Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 izahangana na Ethiopia mu mukino wa kimwe cya kabiri cy’imikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi iri kubera muri Tanzania.
Kuri uyu wa Gatatu nibwo abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi batangiye kwitegura Côte d’Ivoire
Ubwo Umutoza w’Amavubi Mashami Vincent, yahamagaraga ikipe y’Igihugu yitegura umukino wa Cote d’Ivoire mu majonjora y’Igikombe cy’Afurika 2019, yahamagaye abakinnyi 32 n’abandi 40 b’abasimbura.
Igitego Eric Rutanga yatsinze Gor Mahia mu mpera z’iki cyumweru, CAF yagishyize mu bitego bitanu byiza bya CAF Confederation Cup byatsinzwe kuri iki cyumweru
Umutoza mushya w’Amavubi Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 32 bitegura umukino wo gushaka itike ya CAN 2019 na Cote d’Ivoire anerekana abo bazakorana mu myaka ibiri iri imbere.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho igiye gukina irushanwa rya Colorado Classic ritangira uyu munsi ahitwa Vail muri Colorado.
Mugisha Samuel yerekeje mu Bufaransa ajyanye n’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bagiye kwitabira irushanwa rya Tour de l’Avenir rifatwa nka Tour de France y’abatarengeje imyaka 23.
Nyuma yo kubura amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona, Mukura Victory Sports yihimuye kuri Rayon Sports yegukana igikombe cy’amahoro kuri penaliti 3-1.
Mugisha Samuel w’imyaka 20 yatwaye Tour du Rwanda 2018, nyuma yo gusoza etape ya 8 ku mwanya wa 8 asizwe amasegonda 6 na Azzedine Lagab wayitwaye i Nyamirambo.
David Lozano wabaye uwa 65 mu isiganwa rya Milan-San Remo muri Werurwe uyu mwaka, yatwaye etape ya 7 yasorejwe mu mujyi wa Kigali rwagati.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ikipe ya AS Kigali iri mu nzira zo guhagarikirwa inkunga yahabwaga n’Umujyi wa Kigali nyuma yo kudatanga umusaruro yari yitezweho.
Bereket Desalegn Temalew wo muri Ethiopia yegukanye etape ya 6 ya Tour du Rwanda yavaga Rubavu yerekeza mu Kinigi.
Nyuma yo gutsinda ikipe ya Sunrise bagasanga ikipe ya Mukura ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro, buri mukinnyi w’ikipe ya Rayon Sports yemerewe agahimbazamusyi ka 700,000Frw, nibaramuka begukanye iki gikombe.
Mu mukino wo kwishyura wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro Rayon ifashijwe na Sefu na Kevin itsinze Sunrise 2-0 isanga Mukura ku mukino wa nyuma.
Julian Hellmann yongeye guhesha ikipe ya Embrace the World intsinzi ubwo yatwaraga etape ya gatanu ya Tour du Rwanda muri sprint i Rubavu.
Ikipe ya Rayon Sports yafatiwe ibihano na CAF birimo ihazabu y’amafaranga n’ibihano byo gusiba imikino Nyafurika iri imbere ku bakinnyi bayo batatu ari bo Yannick Mukunzi ,Christ Mbondi n’Umuzamu Ndayisenga Quassim nyuma y’imirwano yakurikiye umukino wayihuje na USM ALGER.
Team embrace the World yongeye kubona intsinzi muri Tour du Rwanda 2018 binyuze ku Munyamerika Rugg Timothy watsindiye i Karongi kuri etape ya kane.
Umudage Helmann Julia ukinira Team Embrace the World yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kareshya na kilometero 199,7 akoresheje amasaha atanu, iminota 12 n’amasegonda 04.
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko rutozwa umukino wa Basketball, igikorwa kizwi nka “Giant of Africa” ko inzira imwe yo kuba igihangange ari ukubikorera.
Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimension Data yegukanye agace ka Kabiri k’isiganwa rya Tour du Rwanda kavaga mu Mujyi wa Kigali kerekeza mu Mujyi wa Huye.
Umunya Algeria Azzedine Lagab ukinira ikipe ya Groupement Sportif des Pétroliers yo muri Algeria yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda kakiniwe i Rwamagana.
Mu mikino ya FEASSSA biteganijwe ko izabera mu Rwanda guhera taliki ya 10 kugeza 20 Kanama 2018, Minisiteri y’Uburezi yahagurikiye ikibazo cy’amanyanga avugwa mu bigo by’Amashuri bitira abakinnyi ahandi.
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda FERWACY, ryamaze gushyira ahagaragara aho irushanwa rya Tour du Rwanda 2018 rizamara icyumweru rizanyura. Ubuyobozi bw’iri shyirahamwe burakangurira buri Munyarwanda kuzarikurikirana ari nako bashyigikira amakipe atatu ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa
Ikipe ya Rayon Sports na Kiyovu zamaze gutumizwa na Ferwafa ngo zisobanure ikibazo zagonganiyemo cya Ambulance.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kugera muri Algeria inahakorera imyitozo, aho yasanze USM Alger nayo yakajije imyitozo irimo n’iy’ingufu.
Taliki ya 04 Kanama , u Rwanda rurakira ibihangange mu mukino wa Triathlon mu mikino y’Igikombe cy’Afurika izabera mu karere ka Rubavu.
Ni umukino wa kabiri wa kamarampaka muri Basketball wabereye kuri Petit Stade i Remera aho REG yabonye intsinzi y’amanota 73-65.
Mu mikino isoza CECAFA y’abagore yaberaga mu Rwanda, Kenya yatsinze u Rwanda, Tanzania inyagira Ethiopia
Mu marushanwa Nyafurika y’Abatarengeje imyaka 18 ari kubera mu gihugu cya Algerie, Umunezero Jovia umukobwa umwe, wari uhagarariye u Rwanda mu cyiciro cyo kurwana (Kumite), abaye uwa kabiri yegukana umudari wa Feza (Argent).