Gicumbi FC ifite amahirwe yo kuzamuka mu makipe ane arimo Pepiniere FC, Miroplast na SORWATHE FC, azahura kugira ngo yishakemo izasimbura Intare CF yamaze kwikura muri shampiyona.
Rayon Sports inganyije na Enyimba yo muri Nigeria 0-0, mu mukino ubanza wa 1/4 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu myaka mike ishize mu Rwanda hamaze kwaduka imikino myinshi yose iganisha ku myidagaduro, ariko muri yose ntayo irimo kwigarurira imitima y’Abanyarwanda nk’umukino wa moto ziguruka uzwi nka "Endurocross".
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzacyaha (RIB) cyataye muri yombi abayobozi babiri ba FERWAFA barimo Umunyamabanga mukuru wayo Uwayezu Francois Regis n’umuyobozi ushinzwe amarushanwa Eric Ruhamiriza.
Myugariro wakiniraga AS Kigali Iradukunda Eric uzwi nka Radu, yamaze kwerekeza muri Rayon Sports.
Impuguke eshatu zo mu Buyapani zifite ubunararibonye mu mukino wa Karate, ziteganijwe mu Rwanda kuva ku itariki ya 20 kugeza ku ya 24 Nzeli 2018, aho zizaba zije kurushaho kuzamura ireme ry’uwo mukino mu Banyarwanda ndetse no kubazamura mu Ntera.
Nyuma y’iminsi yari amaze akina yararangije amasezerano, Manishimwe Djabel yamaze kumvikana na Rayon Sports ngo akomeze kuyikinira
Amavubi atsinzwe umukino wa kabiri mu gushaka itike ya CAN 2019, aho atsinzwe ibitego 2-1 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu nama y’inteko rusange ya FERWAFA yateranye kuri uyu wa Gatandatu, yemeje ko ikipe ya Nyagatare Fc ihagarikwa imyaka ibiri idakina Shampiona.
Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa gatanu, Umutoza w’ikipe y’Igihugu Amavubi Mashami Vincent yahaye Abanyarwanda icyizere cyo kuzatsinda inzovu za Cote d’Ivoire.
Rutahizamu w’Amavubi na APR Fc Sugira Ernest, aratangaza ko nyuma yo kuva mu mvune ashaka kwerekana ko ari rutahizamu wari warabuze muri iyi minsi yari yaravunitse
Etame Mayer Lauren wahoze akinira ikipe ya Arsenal, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri, yakirwa mu buryo budasanzwe n’abafana ba Arsenal mu Rwanda.
Eric Bertrand Bailly ukinira ikipe ya Manchester United na Côte d’Ivoire yageze i Kigali aho aje gukina n’Amavubi
Etame Mayer Lauren utegerejwe mu ruzinduko mu Rwanda ku munsi w’Ejo, Aho yoherejwe na Arsenal mu gikorwa cyo Kwita Izina , ni umwe mu babaye muri ruhago bafite ubuzima bwihariye aho avukana n’Abana 21.
Muri Tombola yabaye uyu munsi i Cairo mu Misiri, Rayon Sports ihagarariye u Rwanda itomboye Enyimba Fc yo mu gihugu cya Nigeria
Mu marushanwa Nyafurika y’ingimbi ndetse n’abakuru (Junior & senior) yaberaga mu Rwanda, Ndutiye Shyaka Maic Umunyarwanda wakinnye mu batarengeje ibiro 53, yatsinze umunya Misiri ku mukino wa Nyuma, ahita yegukana umudari wa Zahabu.
Amakipe ya banki ya Kigali (BK) muri Volleyball, Basketball n’Umupira w’Amaguru yegukanye ibikombe mu marushanwa ahuza banki zo mu Rwanda.
Manishimwe Djabel ukinira Rayon Sports, aratangaza ko kugeza ubu abona Rayon Sports airo kipe abona ikomeye mu Rwanda, ari nayo yifuza gukinira kugeza ubu
Mu mukino wo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroun umwaka utaha, Amavubi na Cote d’Ivoire bazasifurirwa n’abasifuzi bo muri Namibia
Umutoza Ibrahim Camara utoza Côte d’Ivoire yahamagaye urutonde rw’abakinnyi 23 bagomba gutegura umukino bazahuriramo n’u Rwanda ariko ntibarimo Gervinho,Yaya Toure na Winfred Zaha.
Ikipe ya Rayon Sports yaraye itsinze Yanga Africans yo muri Tanzania igitego 1-0, byayihesheje itike yo gukina 1/4 cy’irushanwa rya Confederation Cup.
Ikipe ya Rayon Sports itsindiye ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania igitego 1-0, biyihesha amahirwe yo kugera muri 1/4 cy’irushanwa rya Confederation Cup.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 29 Kanama 2018, Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne yakiriye Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Karate ku isi Antonio Espinos.
Ku mukino uzahuza Rayon Sports na Yanga, Rwatubyaye Abdul niwe yagizwe kapiteni wa Rayon Sports
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ikaba yahageze ku masaha atunguranye ugereranije n’amasaha yari yatangajwe mbere
Bwa mbere mu mateka, ibihugu birenga 20 byo muri Afurika bigiye kwitabira irushanwa ry’Afurika rizabera mu Rwanda guhera ku wa Kabiri tariki ya 28 Kanama 2018.
Bugesera Fc yasinye amasezerano y’ubufatanye na Sosiyete ya Safe Gas, ikazayiha Milioni 180 Frws mu myaka itanu.
Seninga Innocent wari usanzwe atoza Musanze Fc, yagizwe umutoza mushya wa Bugesera Fc mu gihe cy’umwaka umwe.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 muri basketball yatsinze ikipe ya Tunisia amanota 62 kuri 58 mu marushanwa nyafurika y’ingimbi ari kubera muri Mali.
U Rwanda rwegukanye intsinzi ikomeye imbere ya Algeriya mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18.