Rwanda Online yakoze urubuga ushobora kwiyandikishirizaho ugakorera perimi

Ikigo cy’ikoranabuhanga kitwa Rwanda Online, cyafashije Polisi y’igihugu ishami ribungabunga umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), korohereza abaturage uburyo bwo kwiyandikisha bashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga zaba iz’agateganyo cyangwa se iza burundu, babicishije ku rubuga Rwanda Online yakoze rwitwa www.irembo.gov.rw.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu/ Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, Supertendent JMV Ndushabandi, kuri uyu wa 14 Kanama 2015, ubwo bahuguraga abayobozi b’amashuri yigisha ibijyanye n’amategeko y’imihanda baturutse mu Rwanda hose, ku buryo bazajya bifashisha uru rubuga bandikisha abanyeshuri babo kugira ngo bazakore ibizami by’impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Superintendent JMV Ndushabandi asobanurira avuga ko urubuga www.irembo.gov.rw ruzafasha abashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga kwiyandikisha ku buryo bworoshye, bwizewe kandi buhendutse.
Superintendent JMV Ndushabandi asobanurira avuga ko urubuga www.irembo.gov.rw ruzafasha abashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga kwiyandikisha ku buryo bworoshye, bwizewe kandi buhendutse.

Spt. Ndushabandi yatangaje ko, urubuga www.irembo.gov.rw , abazajya barwifashisha biyandikisha bakoresha mudasobwa cyangwa se terefone zigendanwa zabo, bizajya biborohera kuruta uko babikoraga mbere, kuko uburyo bwari busanzwe abantu biyandikishagaho kuri za terefone zigendanwa ngo bacibwaga amafaranga 65 ku butumwa bugufi, ariko ubu bikazajya biba ari ubuntu.

Yagize ati “Abiyandikishaga bakoresheje ubutumwa bugufi kuri terefone zigendanwa bishyuraga amafaranga 65 ku butumwa kandi hakaba harakundaga kugaragara amakosa mu myirondoro yabo ugasanga ukwiyandikisha kwabo ntikwakiriwe, wakongeraho ubwinshi bwabo mu ishuri bigamo ugasanga birahenda abayobozi b’amashuri”.

Yakomeje avuga ko gukoresha uru rubuga, bitazakuraho amafaranga 5000Fr yatangagwa yo kwemererwa gukora ibizami, ahubwo bizakuraho ibyo bibazo bya hato na hato byavukaga mu gukoresha uburyo bwari busanzwe kandi bikazahendukira buri wese ukeneye iyi serivise, ayihabwa ku buryo bworoshye, bunoze kandi bwizewe.

Abahagarariye amashuri yigisha amategeko y'umuhanda baturutse mu Rwanda hose basobanurirwa uko bazajya bandikisha abanyeshuri babo.
Abahagarariye amashuri yigisha amategeko y’umuhanda baturutse mu Rwanda hose basobanurirwa uko bazajya bandikisha abanyeshuri babo.

Byashimangiwe na Habinshuti Jean Paul, umwe mu bayobozi b’amashuri yigisha amategeko y’imihanda, watangaje ko uru rubuga ruzabafasha gukuraho umubare w’amafaranga batangaga ku banyeshuri bigishije babandikisha, ndetse binakureho igihombo bagiraga.

Rwanda Online si iyo serivise itanga yonyine kuko ni ikigo cy’ikoranabuhanga gikorana na Leta mu guhuza serivise zose za Leta zikunda gukenerwa n’abaturage. Kugeza ubu kuri urwo rubuga ukaba ushobora gusangaho n’izindi serivise zirimo gusaba icyemezo cy’amavuko, icyangobwa cyerekana ko umuntu yakatiwe cyangwa atakatiwe, ndetse n’imenyesha ry’umusoro w’ipatante.

Mu myaka itatu iki kigo kikaba giteganya kuzaba gitanga serivise zigera ku 100 zikenerwa n’abaturage, bakazajya bazibona ku buryo bworoshye, bunoze kandi bwizewe.

Roger Marc Rutindukanamurego

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 72 )

Mwaramutse mwakwihangana mugashaka ukuntu buri karere mukagaha abantu bo kwiyandikisha mubizamini byimpushya zo gutwara ibinyabiziga mukurikije imiterere ya ko karere urugero nka rubavu mukaberera nkabantu1000 .rutsiro mukayiha 500 kuko arakarere kicyaro murakoze

Urimube fils yanditse ku itariki ya: 15-12-2016  →  Musubize

UTURABASHIMIYECYANE PE NIBYIZA IBYO MUDUKORERA SINABONA UKO MBIBASHIMIRA MURAKOZEKWITA KUBATURARWANDA NANJYE #ENEM NZAHARANIRA GUTEZIMBERE IGIHUGU CYABYAYE NUBAHIRIZA #MATEGEKOYAPOLICE MURAKOZE

NIYOMUGABO EMMY NEM yanditse ku itariki ya: 14-12-2016  →  Musubize

mumfashe.nibagiwe pass word yanjye nari nahawe mfungura konti Ku IREMBO ndetse Email nari nakoresheje narayibagiwe .mumfashe mbibone.

innocent yanditse ku itariki ya: 13-12-2016  →  Musubize

KUKI TEREFONE NZITARIKUBIKORA KUJYAKUMURONGO

1199680084650 yanditse ku itariki ya: 12-12-2016  →  Musubize

watubwiye igihe cyokwiyandikisha bundi bushya mubizami

nsanzimana yanditse ku itariki ya: 8-12-2016  →  Musubize

mwatubwiyese igihe muzafungurira umurongo wabiyandikisha mubizami.

NSHIMIYIMANA ELISA yanditse ku itariki ya: 1-12-2016  →  Musubize

Nabizezekod kandinishyemukwacenda nsakora 21/11/2016mumbwire ukobizagenda

Maniriho pier juste yanditse ku itariki ya: 16-11-2016  →  Musubize

Urubyiruko turigukora exam mudufashe muri bugesera umurenge mayange ,mudufashe bayobozi murebe uko mubigenza

Gatete Jimmy yanditse ku itariki ya: 10-11-2016  →  Musubize

kwifotoza kwiranga muntu mubyimure kubera EXAMINATION YA(REB) BABISHYIZE KU14/11/2016 na 15/11/2016 kandi turimuri examination

Gatete Jimmy yanditse ku itariki ya: 10-11-2016  →  Musubize

mwatubwira uburyo bwo kureba amanota yuruhushya rwagateganyo

nitwa NIYIBIZI Amuri yanditse ku itariki ya: 9-11-2016  →  Musubize

Muraho nabaza ngo indi ikindi guhe cyokwiyandikisha mugukorera uruhushya rwagateganyo ni ryari? bishobotse mwatumenyesha hakiri kare

MANIRAHO Jovan yanditse ku itariki ya: 9-10-2016  →  Musubize

Mwiriwe ?Turabashimira Service Mwatuzaniye Ariko nasabye Icyangombwagisimbura Indangamuntu biranga Mungeragereze Mundebere Bisaba Iki?Murakoze.

Tuyizere yanditse ku itariki ya: 29-09-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka