navas na Julian Draxler, bageze i Kigali ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, aho baje gusura u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda.
Ikipe ya AS Kigali yongeye gutsinda Gasogi United bwa kabiri yikurikiranya, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Abanyamahirwe batatu ari bo Makuza Patrick, Mukundente Fiona, na Nahasoni Innocent, baherutse gutsindira amatike abemerera kwerekeza mu Bwongereza kureba umukino wa shampiyona wahuje amakip ya Arsenal na Manchester United.
Mu gihe habura iminsi itari myinshi kugira ngo muri Kamena hatangire imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, irimo gushakirwa imikino ya gicuti kugira ngo iyifashe kwitegura.
Guhera kuri uyu wa Gatanu harakinwa imikino y’umunsi wa 25 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho abakinnyi 13 batemerewe gukina kubera amakarita
Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs igiye kujya ikinira imikino yayo isigaye ya shampiyona kuri Stade Kamena, kubera imirimo yo kuvugurura
Mu mikino ibanza ya ½ ya UEFA Champions League yasojwe kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Liverpool yatsinze Villareal yo muri ESPAGNE ibitego 2-0
Ikipe ya APR FC yateye intambwe ya mbere igana muri ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, nyuma yo gutsindira Marine FC i Rubavu ibitego 2-0 mu mukino ubanza
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel, akomeje gushishikariza abaturage kuba hafi y’ikipe yabo ya Gicumbi, mu mikino mike isigaje ya Shampiyona, aho yemeza ko icyizere cyo kutamanuka mu kiciro cya kabiri kigihari.
Nyuma y’amezi hafi abiri uwari umuyobozi w’ikipe ya Espoir FC, Kamuzinzi Godfroid yeguye ku mirimo ye na bamwe mu bo bari bafatanyije, iyo kipe yabonye ubuyobozi bushya binyuze mu nteko rusange yateranye ku wa Mbere tariki 25 Mata 2022.