Cote d’Ivoire na Togo zahabwaga amahirwe yo gukomeza muri ½ cy’irangiza mu gikombe cya Afurika kibera muri Afurika y’Epfo, zatunguwe no gusezererwa na Nigeria na Burkina Faso, ubwo zakinaga imikino ya ¼ cy’irangiza ku cyumweru tariki 03/02/2013.
Nubwo yanze kwitabira CECAFA y’umwaka ushize, Mbuyu Twite ukinira u Rwanda yitwa Gasana Eric, yongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu (Amavubi) izakina umukino wa gicuti na Uganda tariki 06/02/2013.
Ikipe y’igihugu ya Ghana na Mali ni zo zabonye bwa mbere itike yo kuzakina ½ cy’irangiza mu mikino y’igikombe cya Afurika irimo kubera muri Afurika y’Epfo, mu mikino yabaye ku wa gatandatu tariki 02/02/2013.
Nyuma y’iminsi yari ishize shampiyona y’umukino wa Basketball mu Rwanda mu bagabo no mu bagore isubitswe kugirango hategurwe ikipe z’igihugu zitabiriye imikino y’akarere ka gatanu, kuri uyu wa gatandatu tariki 02/02/2013 shampiyon yarasubukuwe mu bagabo, hakinwa imikino itatu.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Afurika ryemereye Ikipe y’u Rwanda ya Basketball mu bagabo kuzitabira imikino y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cote d’Ivoire muri Kanama uyu mwaka.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ku mugaragaro ko ikipe y’igihugu Amavubi izakina umukino wa gicuti na Uganda tariki 06/02/2013, mu rwego rwo kwitegura imikino yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi.
Ubwo hakinwaga imikino y’umunsi wa 15 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, tariki 30/01/2013, amwe mu amakipe y’ibigugu APR FC, Rayon Sport na Mukura yatahanye amanota atatu, ariko Kiyovu Sport yongera gutakaza amanota yikurikiranya.
Mu mukino wa shampiyona y’umupira w’amaguru, ku cyumweru tariki 27/01/2013, ikipe y’akarere ka Muhanga izwi ku izina rya AS Muhanga yanganije na Etincelles mu mukino wahuje aya makipe kuri sitade ya Muhanga.
Ubwo hakinwaga imikino y’umunsi wa 14 wa shampiyona ku wa gatandatu ndetse no ku cyumweru tariki 27/01/2013, amakipe akomeye ndetse n’ayari amaze iminsi yitwara neza yanganyije imikino yakinnye, andi aratsindwa.
Ikipe z’u Rwanda mu bagabo no mu bagore muri Basketball, zabuze itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, nyuma yo kubura umwanya wa mbere mu mikino y’akarere ka gatanu yasojwe ku wa gatandatu tariki 26/01/2013, i Dar Es Salaam muri Tanzania.
Nyuma yo kwegukana umwanya wa gatatu mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 yasojwe ku wa gatanu tariki 25/01/2013, ikipe y’u Rwanda yahise ibone itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Mexique.
Ku munsi wa 14, utangiza imikino yo kwishyura muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, APR FC na Police FC zanganyije imikino yayo ku wa gatandatu tariki 26/01/2013.
Ubuyobozi bwa federation y’umukino wa handball mu Rwanda buravuga ko mu minsi micye bwitegura gutangiza amakipe y’abana batarengeje imyaka umunani “Mini Handball”, bazajya bakina umukino wa handball.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball y’abagabo irakina umukino wa ½ cy’irangiza na Somalia mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013, mu marushanwa y’akarere ka gatanu akomeje kubera i Dar Es salaam muri Tanzania.
Ndayisenga Valens ukina umukino w’amagare mu ikipe ya Amis Sportif ndetse n’ikipe y’igihugu, yerekeje muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013, aho agiye gukorera imyitozo, no kongera inararibonye muri uwo mukino.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball y’abatarengeje imyaka 17, irakina umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika cy’ingimbi kirimo kubera muri Algeria kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013.
Akagari ka Buvungira ko mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke katsinze aka Ngoma ibitego 2-1 ubwo hatangizwaga amarushanwa y’Igikombe cyitiriwe Perezida Paul Kagame mu nzego z’ibanze ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke.
Rutahizamu Meddie Kagere wari umaze iminsi akina muri Tuniziya, yagarutse mu Rwanda ahita afata icyemezo cyo kwerekeza muri Police FC, mu gihe Rayon Sport ari yo yari imaze iminsi mu biganiro nawe ndetse igatangaza ko bamaze kumvikana.
Ku mukino wayo wa mbere mu mikino y’akarere ka gatanu ibera muri Tanzania, ikipe y’u Rwanda ya Basketball mu bagabo yatsinzwe na Misiri amanota 96 – 57, ku wa mbere tariki 21/01/2013.
Ubuyobozi bwa federation y’umukino wa Handball mu Rwanda buravuga ko bugiye kwifashisha uburyo bw’umukino wo mu muhanda “street handball” mu rwego rwo kumenyekanisha uyu mukino wa handball.
Police FC ni yo iri ku mwanya wa mbere by’agateganyo muri shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, nyuma yo gutsinda Espoir FC igitego 1-0 mu mukino w’ikirarane wabereye i Rusizi ku wa gatandatu tariki 19/01/2013.
Nathan Byukusenge ni we Munyarwanda warangije isiganwa ry’amagare Tropical Amissa Bongo’ ari ku mwanya wa bagufi, akaba yararangije ari ku mwanya wa 29 ku rutonde rusange ubwo ryasozwaga tariki 20/01/2013.
Mu rwego rwo gushyira imbere imikoranire myiza hagati ya Polisi ndetse n’abaturage, ku cyumweru tariki 20/01/2013, Abapolisi bakorera mu karere ka Rulindo bakinnye n’abamotari nabo bakorera muri aka karere batsindanwa igitego 1-1.
Intsinzi y’ibitego 3-0 Rayon sport yatsinze mukeba wayo Kiyovu Sport, yatumye yegukana igikombe cya ‘Football Rwanda Media Limited Cup’ (FRM cup) mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumeru tariki 20/01/2013.
Ikipe y’u Rwanda y’abagabo n’iy’abagore zikina Basketball, kuri uyu wa gatandatu tariki 19/01/2013 zerekeje i Dar es Salaam muri Tanzania mu mikino y’akarere ka gatanu, igamije no gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika.
Abari abayobozi bose b’ikipe ya AS Muhanga bamaze guhagarikwa burundu ku mirimo yabo, nyuma y’aho ikipe igaragarije umusaruro mucye mu mikino ya shampiyona ibanza. Kuri ubu iyo kipe irimo kuyoborwa na Komite y’inzibacyuho.
Umusifuzi w’umunyarwanda Felicien Kabanda aragira uruhare rukomeye mu mukino ufungura igikombe cya Afurika, uza guhuza Afurika y’Epfo yakiriye iyo mikino na Cape Verde kuri uyu wa gatandatu tariki 19/01/2013.
Ikipe ya Volleyball y’ingimbi z’u Rwanda yamaze kugera mu gihugu cya Algeria aho yagiye mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 izabera i Alger tariki 21-31/01/2013.
Nathan Byukusenge kapiteni w’ikipe y’u Rwanda iri mu isiganwa ry’amagare ‘Tropical Amissa Bongo’ ribera muri Gabon, akomeje kwigira imbere mu myanya ugereranyije n’uko yari yatangiye.
Abakinnyi ba Kiyovu Sport batunguwe n’inkuru y’uko uwari umutoza wabo Kayiranga Baptiste yeguye ka kazi ku wa kane tariki 17/01/2013, ubwo yari arangije kubakoresha imyitozo.