Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iherereye mu gihugu cya Cap-Vert, aho igomba gukina umukino wo gushaka itike ya CAN 2021, umukino utegerejwe ku munsi w’ejo.
Umutoza Robertinho usigaye atoza Gor Mahia yo muri Kenya, aratangaza ko nyuma yo gutombora APR FC yabonye ubutumwa bwinshi bw’abarayons bamubwira ko bazamushyigikira
Ikipe ya REG VC yasinyishije umukinnyi wa kabiri ari we Sibomana Jean Paul amasezerano y’imyaka ibiri nyuma yo gusoza amasezerano y’imyaka itatu muri UTB VC.
Imikino ya Basketball Africa League (BAL) yari kuzabera mu Rwanda mu kwezi k’Ukuboza 2020 yamaze gusubikwa, ikazakinwa mu mwaka utaha wa 2021 itariki ikazamenyekana nyuma.
Ikipe ya APR FC yamaze kumenya ikipe bazahura mu marushanwa ya CAF Champions League, aho izahura na Gro Mahia yo muri Kenya
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yerekeje i Praia muri Cap-Vert mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika izaba mu mwaka wa 2022 muri Cameroun
Mu mukino wa mbere wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yatsinze Alpha FC igitego 1-0 mu mukino wabereye ku kibuga cy’imyitozo cyo mu Nzove.
Rutahizamu Aboubacar Lawal wari umaze iminsi akora igeragezwa mu ikipe ya AS Kigali yamaze kuyisinyira amasezerano y’imyaka ibiri nyuma yo gushimwa n’umutoza.
Mu barwayi 12 ba Coronavirus baraye bagaragaye mu karere ka Nyamagabe, harimo abakinnyi 11 b’Amagaju iri kwitegura imikino ya Playoffs
Umutoza w’ikipe ya AS Kigali Eric Nshimiyimana nyuma yo gutsinda Interforce yavuze uko abona Kwizera Pierrot ndetse na rutahizamu mushya bakuye muri Nigeria
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent yasobanuye impamvu rutahizamu Sugira Ernest atakomeje imyitozo mu ikipe y’igihugu, ahubwo akagaragara muri Rayon Sports.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Basketball, Vladmir Bosniack, yahamagaye abakinnyi 19 bagomba gutangira umwiherero wo kwitegura ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera mu Rwanda mu mwaka wa 2021.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryasinyanye na RBA amasezerano y’imyaka itatu, yo kwerekana amarushanwa ategurirwa mu Rwanda.
Nzayisenga Charlotte na Cyuzuzo Yvette bakinira ikipe ya UTB n’ikipe y’igihugu y’abagore ya Volleyball barasaba abantu guhindura imyumvire ivuga ko abakinnyi b’abagore bakora imyitozo myinshi bashobora gutakaza uburanga bikanabagiraho ingaruka zo kubura abo barushingana.
Mu ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje gukora imyitozo, abakinnyi batatu basezerewe mu gihe haheruka kwinjiramo aba APR FC ndetse n’abakina hanze
Abakinnyi ba Rayon Sports bari bamaze amaezi asaga umunani badakina basubukuye imyitozo, ku kibuga basanzwe bakoreraho mu Nzove
Mu gihe amasezerano y’umunyamerika Magnell Sterling wari usanzwe atoza Team Rwanda arimo agera ku musozo, ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (Ferwacy) mu gihe rikomeje ibiganiro na we ryabaye rishyizeho umutoza w’agateganyo Sempoma Félix.
Ikipe ya Volleyball Sosiyete Nyarwanda ishinzwe Ingufu (REG) REG VC, imaze gusinyisha umukinnyi Dusengimana Wyclif amasezerano y’imyaka ibiri. Uyu musore wakiniraga ikipe yo mu gihugu cya Misiri ya Canal Sports Club.
Nyuma y’ibyumweru bitatu Amavubi atangiye imyitozo, abakinnyi b’ikipe ya APR FC nabo basanze abandi mu mwiherero, aho bagomba no guhita batangira imyitozo
Ikipe ya APR VC y’abagabo yegukanye igikombe cya shampiyona nyuma y’imyaka itandatu itagitwara, nyuma yo gutsinda UTB VC y’abagabo amaseti atatu kuri abiri, naho UTB VC mu bagore yakinaga umwaka wayo wa kabiri yisubiza igikombe nyuma yo gutsinda APR W VC amaseti atatu kuri mwe.
Mu muhango wo guhererekanya ububasha muri Rayon Sports, hagarutswe ku biganiro n’abaterankunga ndetse n’ibikombe Rayon Sports imaze gukusanya kugeza ubu.
Amakipe ya APR VC na UTB VC arahurira ku mikino ya nyuma ya shampiyona ya Volleyball mu Rwanda haba mu bagabo no mu bagabo.
Perezida mushya wa Rayon Sports Uwayezu Jean Fidele, yahumurije abakunzi b’iyi kipe ko ibibazo byari muri iyi kipe bishyizweho akadomo, ko bagiye kongera kubona ibyishimo mu minsi iri imbere.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda, isomer rikuru rya Kigali ndetse n’ikigo cya CSR basinyanye amasezerano y’imikoranire
Myugariro w’umunyarwanda Salomon Nirisarike n’abandi bakinnyi batanu bakinana banduye Coronavirus, bikazatuma atitabira imikino y’Amavubi.
Imvura yaguye ku wa Kane tariki ya 29 Ukwakira 2020 mu Mujyi wa Kigali yarogoye umukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona ya Volleyball wahuzaga ikipe ya REG VC n’ikipe ya APR VC.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2020, umukinnyi wo hagati ufasha abataha izamu wa APR FC Ishimwe Kevin yahagaritswe by’agateganyo n’ubuyobozi bwa APR FC azira gusuzugura umutoza we.
Amakipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 na 20 yamenye amatsinda azaba aherereyemo mu mikino ya CECAFA izanashakirwamo itike y’igikombe cya Afurika.
Ikipe y’igihugu ya Mozambique bita Inzoka z’Imbarabara (Os Mambas) ifite imikino ibiri izahuriramo na Cameroun mu itsinda rya Gatandatu mu gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika.
Bamwe mu bakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda AMavubi bakina hanze y’u Rwanda, baratangira kuhagera kuri uyu munsi, mu gihe Kevin Monnet-Paquet we ibye bitaramenyekana