Ku munsi wa mbere w’igikombe cya Afurika mu bakobwa batarengeje imyaka 16 muri Basketball, u Rwanda rwatsinzwe na Tanzania
Mu ntara zitandukanye zigize igihugu cya Benin, hari kumvikana umurishyo w’ingoma, amashyi menshi ndetse n’indirimbo z’abagore ku buryo budasanzwe mu rwego rwo gusaba abakurambere ngo babane n’ikipe yabo izatware igikombe cya Afurika.
Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Toronto Raptors yakoze amateka yegukana igikombe cya NBA, gihatanirwa n’amakipe yo mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Kuri uyu wa mbere mu Rwanda haraye hatangiye irushanwa rihuza amakipe y’abatarengeje imyaka 16, ihuza ibihugu by’akarere ka gatanu mu mukino wa Basketball
Ikipe ya REG Basketball Club yamaze kugera mu Misiri aho igiye gukina irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere mu turere aherereyemo rizwi nka FIBA Africa Basketball League (AfroLeague)
Amakipe 11 ni yo yamaza kwiyandikisha guhatana mu irushanwa ryo kwizihiza umunsi mukuru w’intwari z’igihugu rizatangira tariki ya 25 Mutarama rigasozwa tariki ya 1 Gashyantare uyu mwaka.
Shampiyona ya basketball irakomeza kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ukuboza 2018, hakinwa umwe mu mikino yitezwe muri shampiyona uzahuza REG BBC na Patriots kuri Petit Stade Amahoro.
Tariki ya mbere Werurwa 2015, nibwo ikipe ya KBC (Kigali Basketball Club) yakoraga impanuka, ubwo yari igeze mu karere ka Kamonyi yerekeza mu majyepfo, gukina umunsi wa 8 wa shampiyona, ihitana umwe abandi bagakomereka.
Kuri uyu wa Gatanu ni bwo shampiyona ya Baskteball yatangiye hakinwa imikino ibiri aho kuri Stade Amahoro Patriots yanyagiye IPRC-Kigali naho Espoir itsinda UGB 93-60.
Banki ya Kigali yatanze inkunga ya Miliyoni 300Frw azafasha umukino wa Basketball mu Rwanda ku bakuru n’abato.
Patriots mu bagabo na IPRC y’Amajyepfo mu bagore ni zo zegukanye irushanwa ryiswe Legacy Tournament ryari rimaze iminsi ribera i Kigali
United Generation Basketball (UGB) ifatanyije na Star Times Basketball League bari gutegura irushanwa rya mbere bise Umurage, riteganyijwe kuva tariki 26 kugeza kuri 28 Ukwakira kuri stade Amahoro.
Perezida Paul Kagame yashimye uruhare ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (NBA) ryagize mu gufasha urubyiruko rwa Afurika kugera ku nzozi zarwo.
Amakipe ya banki ya Kigali (BK) muri Volleyball, Basketball n’Umupira w’Amaguru yegukanye ibikombe mu marushanwa ahuza banki zo mu Rwanda.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 muri basketball yatsinze ikipe ya Tunisia amanota 62 kuri 58 mu marushanwa nyafurika y’ingimbi ari kubera muri Mali.
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko rutozwa umukino wa Basketball, igikorwa kizwi nka “Giant of Africa” ko inzira imwe yo kuba igihangange ari ukubikorera.
Ni umukino wa kabiri wa kamarampaka muri Basketball wabereye kuri Petit Stade i Remera aho REG yabonye intsinzi y’amanota 73-65.
Mu mukino warebwe n’abafana benshi, ikipe ya Patriots yigaranzuye REG muri Playoffs iyitsinze amaseti 63-58.
Ikipe ya REG BBC itozwa na Patrick Richard Ngwijuruvugo yatangiye neza itsinda APR BBC amanota 84-79 mu mukino wa mbere wa ½ w’amarushanwa ya Playoffs.
Ikipe y’igihugu ya Basketball muri ki gitondo yerekeje Lagos muri Nigeria, aho igomba gukina imikino yo guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cy’isi cya 2019
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda na Startimes basinye amasezerano y’ubufatanye, aho iyi Shampiona izajya itambuka kuri Startimes
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe bw’umukino w’intoki wa Basketball (FERWABA) buratangaza ko butifuza amakipe adaharanira guhangana n’andi mu marushanwa.
Ubuyobozi bw’ikipe y’umukino w’intoki wa Basketball REG BBC buratangaza ko bwamaze gusezerera abari abatoza b’iyo kipe bwiha intego yo kwegukana igikombe cy’irushanwa ry’akarere ka gatanu.
Ikipe yari ihagarariye u Rwanda mu irushanwa ry’akarere ka gatanu mu mukino w’intoki wa Basketball ryaberaga Uganda yatsindiwe ku mukino wa nyuma.
Ikipe ya APR y’abakobwa, na Patriots y’abagabo zatsinze imikino y’umunsi wa kabiri mu irushanwa rya zone 5 muri Basket riri kubera muri Uganda
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Basketball, Hamza Ruhezamihigo w’imyaka 32 yasinye mu ikipe ya Patriots.
IPRC y’Amajyepfo yafashe icyemezo cyo kuzakoresha abakinnyi bayo gusa mu irushanwa rya zone 5 rizabera muri Uganda bitandukanye n’ibikunze gukorwa mu mikino y’intoki
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Basketball ibuza amahirwe yo kwerekeza muri 1/4 cy’igikombe cy’Afurika kiri kubera muri Tunisia
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket yatangiye neza irushanwa ry’igikombe cy’Afurika itsinda umukino wayo wa mbere.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatashye ku mugaragaro ikibuga cya Basketball giherereye kuri Club Rafiki