Umunya-Ghana Michael Sarpong kugeza ubu udafite ikipe, yakoze ibirori byo kwizihiza isabukuru y’umukunzi we bivugwa ko bari hafi kurushinga
Umutoza mushya wa Kiyovu Sports Karekezi Olivier, yatangaje ko yagiranye ibiganiro na rutahizamu Michael Sarpong ngo abe yakwerekeza muri Kiyovu Sports
Umuzamu wa APR FC, Ntwali Fiacre uri mu bazamu bahabwa amahirwe na benshi yo kwigaragaza mu bihe biri imbere, yatijwe Ikipe ya Marines FC isanzwe ifitanye umubano wo guhana abakinnyi na APR FC, kugira ngo abone umwanya uhagije wo gukina.
Umunya-Argentine Pablo Morchón w’imyaka 42, yageze I Kigali tariki 14/08/2020 aje kungiriza Mohammed Adil, akaba asimbuye Nabyl Bekraoui uheruka gutandukana n’iyi kipe
Mu mukino ikipe ya Bayern yaraye inyagiyemo FC Barcelona ibitego 8-2, wabaye umukino wanditswemo andi mateka muri Champions League
Umukinnyi Mugiraneza Jean Baptiste uheruka gutangaza ko asezeye umupira w’amaguru, ni umwe mu bakinnyi bari bamaze igihe kinini bakinira ikipe y’igihugu Amavubi
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryasinyanye amasezerano y’imyaka itanu ashobora kongerwa n’ikigo PMG (Premier Management Group) kizajya gicuruza amatike mu buryo bw’ikoranabuhanga Ku mikino yose ya Basketball n’amarushanwa ategurwa n’iri shyirahamwe.
Umukinnyi Yumba Kaite wari waratandukanye n’Amagaju yamaze kwemeza ko agiye gusubira gukinira iyi kipe akayifasha kongera kuzamuka mu cyiciro cya mbere.
Ikipe ya Gasogi United yatangaje ko yamaze gusinyisha rutahizamu ukomoka I Burundi, uyu KNC akaba yaramuhimbye Intare y’Akanwa Rwabwiga
Umukinnyi wo mu kibuga hagati Mugiraneza Jean Baptiste yatangaje ko nta mukino azongera gukinira ikipe y’igihugu Amavubi nyuma y’imyaka ayikinira
Akarere ka Musanze kagabanyije inkunga kagenera iyi kipe mu nama yabaye ku wa 11 Kanama 2020 aho abari bayirimo banzuye ko Akarere kazaha iyi kipe miliyoni 85 z’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2020/2021 mu gihe mu mwaka ushize kari kayigeneye miliyoni 90.
Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare ku isi ryatangaje ko shampiyona y’isi y’amagare yari kuzabera mu Busuwisi isubitswe.
Eric Rutanga wahoze ari Kapiteni wa Rayon Sports, ibye byo kujya muri Young Africans yo muri Tanzania byarapfuye, ubu yiteguye gukinira Police Fc mu mwaka utaha w’imikino
Perezida wa Rayon Sports Munyakazi Sadate, yatangaje ko yakuyeho inzego zose zishamikiye ku muryango wa Rayon Sports
Umunyarwanda Mugisha Samuel ukina umukino w’igare nk’uwabigize umwuga, aratangaza ko icyumweru cya mbere amaze mu Bufaransa cyamaze kumuha ishusho y’intego afite imbere.
Ikipe ya Bakambwe Sport Club, yo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, yavutse mu mwaka wa 2007, ubu ikaba ifite abanyamuryango 36, yakira abantu bose bifuza gukora siporo no gusabana, kugeza ku barengeje imyaka 70 y’amavuko.
Mbere y’imikino ya ¼ cya Champions League igomba kubera I Lisbonne muri Portugal, abakinnyi babiri ba Atletico Madrid basanzwemo Coronavirus.
Bamwe mu banyamuryango b’ikipe ya Rayon Sports bandikiye Perezida wa Rayon Sports Munyakazi Sadate bamusaba gutumiza inama y’inteko rusange idasanzwe
Hakizimana Muhadjiri yaraye yiyongereye ku rutonde rw’abakinnyi bateye umugongo Rayon Sports nyuma y’aho uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga wari umaze amezi aganira na Rayon kugera n’aho ayemereye kuyikinira,yaraye asinye amasezerano y’umwaka umwe muri AS Kigali.
Umukinnyi Hakizimana Muhadjiri wari umaze iminsi bivugwa ko ari uwa Rayon Sports yerekeje mu ikipe ya AS Kigali.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda rimaze gutangaza igihe amarushanwa yose azatangirira mu mwaka w’imikino 2020/2021.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze kumenyesha amakipe ya Gicumbi na Heroes ko icyemezo cyafashwe cyo kumanuka mu cyicoro cya kabiri kidahinduka
Amakipe hafi ya yose akomeye i Burayi yamaze gutangaza imyambaro azakinana mu mwaka w’imikino wa 2020/2021.
Abatoza n’abakinnyi ba APR FC bihaye intego zo kwitwara neza ku ruhando mpuzamahanga, mu nama yabahuje n’abayobozi bakuru b’iyi kipe.
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yamaze gusezerera abakinnyi 14 barimo umunyarwanda Patrick Sibomana
Nyuma yo gukomoera imwe mu mikino yo mu Rwanda ngo yongere gukora imyitozo, umukino wa Cricket ni umwe basubukura imyitozo inategura amarushanwa mpuzamahanga
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yegukanye igikombe cy’igihugu kizwi nka FA Cup, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifatanya n’abandi bakunzi bayo kwishimira intsinzi.
Abakinnyi 12 b’Ikipe y’Igihugu y’umukino wa Chess bitabiriye irushanwa rya Olempike ry’uyu mukino, uri kuba hifashishijwe ikoranabuhanga. Ni imikino yatangiye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Kamena 2020 muri Saint Famille mu Mujyi wa Kigali, aho abitabiriye bari gukinira kuri Internet.
Mu Karere ka Bugesera, hari abavuga ko igare ari umuco, bitewe n’uko usanga rikoreshwa n’abagabo ndetse n’abagore mu mirimo yabo ya buri munsi nko mu bwikorezi ku bantu bakivoma amazi kure y’aho batuye cyangwa se abarema amasoko ya kure, abenshi bakoresha amagare.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze kwemeza ko AS Kigali ari yo izasohokana na APR FC mu marushanwa nyafurika.