Mutokambari Moise utoza ikipe y’igihugu ya Basket Ball, atangaza ko kuba bataritabiriye imikino Nyafurika (Afro-Basket) ya 2015, byabasigiye isomo rikomeye rizabafasha kutazongera kuyisiba.
Ikipe ya Basketball y’ikigo cy’igihugu gishinzwe gusakaza ingufu z’amashanyarazi mu Rwanda (REG BBC) yatsinze ikipe y’ishuri rikuru ry’ubumenyingiro ryo mu Majyepfo (IPRC-SOUTH BBC) yizeza igikombe.
Mu kigo cya Musanze Poltytechnic kuri iki cyumweru hasojwe ijonjora ry’ibanze ryo guhitamo abahungu n’abakobwa 30 baziga mu ishuri ryigisha Basketball (Academy) rizaba riherereye muri iri shuri.
Kuri iki cyumweru taliki ya 04 Ukuboza 2016, kuri Stade Amahoro haratangira Shampiona y’umukino wa Basketball mu Rwanda, aho imikino ibanza izasozwa taliki ya 04 Werurwe 2017
Mu marushanwa yari agamije gitegura Shampiona ya 2016-2017, ikipe ya Patriots yegukanye igikombe itsinze ikipe ya REG amanota 76-75
Kuri uyu wa kane ni bwo Umuyobozi mukur w’ikipe ya Toronto Raptors yo muri NBA muri gahunda y’iminsi itatu yo gushyigikira umukino wa basketball mu Rwanda
Mu mukino w’intoki wa Basketball, ikipe y’ingabo z’u Rwanda yegukanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda imikino yose yagombaga gukina.
Ikipe y’ingabo z’u Rwanda yatsinze Tanzania muri Basketball mu gihe muri Netball itabshije gutsinda ikipe ya Uganda mu mikino ya gisirikare iri kubera mu Rwanda
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 muri Basketball, ANgola yatsinze Egypt yegukana igikombe, u Rwanda rurangiza ku mwanya wa gatanu
Kuri uyu wa Gatatu haraza gukomeza imikino y’igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18, aho u Rwanda ruza kuba ruhura na Algeria Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba
Kuri uyu wa kabiri kuri Petit Stade Amahoro harakomeza imikino y’igikombe cy’Afurika cya Basketball mu batarengeje imyaka 18
Muri Tombola yabereye muri Marriott Hotel kuri uyu wa Kane, amakipe 12 yagabanijwe mu matsinda abiri, aho uRwanda ruyoboye itsinda rya mbere rutangira ruhura na Gabon kuri uyu wa Gatanu muri Petit Stade Amahoro.
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18, ibihugu 7 muri 11 bitegerejwe mu Rwanda byamaze kuhagera mu marushanwa atangira kuri uyu wa Gatanu
Kuri uyu wa Gatatu kuri Petit Stade Amahoro habereye imikino ya gicuti yitabiriwe na Biyombo Bismack ukina muri Orlando Magic yo muri Amerika ndetse n’abana batatu ba Perezida Kagame
Lennox Niyitegeka ukina mu ikipe ya Elan Chalon yo mu Bufaransa, aje gukinira ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18 mu gikombe cy’Afurika kigiye kubera mu Rwanda muri Basketball
Kuri uyu wa Gatatu kuri Petit Stade Amahoro harakomeza imikino yo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, aho muri Basketball izwi nka Memorial Gisembe
Mu marushwanwa yateguwe na Shooting touch,Ubumwe BBC niyo yegukanye igikombe itsinze APR BBC 72-49 mu mukino wabereye Petit Stade
Mu mukino wari witabiriwe n’abafana benshi,Patriotes yihereranye Espoir iyitsinda amanota 77 kuri 65 mu mukino wari unogeye ijisho kuri Petit Stade Amahoro
Ku munsi wa kabiri w’amarushanwa ahuza amakipe agize akarere gatanu muri Basketball,amakipe ya Uganda yiheranye ayo mu Rwanda.
Amakipe 20 niyo yamaze kwemera kwitabira imikino ya zone 5 ya Basket,aho milioni 25 arizo zitaganijwe gukoreshwa mu marushanwa azabera i Kigali kuva kuri iki cyumweru
Amakipe 17 niyo amaze kwemera kwitabira irushanwa ry’akarere ka gatanu rihuza rizabera mu Rwanda kuva 4/10/2015 kugeza 11/10/2015 muri Basketball.
Ikipe ya Espoir yongeye kwegukana igikombe gisoza shampiona y’umukino wa Basketball mu Rwanda,nyuma yo gutsinda ikipe ya Patriots imikino itatu kuri umwe (mu bagabo), mu gihe mu bagore ikipe ya APR Fc yegukanye igikombe imaze nayo gutsinda UBUMWE BBC imikino itatu kuri umwe
Ikipe y’igihugu y’abahungu batarengeje imyaka 16 mu mukino wa Basketball,iraza gutangira amarushanwa y’imikino nyafurika (All african games) ihura n’ikipe y’igihugu ya Mali ku i saa tatu za nijoro zo mu Rwanda
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abahungu batarengeje imyaka 16 mu mukino w’intoki wa Basketball,Buhake Albert yamaze gutangaza abakinnyi 12 bazahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika (All african games) izabera muri Mali
Mu mpera z’iki cyumweru shampiona y’umukino w’intoki wa Basketball iraba igana ku musozo aho guhera kuri uyu wa gatanu kugeza ku cyumweru taliki ya 28 Kamena 2015 haza gukina imikino isigaye nyuma hakarebwa amakipe ane ya mbere agakina imikino ya Playoffs.
Shampiona y’umukino wa Basketball mu Rwanda irakomeza mu mpera z’iki cyumweru,nyuma y’akaruhuko katewe n’irushanwa ryo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 by’umwihariko muri Basketball rizwi ku izina rya Memorial Gisembe
Ikipe ya Espoir yo mu Rwanda nyuma yo gutsinda PJB y’i Goma 78-49 mu bahungu, na Berco Stars y’i Burundi igatsinda PJB y’i Goma kuri 66-50 mu bakobwa,zaje kwisubiza ibikombe zari zaratwaye umwaka ushize
Ku munsi wa mbere w’irushanwa rizwi nka Memorial Gisembe ikipe ya Espoir yo mu Rwanda yihereranye ikipe ya Muzinga y’i Burundi iyitsinda 63 kuri 51 mu gihe no mu bakobwa ikipe ya APR BBC yatangiye itsinda The Hoops nayo yo mu Rwanda
Kuri uyu wa gatanu haratangira igice cya kabiri cy’irushanwa rya Basketball rizwi ku izina rya Memorial Gisembe,irushanwa rizarangira kuri iki cyumweru tariki 14/6/2015,rikazatabirwa n’amakipe aturutse mu bihugu bine aribyo u Rwanda,Uganda,Burundi na Republika iharanira Demokarasi ya Congo
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball y’abatarengeje imyaka 16 yamaze gukatisha itiki yo kwerekeza mu mikino nyafurika (Afro-Basket) izabera muri Mali mu kwezi kwa Nyakanga, nyuma y’aho Itsindiye ikipe ya Ethiopia ku manota 121-119 uteranije imikino yombi.