Imikino y’igikombe cy’Intwari irakomeza kuri uyu wa kabiri hakinwa imikino y’umunsi wa kabiri aho amakipe abiri y’amakeba, APR na Rayon Sports, ari busubire mu kibuga arwanira amanota atatu mbere y’umukino karundura uzayahuza ku wa gatanu tariki 01 Gashyantare 2019.
Kuri uyu wa mbere abafana b’ikipe ya SAIF Sporting Club yo muri Bangladesh bakriye abakinnyi batatu barimo na Emery Bayisenge wamaze kuyinjiramo
Rutahizamu w’umunya-Brazil Jonathan Rafaël da Silva yamaze gusinya amasezerano y’amezi atandatu muri Rayon Sports
Mu irushanwa ryo kuzirikana intwari z’u Rwanda, ikipe za UTB mu bagabo no mu bagore ni zo zegukanye ibikombe kuri iki Cyumweru
Ku munsi wa mbere w’irushanwa ryo kuzirikana intwari z’u Rwanda, APR yatsinzwe na AS Kigali naho Rayon Sporta itsinda Etincelles
Rutahizamu wari umaze umwaka n’igice muri Rayon Sports, yamaze gutangaza ko yakinnye umukino we wa nyuma muri Rayon Sports
Muri Afurika biragoye kwemeza ko umuntu yarozwe cyangwa hakoreshejwe uburozi kugirango habeho ikintu runaka kuko usanga bigoye kubibonera ibimenyetso.
Mu mukino w’ikirarane waberaga kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, urangiye Police Fc itsinze Mukura ibitego 3-2.
Mu mukino wa Shampiona utari warabereye igihe ikipe ya Sunrise yihagazeho ku kibuga cyayo, itsinda APR FC ibitego 3-2 i Nyagatare
Mu gihe mu Rwanda hari gukinwa igikombe cy’Intwari mu mikino itandukanye, muri Handball ho bahisemo kujyana aya marushanwa mu karere ka Gicumbi, imikino izitabirwa n’amakipe y’abagabo ndetse n’abagore
Ubwo Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo, Ntagengwa John yasuraga Lions Karate Club, ikipe y’umukino wa Karate yo mu Mujyi wa Kigali, ikora imyitozo yayo ku Cyumweru, yabashimiye uburyo bishatsemo ibisubizo bakigurira ibikoresho nkenerwa mu mukino wabo badateze amaboko kuri leta.
Amakipe 11 ni yo yamaza kwiyandikisha guhatana mu irushanwa ryo kwizihiza umunsi mukuru w’intwari z’igihugu rizatangira tariki ya 25 Mutarama rigasozwa tariki ya 1 Gashyantare uyu mwaka.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 26/01 kugera tariki 01/02/2019, kuri Stade Amahoro haraba hakinwa igikombe cy’intwari mu mupira w’amaguru.
Ikipe y’ u Rwanda ikomeje kwitwara neza mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo rizenguruka igihugu cya Gabon aho Uwizeyimana Bonaventure arangije agace ka kabiri ari ku mwanya wa gatatu inyuma y’umutaliyani Bonifazio Niccolo wa Dirrect Energie n’igihangange Andre Greipel wa Arkéa Samsic.
Tuyishimire Placide, Umuyobozi wa Musanze FC, aravuga ko idafite gahunda yo kwirukana umutoza wayo n’ubwo ikipe igeze mu murongo utukura.
Emery Bayisenge uheruka gusezererwa mu ikipe ya USM Alger yo muri Algeria, agiye kwerekeza mu ikipe itozwa na Johnattan McKins
Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare itangiranye imbaraga mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo aho umukinnyi Didier Munyaneza yegukanye umwanya wa gatatu nyuma y’agace ka mbere katwawe n’umutaliyani Niccolo Bonifazio ukinira Direct Energie.
Muhire Kevin, umukinnyi wo hagati wari usanzwe ukinira ikipe ya Rayon Sports, yamaze gusinya mu ikipe ya Misr Lel Makasa yo mu Misiri.
Umusifuzi Ishimwe Jean Claude ari mu basifuzi 24 batoranyijwe bazasifura igkombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Niger
Emmanuel Imanishimwe uri hafi kwerekeza i Burayi, asanga Eric Rutanga ukinira Rayon Sports ari mu bakinnyi bamusimbura neza muri APR FC
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare kuri uyu wa mbere tariki 21 Mutarama 2019 iratangira gusiganwa mu irushanwa rizenguruka Gabon rizwi nka La Tropicale Amissa Bongo, irushanwa yegukanye umwaka ushize, ritwawe na Areruya Joseph.
Mu mukino we wa nyuma mu ikipe ya Rayon Sports, Yannick Mukunzi yayitsindiye igitego mbere y’uko yerekeza muri Sweden
Kuri Stade yayo, Mukura nubwo itsinze El Hilal igitego kimwe ku busa ntibashije gukabya inzozi zayo zo kugera mu cyiciro cy’amatsinda ya CAF confederation cup kuko isezerewe ku giteranyo cy’ibitego bitatu kuri kimwe (Aggr 3-1).
Abakinnyi b’isiganwa ry’amagare bitoreza mu kigo cya ‘Africa Rising Cycling Center’ mu Karere ka Musanze, bakirije Minisitiri w’Umuco na Siporo ibibazo, abizeza ubufasha bwo kubikemura.
Umukino w’ikirarane ikipe ya Sunrise igomba kwakiramo APR FC i Nyagatare wongeye guhindurirwa amatariki ku nshuro ya kabiri
Myugariro w’ikipe ya Rayon Sports Rwatubyaye Abdul, yerekeje i Burayi muri Macedonia gukora igeragezwa.
Rutahizamu w’ikipe ya APR FC Hakizimana Muhadjili, ntiyemeranya n’abavuga ko kuba ajya agaragara yasohokanye n’inshuti ari amakosa
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports buratangaza ko ubu bwamaze kubona amafaranga abemerera gukura imodoya yayo muri Magerwa, bagatangira kuyigendamo nk’iyabo
Icyizere cy’ikipe ya Mukura VS ihagarariye u Rwanda mu marushanwa ya CAF Confederation Cup cyo kugera kure muri ayo marushanwa cyaraye kigabanutse nyuma yo gutsindwa ibitego bitatu bya Al Hilal Omburman ku busa bwa Mukura.
Ikipe ya Israel Cycling Academy yo muri Israel yashyizwe mu makipe agomba guhatana mu irushanwa rya Tour du Rwanda uyu mwaka ikaba ije guhatana muri iri siganwa ku nshuro ya kabiri nyuma yo kuryitabira muri 2016.