ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket yatsinze Mazambique mu irushanwa ry’Afurika ry’abatarengeje imyaka 16 bituma amahirwe yo kuza ku mwanya wa gatanu yiyongera.
Ikipe ya Misiri yongeye gutsinda ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu irushanwa ry’Afurika ry’abatarengeje imyaka 16 bituma amahirwe yo gukina imikino ya ½ ku Rwanda ayoyoka.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Basketball yamaze kumenya itsinda izaba irimo mu mikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika.
Ikipe y’igihugu y’ u Rwanda ya Basketball yongeye gutsindwa ku mukino wa kabiri na Misiri amanota 101 kuri 45.
Umukinnyi wa Basketball Frank Ntilikina ufite inkomoko mu Rwanda ngo nubwo atakiniye u Rwanda hari gushakwa uburyo yaza gutera umurava abana bakina Basketball mu Rwanda.
Ikipe ya REG na Patriots mu bagabo nizo kipe z’umukino w’intoki wa Basketball zizakina imikino ya nyuma ya Play Offs.
Mu mpera z’iki Cyumweru haraza gusozwa Shampiona ya Basketball hatangwa ibihembo kuri REG (Abagabo) na APR (Abagore) zegukanye ibikombe bya Shampiona 2016/2017
Umukinnyi ukomoka mu Rwanda Frank Ntilikina yaraye atoranijwe n’ikipe ya New York Knicks yo muri leta zunze ubumwe z’Amerika muri NBA.
Patriots na REG zikurikirana ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona ya Basketball mu Rwanda, ziraza guhura kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Mata 2017, kuri Petit Stade Amahoro.
Imikino ya Shampiona y’u Rwanda ya Basketball, isize ikipe ya Patriots ikomeje kuyobora urutonde rwa Shampiona nyuma y’aho yatsinze ikipe ya IPRC Kigali
Nyuma y’ibyumweru bibiri Shampiona ya Basketball mu Rwanda itari gukinwa, kuri uyu wa Gatanu abakunzi bayo barongera gususuruka
Guinea n’u Rwanda byagenewe itike z’ubutumire zo kwitabira igikombe cy’Afurika kizabera muri Congo Brazzaville
Ikipe y’umukino wa Basket Ball Patriots yanyagiye 30 Plus mu mukino wa shampiyona wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Werurwe 2017, iyitsinda ibitego 134 kuri 47.
Mu marushanwa y’akarere ka gatanu ari kubera mu Misiri, ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Basketball yatsinze Sudani y’Amajyepfo ihita ibona itike ya 1/2 cy’irangiza
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Basketball yatsinzwe n’iya Egypt amanota 83-71 mu marushanwa ahuza amakipe y’akarere ka gatanu (Zone 5) ari kubera muri Egypt
Kuri uyu wa Kabiri ikipe y’igihugu ya Basketball irahura n’ikipe ya Egypt mu gushaka itike yo gukina igikombe cy’Afurika
Mu gihe habura iminsi ngo ikipe y’igihugu ya Basket yerekeze mu Misiri mu guhatanira itike yo kwerekeza mu mikino Nyafurika, iyi kipe ikomeje imyitozo kuri Stade Amahoro
Ikipe y’umukino wa Basketball, IPRC-Kigali BBC niyo yatwaye igikombe cy’Intwari (Basket Heroes Tournament 2017) nyuma yo gutsinda Espoir BBC.
Ikipe ya Patriots BBC na REG BBC yatangiye neza mu irushanwa ryo guhatanira igikombe cy’intwari mu mukino w’intoki wa Basketball.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda ryatangaje ko amakipe 11 yo mu Rwanda ari yo yamaze kwemera kuzitabira irushanwa ry’intwari
Mutokambari Moise utoza ikipe y’igihugu ya Basket Ball, atangaza ko kuba bataritabiriye imikino Nyafurika (Afro-Basket) ya 2015, byabasigiye isomo rikomeye rizabafasha kutazongera kuyisiba.
Ikipe ya Basketball y’ikigo cy’igihugu gishinzwe gusakaza ingufu z’amashanyarazi mu Rwanda (REG BBC) yatsinze ikipe y’ishuri rikuru ry’ubumenyingiro ryo mu Majyepfo (IPRC-SOUTH BBC) yizeza igikombe.
Mu kigo cya Musanze Poltytechnic kuri iki cyumweru hasojwe ijonjora ry’ibanze ryo guhitamo abahungu n’abakobwa 30 baziga mu ishuri ryigisha Basketball (Academy) rizaba riherereye muri iri shuri.
Kuri iki cyumweru taliki ya 04 Ukuboza 2016, kuri Stade Amahoro haratangira Shampiona y’umukino wa Basketball mu Rwanda, aho imikino ibanza izasozwa taliki ya 04 Werurwe 2017
Mu marushanwa yari agamije gitegura Shampiona ya 2016-2017, ikipe ya Patriots yegukanye igikombe itsinze ikipe ya REG amanota 76-75
Kuri uyu wa kane ni bwo Umuyobozi mukur w’ikipe ya Toronto Raptors yo muri NBA muri gahunda y’iminsi itatu yo gushyigikira umukino wa basketball mu Rwanda
Mu mukino w’intoki wa Basketball, ikipe y’ingabo z’u Rwanda yegukanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda imikino yose yagombaga gukina.
Ikipe y’ingabo z’u Rwanda yatsinze Tanzania muri Basketball mu gihe muri Netball itabshije gutsinda ikipe ya Uganda mu mikino ya gisirikare iri kubera mu Rwanda
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 muri Basketball, ANgola yatsinze Egypt yegukana igikombe, u Rwanda rurangiza ku mwanya wa gatanu
Kuri uyu wa Gatatu haraza gukomeza imikino y’igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18, aho u Rwanda ruza kuba ruhura na Algeria Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba