Umutoza wa Rayon Sports umunya-Brazil Robertinho yemereye KT SPORTS ko ari mu biganiro n’ikipe ya Gormahia yo mu gihugu cya Kenya.
Geoffrey KONDOGBIA ukina hagati mu ikipe ya Valence yo muri Espagne, yavunikiye myitozo y’igihugu cye cya Centrafurika i Nyamirambo
Nyuma y’ibibazo byo kutumvikana hagati ya Rayon Sports na Kiyovu ku mukinnyi Kakule Mugheni Fabrice ku bwumvikane bw’Impande zombi , uyu mukinnyi yemerewe gukinira ikipe ya Rayon Sports mu mwaka w’imikino 2018/2019 atanzweho miliyoni 13Frw.
Abashinzwe gutegura isiganwa ry’amagare Tour du Rwanda bamaze gutangaza inzira za Tour du Rwanda 2019 izaba itandukanye n’izindi zose zabayeho.
Umukino w’igikombe kitiriwe kurwanya ruswa gitegurwa n’Urwego rw’Umuvunyi wari kuzahuza APR FC na Rayon Sports tariki 23 Ugushyingo 2018 wimuriwe ku itariki itaramenyekana nyuma y’ubusabe bwa APR FC.
Kuri Stade Umuganda Amavubi yanganyije na DR Congo ubusa ku busa, umukino waranzwe n’abafana benshi ba Congo kuruta u Rwanda
Ikipe y’Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, iguye miswi n’ikipe ya Repuburika iharanira demokarasi ya Congo, mu mukino ubanza wo guhatanira itike yo kwitabira igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23.
Mu Karere ka Rubavu abafana bitabiriye umukino uza guhuza ikipe y’Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bari gupimwa icyorezo cya Ebola kimaze iminsi cyaribasiye uduce tumwe na tumwe twa Congo.
Meddie Kagere na Djihad Bizimana bamaze kugera i Kigali aho bagomba gufatanya n’abandi kwitegura umukino uzahuza Amavubi na Centrafurika
Mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 17 rya Handball ryari rimaze iminsi ribera mu Rwanda, ryegukanywe na Gorillas Handball Club mu bahungu
Mu mukino wari witezwe na benshi mu ntangiriro za shampiyona y’umukino wa Volley Ball mu Rwanda, ikipe ya REG itsinze UTB ku maseti 3 kuri 1.
Ikipe ya APR Fc imaze gutombora Club Africain yo muri Tunisia, naho Mukura itombora Free State Stars yo muri Afurika y’Epfo.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Bugesera ibitego 3-0, mu mukino w’umunsi wa gatanu wa Shampiona wakiniwe kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Umutoza wa Centrafrika Raoul Savoy yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi 23 bagomba guhatana n’Amavubi, abakinnyi barimo Geoffrey Kondogbia wa Valence yo muri Espagne
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo Shampiona ya Volleyball mu Rwanda iza gutangira, ikazatangizwa n’ibirori bizaba birimo bamwe mu bahanzi bakomeye hano mu Rwanda
Ikipe ya APR FC ikuye intsinzi y’Ibitego 2-0 imbere ya Etincelles, mu gihe Mukura yanganyije na AS Kigali ubusa ku busa.
Kuri uyu wa kabiri taliki ya 05 Ugushyingo 2018 Mashami Vincent umutoza w’Ikipe y’igihugu yahamagaye abakinnyi 27 batagaragaramo amazina yari amaze igihe yiganza mu ikipe y’igihugu nka Captain Haruna Niyonzima na Migi bari mu bamaze gukina igihe kirekire mu Mavubi.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kugura bus nshya izajya itwara abakinnyi, ikazajya itwara abantu bagera kuri 53
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Gicumbi ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa kane wa Shampiona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mukura Victory Sports itsindiye Kiyovu ku Mumena igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona, APR nayo itsindira Marines i Rubavu.
Mu mukino usoza iy’umunsi wa gatatu wa Shampion, Rayon Sports itsinze Sunrise ibitego 2-1.
Mu gice cya kabiri cy’umukino, nta buryo bukomeye bwigeze buboneka ku mpande zombi, umukino urangira APR itsinze ibitego 2-0
Nyuma y’umukino Musanze yatsinzwemo na Muhanga, umutoza Ruremesha yanenze cyane Mukansanga Salma wari umusifuzi wo hagati muri uwo mukino.
Mu mikino y’umunsi wa gatatu wa Shampiona yabaye uyu munsi, Kiyovu, Muhanga na Police zegukanye amanota atatu, maze Kiyovu ihita iyobora urutonde rwa Shampiona
Myugariro wa Rayon Sports Mutsinzi Ange Jimmy, yongereye amasezerano y’amezi atatu mu ikipe ya Rayon Sports
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23, asanga kuba umukino w’Amavubi na Congo warashyizwe i Rubavu, ari amahirwe kuri Congo.
Irankunda Issiak bakunze kwita Bebeto ukinira ikipe ya Vision Jeunesse nouvelle yo mu Karere ka Rubavu, yegukanye imidali ibiri y’Ifeza mu isiganwa yitabiriye muri Thailand.
Patriots mu bagabo na IPRC y’Amajyepfo mu bagore ni zo zegukanye irushanwa ryiswe Legacy Tournament ryari rimaze iminsi ribera i Kigali
Umukino usoza Shampiyona y’abafite ubumuga ku rwego rw’igihugu yari igeze ku munsi wayo wa nyuma, yashoje Musanze inyagiye Gakenke ibitego 12-0.