Hashize iminsi ibinyamakuru bivuga inkuru yaturutse mu majyaruguru ya Afurika igakomereza I Burayi y’Urupfu rwa Protais Zigiranyirazo muramu w’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda Habyarimana Juvenal.
Abatari bake bazi ko abasirikare bari mu mutwe ushinzwe kurinda inzego nkuru z’Igihugu, bazwi nk’aba GP (Republican Guard/ Garde Republicain), bafite inshingano zo kurinda Umukuru w’Igihugu (Perezida) gusa.
U Rwanda rwemeje ko rwakiriye abimukira barindwi baturutse muri Amerika nyuma y’amasezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi yo kokereza abimukira mu Rwanda.
Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, yagaragaje ko hakenewe ingendo z’indege z’ako kanya zihuza ibihugu byombi zidaciye ahandi, mu rwego rwo kurushaho kwihutisha ubuhahirane hagati y’u Rwanda na Mozambique.
Ambasaderi Dr. Charles Murigande winjiye muri Guverinoma mu 1995 ari Minisitiri w’Ubwikorezi n’Itumanaho (Minister of Transport and Communications) avuga ko yabonye byinshi byatuma kuri ubu Abanyarwanda bashima Imana.
Polisi mu Ntara y’Amajyepfo iratangaza ko mu mezi atandatu ashize, uhereye muri Mutarama, kugeza muri Nyakanga 2025, ku bufatanye n’abaturage, inzego z’ibanze na Polisi, hamaze gufatwa abantu 1.615 kubera ibyaha bihungabanya umutekano.
Perezida Paul Kagame yavuze ko uretse kuba u Rwanda na Mozambique ari ibihugu bisanzwe bifitanye umubano ukomeye ikiruta byose ari n’ibihugu by’inshuti kandi nziza.
Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo, yageze mu Rwanda, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida mushya wa Mozambique, Daniel Chapo ategerejwe i Kigali mu ruzinduko rwe rwa mbere nk’umukuru w’Igihugu agiriye mu Rwanda.
Abafite aho bahuriye n’ikoranabuhanga mu burezi, basanga ubufatanye n’abikorera bwongera ubumenyi mu mashuri, nk’uko bigenda bigaragarira mu musaruro wavuye mu bikorwa bitandukanye Leta yagiye ihuriramo n’abikorera.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Ingabo z’u Rwanda RDF zishinjwa ibikorwa by’ubwicanyi mu Burasirazuba bwa DRC, iyo ziza kuba ziriyo nk’uko bivugwa mu bitangazamakuru mpuzamahanga, zitari kubikora nk’uko zemeye guherekeza abacanshuro b’Abanyaburayi bagafashwa gusubira iwabo.
Igihe u Rwanda rwibukaga ku nshuro ya 10 Jenoside yakorewe Abatutsi, umwe mu bakuru b’ibihugu baje kwifatanya n’Abanyarwanda ni Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni. Hari ku itariki 07 Mata 2004, ari nabwo Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi rwafunguwe ku mugaragaro.
Hari imyumvire imaze imyaka myinshi mu banyeshuri n’ababyeyi ivuga ko amasomo ya siyansi by’umwihariko iry’imibare n’ubugenge akomera, bikagira ingaruka ku mahitamo no ku mitsindishirize yayo hamwe no ku cyerekezo cy’uburezi bw’Igihugu.
Minisitiri w’Ingabo wa Mozambike, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, yavuze ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa w’ingenzi ku Gihugu cye mu bikorwa birimo iterambere ry’ubukungu, ariko cyane cyane mu by’umutekano.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, n’Abafatanyabikorwa bako basoje umwiherero w’iminsi ibiri, waganiraga ku nsanganyamatsiko yo kurushaho guteza imbere Akarere, no gusuzuma uko izo nzego zombi zafatanyiriza hamwe guhiga no kwesa neza imihigo.
Abitabiriye inama nyunguranabitekerezo ku iterambere ry’Akarere ka Ruhango, mu gitaramo cy’umuco cyiswe ’#TurimuRuhango’, bagaragaje ko guhanga imirimo ari yo nzira irambye yatuma Akarere ka Ruhango n’abaturage bako biteza imbere, kandi urubyiruko rugatekerezwaho kuko usanga rukibaza ko ruzahabwa akazi.
Minisitiri w’Ingabo wa Mozambique Maj. Gen Cristóvão Artur Chume n’itsinda ayoboye rigizwe n’abasirikare bakuru barimo umugaba w’Ingabo za Mozambique, General Major André Rafael Mahunguane hamwe n’ umuyobozi mukuru w’Ishami rya Polisi y’Icyo gihugu rishinzwe umutekano n’ituze by’abaturage CP Fabião Pedro Nhancololo, , basuye (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’Abafatanyabikorwa bako mu iterambere, JADF, baratangaza ko kwita ku mibereho y’urubyiruko, ari kimwe mu byatuma Akarere n’Igihugu bigera ku iterambere rirambye.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego byatangajwe n’ibiro bya Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu, byashinje ingabo z’u Rwanda gufasha umutwe wa M23 mu kugira uruhare mu bwicanyi bwabereye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu duce twa Binza na Rutshuru.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ku bufatanye na Police y’u Rwanda rwafunze Manirakiza Straton, umukozi mu Kigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) ushinzwe ibikorwa byisanwa ry’umuyoboro w’amazi wa Ruhanga mu Murenge wa Rusororo, ukurikiranweho icyaha cya ruswa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda rwiyemeje kudatezuka ku guharanira amahoro n’umutekano mu Karere ruherereyemo.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yazamuye inyungu fatizo iyigeza ku gipimo cya 6.75% ivuye kuri 6.5%, mu rwego rwo gukomeza kugenzura izamuka ry’ibiciro ku masoko y’imbere mu gihugu.
Ubuyobozi bukuru bwa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), bwatangaje ko gukoresha amafaranga y’amanyamahanga (Amadorali, Amayero n’ayandi) mu buryo bwo kwishyurana, bizaba byacitse burundu mu gihe cy’amezi atandatu.
Abasirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, MINUAR, mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuze ko bakoze ibishoboka byose kugira ngo bakize ubuzima bw’Abatutsi bicwaga mu gihe cya Jenoside mu 1994.
Abantu 5 bishwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa, kuva ku itariki 11-18 Kanama 2025 mu gihugu hose.
Bamwe mu basirikare bahoze mu ngabo za MINUAR, zari mu butumwa bw’amahoro bwa UN mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, arasaba abagize umuryango ari umugore, umugabo n’umwana kwirinda kwitana ba mwana ku bibazo biwugarije, kuko bituma bose bihunza inshingano za buri ruhande mu kubikemura.
Amanota y’ibizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2024/2025 by’abarangije amashuri abanza (P6) n’Icyiciro Rusange cy’amashuri yisumbuye (O’ Level) azatangazwa ku wa Kabiri tariki ya 19 Kanama 2025.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko kuba abakoze Jenoside bagihari icyo bakoze gusa ari ukwambuka umupaka bakajya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ibibazo by’umutekano muke bidashobora kurangira muri icyo gihugu.