Mu gihe habura ukwezi kumwe gusa ngo imikino yo guhatanira itike ya CAN 2021 isubukurwe, ibihugu biri mu itsinda rimwe n’u Rwanda bikomeje imyitozo irimo n’imikino ya gicuti
Kuva ku cyumweru tariki ya 18 Ukwakira 2020 kugeza tariki 24 Ukwakira 2020, muri Kigali hazabera imikino ya nyuma ya shampiyona ya Basketball. Ni imikino izaba amakipe yose acumbikiwe hamwe mu rwego rwo kuyarinda icyorezo cya C0VID-19.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda rimaze gutangaza ingengabihe nshya mu mpira w’amaguru, aho shampiyona y’icyiciro cya mbere izatangirana n’Ukuboza.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Portugal ndetse na Juventus yo mu Butaliyani, byemejwe ko yanduye icyorezo cya Coronavirus gikomeje kwibasira isi.
Mukura Victory Sports ikomeje inzira y’ibiganiro n’uruganda rwa MASITA rw’ahitwa Sittard mu Buholandi ruzwiho gukora imyenda ya siporo ndetse n’ibindi bikoresho bikoreshwa mu mikino itandukanye.
Ikipe ya Gasogi United igiye kwiyongera ku yandi makipe yamaze gutangira umwiherero, aho iwujyanye mo intego nshya nyuma yo gusinyisha abakinnyi bashya barenga icumi
Umuyobozi wa komite y’inzibacyuho wa Rayon Sports Murenzi Abdallah yavuze ku bakinnyi bashya ikipe ya Rayon Sports itegereje muri iki cyumweru, ndetse n’ikibazo cy’umunyezamu Kwizera Olivier.
Umuyobozi wa Komite Olempike y’u Rwanda Ambasaderi Munyabagisha Valens, avuga ko umwuka mubi uri mu banyamuryango b’urwego ayobora nukomeza uko kuzamuka atazongera kwiyamamariza kuyobora uru rwego muri manda itaha.
Mu Karere ka Musanze hatangijwe ikipe yo gusiganwa ku magare yitwa Musanze Cycling Club (MCC), aho yitezweho kuzamura impano z’urubyiruko no kurufasha gukora uwo mukino kinyamwuga, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umukino w’amagare muri ako gace.
Rutahizamu w’ikipe ya APR FC Jacques Tuyisenge yemerewe na mugenzi we Nizeyimana Djuma ko agomba kumuha nimero 9 asanzwe yambara mu ikipe y’igihugu we akambara nimero 7.
Umutoza w’umunya-Brazil Roberto Oliveira Goncalves de Carmo uzwi nka Robertinho wotoje Rayon Sports akayigeza mu cyiciro cy’amatsinda ya CAF Confederation cup yamaze kwerekeza mu ikipe ya Gormahia.
Ikipe ya Tout Puissant Mazembe yo muri Republika iharanira Demokarasi ya Congo yatije Rayon Sports abakinnyi babiri izakoresha mu gihe cy’umwaka umwe
Banki y’abaturage mu Rwanda yateye inkunga ishyirahamwe ry’imikino y’abafite ubumuga bwo mu mutwe, inkunga y’ibikoresho byo kwirinda icyorezo cya Coronavirus
Ikipe ya Mukura Victory Sports iherutse gutakaza Bashunga Abouba yaherukaga gusinyisha, yamaze kumusimbuza umunyezamu Nzeyurwanda Djihad wakiniraga Kiyovu Sports
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent yasibanuye impamvu abakinnyi b’ikipe ya APR FC bazajya mu mwiherero w’Amavubi nyuma y’abandi.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi b’Amavubi bagomba gutangira imyitozo yo kwitegura imikino ibiri bafite na Cap Vert mu kwezi gutaha
Mu batoza batatu bashakaga akazi ko gutoza Mukura VS, ubuyobozi bwemeje ko umutoza Bahloul Djilali ari we uzatoza iyi kipe mu myaka ibiri iri imbere, anasabwa kwegukana igikombe kizatuma yongera gusohoka.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Burayi (UEFA) ritegura, rikanayobora imikino ya UEFA Champions League na UEFA Europa League, The Football Association Premier League Limited itegura ikanayobora imikino ya English Premier League, hamwe na Canal + International, umufatanyabikorwa wemewe mu gusakaza amashusho y’iyo mikino (…)
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gushyira ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 24 izakoresha mu mwaka w’imikino 2020/2021, rugaragaraho Bashunga ABouba waherukaga gusinyira Mukura VS
Mu myitozo ya kabiri y’ikipe ya APR FC, abayobozi bakuru b’ingabo basuye iyi kipe i Shyorongi baganira ku mwaka w’imikino wa 2020/2021 ugiye gutangira.
Ku munsi wa nyuma w’igura n’igurisha ry’abakinnyi, Edinson Cavani na Thomas Partey ni bamwe mu bavuzwe cyane, mu gihe Chelsea ari yo yatanze amafaranga menshi ku isoko.
Abakinnyi, abatoza ndetse n’abakozi ba AS Kigali, bapimwe icyorezo cya Coronavirus mbere y’uko bazatangira imyitozo kuri uyu wa Gatatu.
Abakinnyi b’ikipe ya APR FC barimo n’abongewemo uyu mwaka, bakoze imyitozo ya mbere itegura umwaka w’imikino 2020/2021, ibera ku kibuga cy’I Shyorongi.
Nyuma y’umunsi umwe hashyizweho itsinda ry’abatoza bazatoza Kiyovu Sports mu gihe cy’imyaka ibiri, abagize iyi kipe berekeje mu mwiherero wo gutegura umwaka utaha w’imikino.
Ubuyobozi bw’inzibacyuho muri Rayon Sports bukomeje guhura n’abakunzi ba Rayon Sports batandukanye, mu rwego rwo gukusanya ubushobozi bwo kubaka ikipe.
Ikipe ya Kiyovu Sports itsinda ry’abatoza bazakorana na Karekezi Olivier, barimo Ndizeye Aime Dezire Ndanda bahoze bakinana muri APR FC
Minisiteri ya Siporo yamaze guha uburengazira amakipe ya APR FC na AS Kigali ngo batangire imyitozo, aho aya makipe azaba yitegura amarushanwa nyafurika.
Muri tombola y’amatsinda ya Champions League yabaye kuri uyu wa Kane, Barcelona ya Lionnel Messi na Juventus ya Cristiano Ronaldo bisanze mu itsinda rimwe
Amezi abaye arindwi abakunzi b’imikino batemerewe guhurira hamwe ngo bishime nk’ibisanzwe, ibi bikaba byaratewe n’icyorezo cya Coronavirus cyatumye ibikorwa bihuza abantu benshi bihagarara.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, abafana b’ikipe ya Rayon Sports bakusanyije Miliyoni 13 Frws zo gufasha ikipe kongera kwiyubaka