Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yatangaje ko Arkiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoine Kambanda yazamuwe mu ntera akaba yatorewe kuba Karidinali.
Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda yashyize ahagaragara itangazo rivuguruza amakuru yitiriwe Papa Francis, aho bimwe mu bitangazamakuru ngo byamubeshyeye bivuga ko yagaragaje ko ashyigikiye kubana nk’umugabo n’umugore kw’abahuje imiterere y’ibitsina (ubutinganyi).
Abagize urwego rwa DASSO mu Karere ka Huye tariki 23 Ukwakira 2020 bifatanyije n’abatuye mu Murenge wa Huye mu gikorwa cyo gutera ibiti bivangwa n’imyaka bigera ku 7,750.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo bategerezanyije amatsiko umuhanda wa kaburimbo ugiye kubakwa mu Karere kabo, ngo bakaba biteguye kuwubyaza umusaruro kuko ubuhahirane buziyongera.
Abakora ingendo mu modoka barishimira imanuka ry’ibiciro by’ingendo, aho byavuye ku mafaranga 25,9 ku kilometero kimwe bigera kuri 21 mu ngendo zerekeza hirya no hino mu Ntara z’igihugu.
Mu Midugudu ya Gasenga ya II na Nyabivumu yombi ibarizwa mu Kagari ka Nyamata-Ville mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ni hamwe mu habereye igikorwa cyo gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe. Abaturage bagaragaza ko banyuzwe n’ibyiciro bahawe, mu gihe mbere wasangaga hari abinubira ibyiciro bashyizwemo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority - RRA) cyashyikiriye Akarere ka Ngororero inkunga ya Miliyoni 25Frw yo kugura isakaro ry’amabati ku baturage basenyewe n’ibiza bari bacumbikiwe mu baturanyi no mu bigo by’amashuri.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yanditse kuri Twitter, ashimira umuntu wese wamwoherereje ubutumwa bumwifuriza isabukuru nziza y’amavuko.
Mu gihe raporo y’Intara y’Amajyaruguru igaragaza ko ibiza by’imvura muri 2020 byasenyeye imiryango 4,849, ubuyobozi bwashyizeho ingamba zo gukangurira abaturage kuzirika ibisenge by’inzu zabo, mu rwego rwo kwirinda ko ibiza byabasenyera.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yujuje imyaka 63 y’amavuko.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 22 Ukwakira 2020 rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange.
Ikigo gishinzwe gutera inkunga ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), cyohereje abakozi mu turere twose gutangira igerageza ryo gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe kuri uyu wa 22 Ukwakira 2020.
Abaturage batuye mu Mirenge yegereye Pariki y’Ibirunga mu Turere twa Rubavu na Nyabihu, bavuga ko babangamiwe no kutagira amazi meza, ndetse bamwe bakavuga ko amazi meza ari umugani cyangwa inkuru bumva batizeye ko azabageraho.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Richard Gasana, avuga ko mu mezi arindwi gusa mu gihe cyo kwirinda COVID-19, abana 46 ari bo bamaze kumenyekana basambanyijwe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko ibibazo by’ingendo bigiye kwigwaho bigakemurwa. Yabitangaje kuri uyu wa 22 Ukwakira 2020 ubwo yakiraga indahiro y’abasenateri 6 barahiriye imirimo mishya nk’intumwa za rubanda muri Sena.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya Diyosezi gaturika ya Gikongoro, iya Cyangugu (mu Rwanda), iya Goma n’iya Bukavu muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, ku ihohoterwa rikorerwa abagore mu karere k’ibiyaga bigari, bwagaragaje ko abagore bahishira ihohoterwa ribakorerwa.
Ni inyubako yatangiye kubakwa ku itariki 04 Werurwe 2019 ku nkunga ya LODA, aho bitegura kuyitaha mu Ugushyingo 2020, ikazuzura itwaye miliyari n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Kuva kuri uyu wa Kane tariki 22 Ukwakira 2020, kugeza ku wa 23 Ukwakira 2020, mu Rwanda hatangiye igerageza ryo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe byavuguruwe, aho byavuye kuri 4 bikaba 5, ndetse n’ibiranga ibyiciro bikaba byaravuguruwe.
Umushinga wo kubaka inzu zigezweho i Kinyinya (The Kinyinya Park Estate Project) ugizwe n’inzu zigera ku 10,000 biteganyijwe ko zizuzura mu myaka ine iri imbere zikazaturwamo n’Abanyarwanda 50,000 ndetse zikazatanga akazi ku barenga 40,000 mu gihe cyo kubakwa.
Hashingiwe ku byemezo by’inama Minisitiri w’Intebe yagiranye n’inzego zitandukanye, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruramenyesha Abaturarwanda bose ko ibiciro by’ingendo rusange byari byashyizweho tariki 14/10/2020 byahagaritswe mu gihe hagisuzumwa uko ubukungu bugenda bwisuganya muri ibi bihe bya #COVID-19.
Polisi y’u Rwanda yamenyesheje abaturage ko kubera imvura nyinshi imaze iminsi igwa, inkangu yangije umuhanda ahitwa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, bityo umuhanda Kigali- Karongi-Nyamasheke- Rusizi ukaba utari nyabagendwa.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Nyabihu rwegereje abaturage bo mu Murenge wa Karago amazi meza, batandukana no kuvoma umugezi wa Nyamukongoro bamwe banenga ko ushyirwamo umwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge bishingira ku bakiri bato bigenda bigaragara hamwe na hamwe muri aka akarere, bikwiye gushyigikirwa kuko bitanga icyizere ku bihe biri imbere.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 21 Ukwakira 2020, mu Mudugudu wa Nyagatare ya kabiri Akagari ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, ku nkengero z’umugezi w’Umuvumba hagaragaye ingona.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard, arizeza imiryango yatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nyabikiri wiswe ‘Yerusalemu’ itarabona ubutaka bwo guhingaho ko mu minsi ya vuba baza kububona kuko bwamaze kuboneka.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko byakiriye ibibazo by’abaturage birebana n’izamuka ry’ibiciro byo gutwara abantu.
Imibare itangazwa na Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) igaragaza ko kuri ubu ingo zisaga 67% ubu zifite amashanyarazi mu Murenge wa Nkombo wo mu Karere ka Rusizi, zirimo 57% zifite amashanyarazi akomoka ku muyoboro mugari naho izigera kuri 10% zikaba zifite amashanyarazi adafatiye ku muyoboro mugari yiganjemo akomoka (…)
Iyo uri mu Mujyi wa Kigali uva cyangwa ujya i Nyabugogo, biragoye ko wagera aho ujya utumvise bavuga kwa Rasta. Ni ahantu hamamaye kubera gukora inyunganirangingo ndetse haba ahantu ho kwifata neza.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Solina Nyirahabimana, avuga ko umuryango ari ishingiro kamere ry’imbaga y’Abanyarwanda, kandi iyo imiryango ikomeye n’igihugu kiba gikomeye, ariko yajegajega n’igihugu kiba kijegajega.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) igiye gushyikiriza Umuryango w’Abibumbye (UN), raporo y’ibyakozwe kuva muri 2015 bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, nk’uko u Rwanda rwabisabwe.