Umukino w’umunsi wa karindwi wa Shampiona wagombaga guhuza Sunrise na APR Fc kuri uyu wa Gatandatu wamaze gusubikwa
Ikipe ya Mukura ibonye itike ya 1/16 cya CAF Confederation Cup, nyuma yo gutsinda Free State Stars igitego 1-0
APR FC itsinzwe na Club Africain yo muri Tunisia 3-1 mu mukino ubanza w’amajonjora ya Champions League ihita isezererwa muri aya marushanwa.
Hakizimana Theogene wahoze asabiriza mu mujyi wa Gisenyi (ubu wabaye Rubavu) kubera ubumuga bw’amaguru, ubu niwe userukira igihugu mu mahanga kubera umukino wo guterura ibiremereye.
Kuri Stade Umuganda i Rubavu, ikipe ya Cleveland Ambassadors yatsinze Amavubi y’abagore igitego 1-0
Luka Modric ukinirira Real Madrid, atwaye iki gikombe akuraho agahigo ka Christiano Ronaldo na Lionel Messi bakomeje kukiharira bagisimburanwaho kuva mu 2008.
Rutahizamu wa Rayon Sports Bimenyimana Bonfils Caleb yahagaritswe imikino ine nyuma yo gukubita umufana wa Sunrise
Tariki ya mbere Werurwa 2015, nibwo ikipe ya KBC (Kigali Basketball Club) yakoraga impanuka, ubwo yari igeze mu karere ka Kamonyi yerekeza mu majyepfo, gukina umunsi wa 8 wa shampiyona, ihitana umwe abandi bagakomereka.
Mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiona, Rayon Sports itsinzwe na Kiyovu ibitego 2-1, umukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Gasore Hategeka ukinira Nyabihu Cycling Cup atwaye isiganwa ’Race for Culture’ ryatangiriye i Nyanza risorezwa i Rwamagana rinyuze mu mujyi wa Kigali.
Jonathan Rafaël da Silva wari utegerejwe na Rayon Sports amaze kugera i Kigali aho aje gukinira Rayon Sports
Ikipe ya APR FC irerekeza muri Tunisia aho igomba gukina umukino wo kwishyura na Club Africain yo muri Tunisia, aho ihagurukanye abakinnyi 18 bazifashishwa mu mukino uzaba ku wa kabiri tariki 04/12/2018
Kuri uyu wa Gatanu ni bwo shampiyona ya Baskteball yatangiye hakinwa imikino ibiri aho kuri Stade Amahoro Patriots yanyagiye IPRC-Kigali naho Espoir itsinda UGB 93-60.
Kakule Mugheni Fabrice uheruka kugurwa na Rayon Sports, yamaze guhabwa ibyangombwa bimwemerera gukinira Rayon Sports
Abatoza, abakinnyi n’abafana ba Kiyovu Sports bihaye intego yo kwihimura kuri Rayon Sports imaze imyaka myinshi ibatsinda
Ikipe y’amagare Benediction Club y’i Rubavu yamaze kwemerwa n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) nk’ikipe iri mu cyiciro cya cya gatatu kizwi nka Continental.
Mu mikino y’umunsi wa Gatandatu wa Shampiona, AS Kigali yongeye gutsindwa, Bugesera ibona intsinzi ku munota wa nyuma
Umukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiona wagombaga guhuza APR Fc na MUKURA kuri uyu wa Gatandatu wamaze gusubikwa
Mu mukino wabereye ku kibuga cya Bidvets University,ikipe ya Mukura inganyije na Free State Stars 0-0.
Kuri uyu wa gatandatu amarushanwa ya Cycling Cup arakomeza hakinwa isiganwa rya Race for Culture mu muhanda Nyanza-Rwamagana.
Mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, urangiye APR inganyije na Club Africain
Kuri uyu wa Kabiri ikipe ya Club Africain yo muri Tunisia yakoze imyitozo ya nyuma kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, itangaza ko yizeye gusezera APR FC.
Ikipe ya Mukura Victory Sports yakoze imyitozo ya nyuma, aho icyizere ari cyose cyo kwitwara neza imbere ya Free State Stars
Ikipe ya APR Fc iratangira CAF Champions League kuri uyu wa Gatatu, aho itangiranye intego zo kurenga aho Rayon Sports yageze.
Igare ryageze mu Rwanda rizanwe n’abakoloni, rikomeza kuba igikoresho cyoroshya ingendo n’Ubuhahirane mu Rwanda. Ryaje gushibukaho umukino uri muyo Abanyarwanda bakunda cyane, batangira kuwukina kugeza mu 1984 ubwo habaga irushanwa rya Ascension de Milles Collines ryitabiriwe n’urungano rwa mbere rw’uyu mukino mu Rwanda.
Abashinzwe gutegura irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo, batangaje urutonde rw’abakinnyi 15 bazatoranywamo umukinnyi w’umwaka mu mukino w’amagare
Mu mpera z’iki cyumweru u Rwanda rurakira irushanwa mpuzamahanga rya Tennis, rikazahuza ibihugu icyenda byo muri Afurika y’i Burasirazuba no hagati mu bakinnyi batarengeje imyaka 18
Banki ya Kigali yatanze inkunga ya Miliyoni 300Frw azafasha umukino wa Basketball mu Rwanda ku bakuru n’abato.
Ndayishimiye Eric Bakame wahoze ari captain w’ikipe ya Rayon Sports n’Amavubi yasinye amasezerano y’imyaka ibiri n’ikipe ya AFC Leopard yo muri Kenya.
kapiteni wa APR Fc aratangaza ko abakinnyi ayoboye biteguye gukora ibishoboka byose bagatsinda Club Africain ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha