Abaturage bo mu Kagari ka Rungu, Umurenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, barashimira abagize Umuryango Ireme Education for Social Impact (IESI), ku bikorwa by’iterambere bakomeje kugeza mu gace k’iwabo, cyane cyane ku kigo cy’amashuri abanza bizeho.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye ibicuruzwa bitemewe byafashwe mu gihe cy’iminsi ibiri, birimo ibiribwa, ibinyobwa ndetse n’imiti, bifite agaciro ka 39.891.473 y’Amafaranga y’u Rwanda.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry ,avuga ko kuva mu mwaka wa 2019 kugera muri aya mezi atatu ya 2022, urwo rwego rwakiriye dosiye 1,215 zijyanye n’ibyaha by’Ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibifitanye isano nayo, ndetse ababifatiwemo bashyikirizwa ubutabera.
Umuryango Rwanda Lagacy of Hope usanzwe ufite ibikorwa bitandukanye mu Rwanda birimo ibyo gufasha abatishoboye, kuzana abaganga bakavura abantu indwara zananiranye ku buntu, winjiye no mu kurwanya ubuzererezi n’ibiyobyabwenge mu rubyiruko, ubinyujije mu mikino n’amasengesho.
Nyuma y’uko hashyizweho itegeko rivuga ko umubyeyi ashobora kuraga ibye uwo yishakiye mu bana be cyangwa mu bo atabyaye, hari urubyiruko rwo mu Karere ka Huye ruvuga ko iryo tegeko ririmo guteza amakimbirane, rikaba ryari rikwiye kuvugururwa.
Mu gihe mu Rwanda bitegura gutangira kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC), buratangaza ko abagera ku bihumbi 80 aribo bazafasha abashobora kugaragaraho ihungabana.
Akenshi ibyaha bikunze kuboneka bitera impfu, n’ibindi bibazo bidindiza iterambere mu muryango nyarwanda, byagaragaye ko bikururwa cyane cyane n’amakimbirane mu muryango, by’umwihariko hagati y’abashakanye.
Perezida Paul Kagame uri ku munsi wa kabiri w’uruzinduko agirira muri Zambia, aherekejwe na mugenzi we Hakainde Hichilema na Madamu we Mrs Hichilema, bateye ibiti ku mupaka wa Kazungula, igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022.
Umurambo w’umugabo kugeza ubu utaramenyekana imyirondoro ye, wasanzwe mu mugezi wa Mukungwa, mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 5 Mata 2022. Uwo murambo wabonywe n’abakozi b’urugomero rwa Mukungwa ya II rutunganya amashanyarazi, mu gice cyegereye urwo rugomero, ruherereye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Bikara, Umurenge (…)
Abatuye santere ya Gasange mu Murenge wa Gasange muri Gatsibo, barishimira ko guhabwa umuriro w’amashanyarazi, amazi meza na kaburimbo byatumye santere yabo iba umujyi, nyamara mbere haritwaga ku Ishyamba.
Nk’uko byamaze kuba umuco mu Ntara y’Amajyaruguru, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu ngaga zinyuranye, bakomeje ubufatanye mu rugamba rwo gukura abaturage mu bwigunge.
Abahembwe ubwo hasozwaga Ukwezi kwahariwe umuturage mu Murengewa Kigarama muri Kicukiro, bavuze ko ari ingirakamaro kuko uko kwezi kubereka ko Leta ibitayeho kandi ibatekereza, ibyo bikabongerera imbaraga zo gukora cyane.
Ku wa Mbere tariki 4 Mata 2022, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Prof Nshuti Manasseh, yakiriye Ambasaderi Jo Lomas, intumwa idasanzwe ishinzwe CHOGM muri Guverinoma y’u Bwongereza.
Perezida Paul Kagame watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri muri Zambia, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’icyo gihugu, Hakainde Hichilema.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, avuga ko urubyiruko rwasoje amasomo y’imyuga rugiye kubumbirwa hamwe muri Koperative, hakarebwa uko BDF yabaha inkunga bakabona ibikoresho by’ibanze ndetse ibyo rukora bishakirwe isoko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko hari abacukuzi b’amabuye y’agaciro n’abakora muri za kariyeri barangwa n’agasuzuguro, kuko bahanwa ntibigire icyo bibabwira ngo bisubireho, ahubwo bagakomeza kunyuranya n’amategeko.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Burera, Umurenge wa Cyanika, Akagari ka Kagitega mu Mudugudugudu wa Kidaho, bavuga ko babangamiwe no kuba abaturanyi babo bo mu miryango y’abasigajwe inyuma n’amateka, batagira ubwiherero kuko ubwo bubakiwe n’akarere bwangiritse kandi bushobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yasabye abayobozi mu Ntara y’Iburasirazuba kwitandukanya n’ikibi, kubeshya n’ibindi bibarangaza, ahubwo bagashyira imbaraga mu gushyira hamwe no gukorera umuturage.
Umuryango Nyarwanda ugamije kubaka igihugu kigendera ku mategeko (CERULAR), uherutse guhugura abanyamakuru baturutse mu bitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda, ku bijyanye n’amasezerano ibihugu biba byarasinye ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu (UPR), gusa bakavuga ko bidahagije kuko hari abantu benshi (…)
Minisiteri y’ibikorwa remezo iratangaza ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka, aho Mazutu itagomba kurenza 1,368Frw kuri litiro naho Lisansi ikaba 1,359Frw kuri litiro, bikaba bizatangira kubahirizwa guhera kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu (MINUBUMWE), iratangaza ko Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, bizakorwa nk’uko byakorwaga mbere, ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19 ndetse imihango ngo ntizarenza amasaha abiri.
Abakirisitu b’ahitwa ku Kinteko mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, ubu barishimira Kiliziya batangiye gusengeramo tariki 2 Werurwe 2022, nyuma yo kuyiyubakira begeranyije ubushobozi bwabo, ndetse babifashijwemo n’abakirisitu ba Paruwasi Katedarali ya Butare.
Ku wa Gatandatu tariki 2 Mata 2022, habaye igikorwa cyo guhemba imishinga umunani itandukanye, ine yo muri YouthConnekt ndetse n’ine yo muri TVET YouthChallenge, yatoranyijwe mu yamuritswe na ba rwiyemezamirimo 121 batsinze ku rwego rw’Intara n’Umujyi wa Kigali, amafaranga bahembwe bakemeza ko agiye kongera ubushobozi (…)
Guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Mata 2022, abakoreraga muri Stade Amahoro barangajwe imbere na Minisiteri ya Siporo, baraba bamaze gusohokamo kuko iyo stade igiye gutangira gusanwa.
Mu rwego rwo guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku muco mu Karere ka Nyanza, agasozi ka Kirambo kagiye kuzubakwaho Umudugudu ndangamuco (Cultural Village).
Mu gihe hasigaye gusa igihe kitarenze amezi abiri ngo umwaka w’ubwisungane mu kwivuza (Mutuel de Sante) wa 2021-2022 urangire, Akarere ka Gisagara kamaze kwesa uwo umuhigo 100%.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 02 Mata 2022, Umuryango Partners in Health hamwe na Kaminuza mpuzamahanga yigisha iby’Ubuvuzi kuri Bose (UGHE), bibutse Dr Paul Farmer uheruka kwitaba Imana, bamushimira kuba inshuti y’u Rwanda, ngo yaruhozaga ku mutima.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 2 Mata 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Catherine M. Russel, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) ku Isi, uri mu ruzinduko mu Rwanda.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco irasaba abahawe impamyabushobozi muri ArtRwanda Ubuhanzi, gukomeza indangagaciro ziranga Abanyarwanda, bibanda cyane ku bihangano byerekano umuco wabo, kugira ngo bigaragazwe mu ruhando mpuzamahanga.