Ikipe y’abamugaye ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Paralempike iri kubera mu Bwongereza yaserukanye umucyo mu birori byo gutangiza iyi mikino byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 29/08/2012.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’abatarengeje imyaka 17 (U17) igiye gukina imikino ya gicuti n’ikipe y’abatarengeje imyaka 17 yo muri Nigeria mu rwego rwo kwitegura imikino y’amajonjora yo guhatanira itike yo gukina imikino y’igikombe cy’Afurika.
Nyuma yo kwerekana ubuhanga afite mu gukina umupira w’amaguru, umwana w’imyaka 11 wavutse atagira ibirenge ubu ari gukora imyitozo mu ikipe y’abana ya Barcelona FC.
Umunya-Croatia Luka Modric yerekanywe ku mugaragaro n’ikipe ye nshya ya Real Madrid, nyuma yo kumugura mu ikipe ya Tottehnham Hotspurs imutanzeho miliyoni 30 z’ama pounds.
Ikipe y’abamugaye igomba guhagararira u Rwanda mu mikino ya Paralempike mu gihugu cy’Ubwongereza yaraye yakiriwe ku mugaragaro muri iyi mikino iteganyijwe kuba kuva tariki 29/08/2012 kugeza tariki 09/09/2012.
Ikipe ya Young Africans (Yanga), kuri uyu wa mbere tariki 27/08/2012 yasubiye muri Tanzania, nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 2-1 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 26/08/2012.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball U18 yafashe umwanya wa nyuma mu mikino y’igikombe cya Afurika yasojwe ku cyumweru tariki 26/08/2012 i Maputo muri Mozambique.
Ikipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball iri i Londres mu Bwongereza mu mikino Paralympique ikinwa n’abamugaye izatangira tariki 29/08/2012, ngo ntabwo yizeye kuzegukana umudari bitewe n’amakipe akomeye ari kumwe nayo mu itsinda.
Umukinnyi Mambo wari usanzwe ari myugariro w’ikipe ya Rayon Sports arashaka kuva muri iyi kipe nyuma yo kwisabira ubuyobozi bwayo ko imureka akigendera kuko atibona neza muri iyi kipe.
Kuwa gatandatu tariki 25/08/2012 habaye umukino w’umupira hagati ya Polisi y’akarere ka Nyabihu b’abakozi b’ako karere wari ugamije kurwanya ibiyobyabwenge n’urugomo. Umukino warangiye abakozi b’akarere batsinze abapolisi ibitego 5-1.
Ku musozo w’uruzinduko rwayo mu Rwanda, Young Africans (Yanga) irakina umukino wa gicuti ya Police FC ku cyumweru tariki 26/08/2012 kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, mbere yo gusubira muri Tanzania.
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yatsinze rayon Sport ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti wahuje aya makipe, kuri uyu wa Gatanu atriki ya 24/8/2012, kuri stade Amahoro i Remera.
Ikipe ya Police FC yafashe icyemezo cyo kuzakinisha abakinnyi b’Abanyarwanda gusa muri shampiyona itaha, bivuze ko abakinnyi bose b’abanyamahanga bayikiniraga batazongererwa amasezerano.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko inkunga atera irushanwa rya CECAFA atari ukuriteza imbere gusa, ahubwo ari n’uburyo bwo guhuza abatuye aka karere mu rwego rw’iterambere.
Ikipe ya Young Africans (yanga) iri mu Rwanda kuva ku wa gatatu tariki 22/8/2012, irakirwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri ku mugoroba wo ku wa kane tariki 23/08/2012.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) ryamaze gutangaza ko imikino ya gicuti izahuza u Rwanda na Nigeria mu baterengeje imyaka 17 izabera mu mujyi wa Calabar uherereye mu Majyepfo ya Nigeria.
Nyuma y’aho uwari umutoza wa APR FC, Ernie Brandts, arangirije amasezerano ye, iyo kipe yafashe icyemezo cyo kugarura Eric Nshimiyimana wahoze ari umutoza wayo wungirije akaza kwirukanwa muri 2011 ashinjwa gukoresha uburozi.
Ubwo Manchester United yakinaga ikanatsindwa na Everton mu mukino wabaye ku wa mbere tariki 20/8/2012, abari ku kibuga batangajwe no kubona izina ry’umukinnyi Anderson ryanditse ku mwenda we ryanditse nabi.
Bamwe mu bana bari mu biruhuko batuye mu mujyi wa Nyanza barashinjwa n’ababyeyi babo kuba hari imikino imwe n’imwe yatangiye kubararura kugeza n’ubwo biba amafaranga y’iwabo.
Umunya-Cameroun, Alexandre Dimitri Song Billong, yamaze kuva mu ikipe ya Arsenal yari amazemo imyaka irindwi yerekeza muri FC Barcelone aguzwe miliyoni 15 z’ama Pounds.
Umuryango mpuzamahanga uteza imbere imikino (Right to play) usaba abantu cyane cyane urubyiruko n’abana kwitabira gukina, kuko bigira uruhare runini mu kubaka umubiri n’ubwonko.
Nyuma y’ibiganiro hagati y’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza n’abafana bakuru ba Rayon Sport bitwa ‘Imena’, hafashwe icyemezo ko muri Nzeri uyu mwaka wa 2012 Rayon Sports igomba gusubira ku nkomoko yayo i Nyanza, ikazajya inaterwa inkunga n’ako karere.
Ubuyobozi bw’ Ishuri ry’imikino rya SEC (Sports Empowerment Club) riherereye Kicukiro mu mugi wa Kigali, bufite gahunda yo kubaka ikigo cy’imikino itandukanye kizatarwa Miliyoni 4,5 z’amadolari kizakubakwa mu gihe kingana n’imyaka itandatu.
Isaie Songa na Mouhamed Mushimiyimana bakina mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya SEC bazerekeza mu Bubiligi gukora igeragezwa mu ikipe ya Royal Antwerp ku wa gatandatu tariki 18/08/2012.
José Mourinho utoza Real Madrid, asanga atagikwiye gukomeza kwitwa akazina “the special one” bivuze umuntu udasanzwe, ahubwo ko akwiye kwitwa “the only one” bisobanuye umuntu wihariye bitewe n’uko amateka yakoze nta wundi urayageraho.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, asanga ikipe ya Rayon Sports niramuka ije kuba mu karere ka Nyanza bizatuma iyi kipe igira imibereho myiza iturutse ku nkunga akarere kazayigenera.
Ikipe ya Machester United yamaze kugura rutahizamu w’Umunya-Chili, Angelo Henriquez. Kuwa kabiri tariki 14/8/2012 yakoze ibizamini by’ubuzima mu bitaro bya Bridgewater Hospital biherere mu mujyi wa Manchester.
Abakinnyi bane mu bakinnyi b’Abanyekongo bitabiriye imikino olympique yasojwe ku cyumweru tariki 12/08/2012 baburiwe irengero.
Niyonshuti Adrien na Jean Pierre Mvuyekure bananiwe kwitwara neza mu gihe aribo Banyarwanda bari bitezweho kwegukana umudari ku munsi wa nyuma w’imikino Olympique yasojwe i Londres mu Bwongereza ku cyumweru tariki 12/8/2012.
Brazil ikomeje kubabara kubera kubura umudari wa zahabu mu mupira w’amaguru mu mikino Olympique, nyuma yo gutungurwa na Mexique ikayitsinda ibitego 2 kuri 1 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Wembley mu Bwongereza tariki 11/08/2012.