Mu rwego rw’ibikorwa bitegurwa mu materaniro makuru aba mu kwezi kwa Kanama, ukwezi gusoza umwaka w’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi mu Rwanda, abizera bagize intara y’ivugabutumwa ya Nyamata babonye ko ibiyobyabwenge byugarije abasenga n’abadasenga, iyo akaba ari yo mpamvu hatanzwe ubutumwa bwo kubirwanya mu rubyiruko.
Maj Gen (Rtd) Clayton Boanubah Yaache wari mu Ngabo za Ghana, zari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, MINUAR, mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze ko Ingabo z’Igihugu cye kuba zaranze kuva mu Rwanda icyo gihe, kuri bo bumvaga mu gihe bagenda bisobanuye kwiyambura ubumuntu ndetse n’indahiro barahiye (…)
Kuri uyu wa 15 Kamena Kiliziya Gatolika yongeye kwizihiza umunsi mukuru wa Asomusiyo ndetse hanaturwa igitambo cya Misa ku Isi hose.
Urubyiruko rwo mu bice bitandukanye byo mu Karere ka Kayonza, rwari rwaracikirije amashuri rugafashwa kwiga amashuri atandukanye y’imyuga na BK Foundation, rwiyemeje kubyaza umusaruro ubumenyi bamaze igihe bahabwa, bakabukoresha mu bikorwa bibafasha kwiteza imbere.
Urubyiruko rurimo inkumi n’abasore, rwatangaje byinshi rwigiye mu itorero Indangamirwa icyiciro cya 15 harimo n’Ikinyarwanda, aho rumaze iminsi 45 rutozwa ibintu bitandukanye, rikaba ryasojwe uyu munsi ku itariki 14 Kanama 2025, mu Kigo cy’ubutore cya Nkumba mu Karere ka Burera.
Mu myaka mirongo itatu n’umwe ishize bari abasirikare mu mapeti atandukanye, boherezwa mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Rwanda, Jenoside yakorewe Abatutsi itangira bareba, babura imbaraga zo kuyihagarika kubera ubushobozi bucye mu bikoresho, dore ko bagenzi babo b’i Burayi banageze aho bakabatererana, cyangwa (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva ubwo yagezaga ijambo ku rubyiruko rusoje icyiciro cya 15 cy’Itorero Indangamirwa, yabasabye kujya bavuguruza abasebya u Rwanda bakabatsindisha ukuri babonye mu masomo baherewe muri iri torero.
Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda ucyuye igihe Antoine Anfré, yatangaje ko imyaka amaze mu Rwanda yamubereye iy’agatangaza, kuko yaranzwe no gushimangira ubucuti bw’ibihugu byombi.
Itsinda ry’abahoze ari ingabo z’Afurika zoherejwe n’Umuryango w’Abibumbye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rigiye kugaruka mu Rwanda muri iki cyumweru kugira ngo ryiyibutse inzira y’ibihe bikomeye banyuzemo barengera abasivili batagira inkunga y’ibikoresho cyangwa (…)
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango, burashishikariza abaturage babanye mu buryo butemewe n’amategeko, kwitabira gahunda yo gushyingirwa kuko hari ababitinya bavuga ko batahinguka imbere y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa badasa neza kubera ko bakennye.
Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva, yavuze ko mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije n’umutungo kamere, intego nkuru ari ukugabanya no gukumira ingaruka ziterwa n’ibiza no kugabanya imyuka ihumanya ikirere ku kigero nibura cya 38% kugeza muri 2029.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe ari mu bayobozi batandukanye ku Isi basabira Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel (Nobel Peace Prize).
Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva, yavuze ko mu myaka itanu u Rwanda ruzahanga imirimo mishya ibyara inyungu ingana na 1,250,000.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye kumara Ukwezi kose, butangira serivisi zirimo n’iz’irangamimerere ku rwego rw’utugari, mu rwego rwo gukemura ibibazo byagaragaraga muri izo serivisi, birimo kubura aho kwifotoreza ku bashaka Indangamuntu, kwandukuza abapfuye no kwandika abavutse, gukemura ibibazo (…)
Umushinga w’Itsinda ‘Nitwe Gusa’ ry’abanyeshuri bari bamaze igihe cy’iminsi 10 mu mwiherero ni wo wegukanye umwanya wa mbere mu cyiciro cya gatatu cy’irushanwa ‘Money Makeover Challenge’ ritegurwa na iDebate ku bufatanye na BK Foundation, hagamijwe gukangura ubwonko bw’abana bakiri bato, kugira ngo bakurire mu muco wo kuzaba (…)
Abaturage bose barakangurirwa kwitabira kwemeza amakuru y’irangamimerere ryabo bityo ahari amakosa akosorwe, ndetse abagejeje igihe cyo gufata indangamuntu n’abakirengeje buzuze ibisabwa bazihabwe, bityo bizaborohere kubona indangamuntu Koranabuhanga (e-Ndangamuntu) zizatangira gutangwa muri Kamena umwaka utaha.
Dr Aisa Kirabo Kacyira wari umuyobozi w’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bitanga Ubufasha muri Somalia (United Nations Support Office in Somalia - UNSOS), yitabye Imana azize uburwayi.
Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Kanama 2025, yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, ibikubiye muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu(2024-2029), asobanura byinshi bizakorwa hagamijwe iterambere mu nzego zitandukanye, aho ubuhinzi buziyongera ku kigero cya 50%.
U Rwanda rwamaze gutunganya igishushanyo mbonera cy’Akarere ka Rubavu, kagomba guhinduka igicumbi cy’ubukerarugendo bushingiye ku mazi no ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu, ku buryo umwaka wa 2050 uzasiga Uburengerazuba bw’u Rwanda ari ahantu nyaburanga abasura igihugu badashobora gusiga inyuma.
Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Kamena 2025, yagejeje ku Nteko rusange Imitwe yombi gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu kuva 2025-2029, agaragaza ko Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje kuzamura ubukungu bw’Igihugu ku mpuzandengo ya 9,3% kugeza 2029.
Itegeko ryerekeye imyishyurire y’indishyi zikomoka ku mpanuka, rigaragaza uburyo uwakoze impanuka bitewe n’urwego iriho yishyurwa.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, avuga ko bimwe mu bikorwa bya RDF mu bihugu birimo Mozambique na Santrafurika bikubiye mu masezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi, biri mu murongo wo gushaka ibisubizo by’Abanyafurika ku bibazo by’Afurika.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye byimazeyo raporo y’ibiro bya Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu (OHCHR), ishinja ingabo z’u Rwanda (RDF) kugira uruhare mu bwicanyi bwakorewe abasivili 319, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangaje izamuka ry’ibiciro, aho ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 70.7% mu myaka umunani ishize, ryatumye muri rusange ibiciro mu mijyi byiyongeraho 7.3% ugereranyije na Nyakanga 2024.
Abahamya ba Yehova basaga ibihumbi 43 baturutse imihanda yose y’Isi, bari bamaze iminsi itatu mu ikoraniro mpuzamahanga ry’amasengesho ryabahurije mu Rwanda, aho barisoje kuri iki Cyumweru tariki 10 Kanama 2025, bakaba batangaje ko bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda.
Abagana Banki ya Kigali (BK) mu Imurikagurisha Mpuzamahanga (Expo2025) i Kigali, bishimiye serivise bahabwa na banki y’amahitamo yabo.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yagiriye mu Ntara y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Kanama 2025 yasuye ibikorwa by’umushinga Gabiro Agri Business Hub, ukora ibikorwa byo kuhira imyaka n’ubworozi bwa kijyambere.
Olivier Hodari, umunyabugeni w’Umunyarwanda ukorera mu mujyi wa Musanze, yafashe umwanzuro wo gutanga umusanzu mu kuvana abana ku muhanda akoresheje ubuhanzi, mu rwego rwo kububakira ahazaza no kwerekana ko na bo bafite impano zishobora kubyazwa umusaruro, bikagirira akamaro imiryango yabo n’Igihugu muri rusange, ubu (…)
Abahinzi b’imyumbati n’abandi bagize uruhererekane nyongeragaciro ku myumbati, bamaze guhugurwa uko ibishishwa byayo byabyazwamo ibiryo by’amatungo, baravuga ko bitazongera kuba umwanda nk’uko byafatwaga ahubwo ari imari ishyushye.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’amakaro rwa Nyagatare (East African Granite Industries/EAGI), bwabwiye Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva ko bugiye guhindura ingano n’ibiciro by’amakaro bakoraga kugira ngo bashobore guhangana ku isoko ry’umurimo.