Muri gahunda yo kwegereza abaturage ibikorwa remezo bijyanye n’amazi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), mu mushinga wacyo wo gusana, no kwagura imiyoboro y’amazi mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, zirimo n’ibice bimwe na bimwe by’Akarere ka Gakenke, ikibazo cy’amazi cyamaze (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yabwiye abayobozi mu nzego zinyuranye zo mu Karere ka Gakenke, ko imiyoborere ishyira umuturage ku isonga ari yo ikenewe, kugira ngo abashe kugera ku iterambere rirambye.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe ibizamini no gutanga impushya zo gutwara ibinyabiziga, ku wa Gatanu tariki ya 18 Werurwe2022, yafashe uwitwa Nzabonimpa Athanase w’imyaka 35, agerageza kubaha mu ntoki amafaranga ibihumbi 50 avuga ko andi ibihumbi 150 ayabaha kuri telefone, bakamuha uruhushya rwo gutwara imodoka icyiciro (…)
Umukuru w’Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera PSF, Robert Bafakulera, yasobanuye ko amafaranga yongewe mu Kigega Nzahurabukungu azakoreshwa mu ishoramari ryo gushinga inganda, cyane cyane izikora ibipfunyikwamo hamwe n’ibikoresho by’ibanze byaturukaga hanze y’Igihugu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Werurwe 2022, ubwo Perezida Kagame yagiranaga ibiganiro na Gen Mahamat Idriss Déby Itno, Umukuru w’Inama y’Igisirikare iyoboye inzibacyuho akaba na Perezida wa Repubulika ya Tchad, uri mu ruzinduko mu Rwanda, yavuze ko ubwiyunge ari yo nkingi yo kubakiraho.
Mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi z’amashanyarazi, Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) ivuga ko ikomeje kuvugurura no gusana imiyoboro ku buryo ibura ry’umuriro rya hato na hato rizaba amateka mu Rwanda.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Werurwe 2022, Perezida Paul Kagame yakiriye Mugenzi we, Gen Mahammat Idriss Déby Itno wa Tchad, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Abaturage barimo n’afite ababo bashyinguwe mu irimbi rya Bukinanyana, bahangayikishijwe n’abantu birara muri iryo rimbi, bagasenya imva, aho bazikuraho amakaro, amatafari, bakajya kubigurisha.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Werurwe 2022, Umukuru w’Inama y’igisirikare iyoboye inzibacyuho akaba na Perezida wa Repubulika ya Tchad, Gen Mahamat Idriss Déby Itno, yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, ari mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko rwo guteza imbere ubuhahirane bw’umujyi wa Goma n’uwa Gisenyi.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu, Marie Claire Mukasine, avuga ko hari intambwe nziza imaze guterwa mu kumenyesha abaturage uburenganzira bwabo cyane cyane ku bijyanye no kudahishira ababaka ruswa. Icyakora n’ubwo hari ibimaze kugerwaho mu kwamagana ruswa, ngo abakigira ubwoba bwo gutanga amakuru (…)
Mu butumwa yatangiye mu kigo cy’Ubutore cya Nkumba mu Karere ka Burera, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yasabye Intore z’Intagamburuzwa za AERG kwirinda kurenga nyirantarengwa, kuko byaba ari ugukora amahano, abasaba guharanira ubupfura no gukomeza ubufatanye.
Bamwe mu rubyiruko barangije amashuri ya kaminuza n’ayisumbuye bitabira amasomo yo kwiga imyuga muri gahunda ya Hanga Umurimo, bavuga ko Leta yabongerera igihe cyo kwimenyereza, kuko barangiza badafite ubushobozi butuma batangira kwihangira imirimo.
N’ubwo yifashishije amafaranga atari menshi, Musanabera Esther, umwe mu batozwa b’Intagamburuzwa za AERG zari mu itorero mu kigo cy’Ubutore cya Nkumba, yashimiwe igikorwa cy’ubumuntu yagaragarije mu isomo ryitwa ‘Kora Ndebe’, ubwo yaguriraga abana babiri inkweto, kuko izo bari bafite zari zishaje cyane.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, avuga ko bagiye kongera ubuso buhingwaho Kawa no kuyongerera agaciro, ku buryo iba ikirango cy’akarere bigafasha na ba mukerarugendo bakagana.
Ubuyobozi bw’umuryango Transparency International Rwanda, butangaza ko batangiye igikorwa cyo gufasha abaturage kugira uruhare mu bibakorerwa, mu Turere twa Kamonyi, Rubavu na Burera.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imibereho myiza, Agnès Uwamariya, avuga ko baherutse kubarura abafite uburwayi bwo mu mutwe 641, mu Mirenge yose igize ako karere, ubuyobozi bukaba buteganya guhugura abajyanama b’ubuzima kugira ngo bazajye babitaho byihariye.
Abacururiza mu isoko rya Kinkware n’abarihahiramo, babangamiwe n’umubyigano w’abantu n’ubucucike bw’ibicuruzwa, bituruka ku kuba iri soko ari ritoya, bigatuma abarigana batisanzura, bakabiheraho basaba ko ryakwagurwa.
Mu rwego rwo guca burundu urugero rw’igwingira rungana na 27%, mu bana bato bari munsi y’imyaka itanu, Akarere ka Nyarugenge kihaye imyaka ibiri yo gukoresha Abajyanama b’ubuzima bazakurikirana buri rugo n’ingo mbonezamikurire.
Mu cyumweru Intagamburuzwa za AERG, urubyiruko rw’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamaze mu kigo cy’ubutore cya Nkumba, barashimirwa ibikorwa by’indashyikirwa basize bakoreye Murenge wa Kinoni icyo kigo giherereyemo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, asaba abaturage bafite ubushobozi kwiyubakira ibiro by’akagari, nk’uko yumva hamwe na hamwe mu Gihugu babigezeho.
Bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze mu Murenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko impamvu batitabira, ntibanashishikarize abaturage kwizigamira mu kigega Ejo Heza, ari uko bazi ko ubwiteganyirize bw’umuntu butangwa ari uko yapfuye, bigaragara ko hari abataramenya imikorere y’icyo kigega.
Umuyobozi ushinzwe guteza imbere umuryango no kurengera abana mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, Kazubwenge Kayitare Joseph, avuga ko abagabo batarumva agaciro k’umugore ari injiji kuko kuri we yumva umugore ari byose.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), iratangaza ko utugari twose dukora ku mipaka twubakiwe amavuriro y’ibanze (Poste de Santé), akaba ubu akora neza.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, uri mu ruzinduko mu Bufaransa, ku wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2022, yakiriwe n’Ubuyobozi bw’Ikigo cy’ubutwererane mu by’umutekano n’Igisirikare, Direction de la Coopération de sécurité et de défense (DCSD).
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi JMV, avuga ko atumva ukuntu ibipimo by’igwingira mu bana bo mu Karere ka Musanze, bikomeje kwiyongera, nyamara ari kamwe mu Turere twihagije ku musaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, kanasagurira utundi two mu gihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, avuga ko imishinga migari iri mu karere yazamuye iterambere ry’abaturage bayikoramo n’iry’Akarere muri rusange, ndetse ikaba iri mu bigabanya ibyatumizwaga hanze.
Perezida Paul Kagame, Kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2022, yajyanye Gen Muhoozi Kainerugaba mu rwuri rwe aramugabira. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda byatangaje ko Perezida Kagame uretse gutembereza Gen Muhoozi mu rwuri rwe yanamugabiye inka z’Inyambo.
Kuba umubyeyi wonsa kandi unakora ntibiba byoroshye, cyane cyane iyo umwana akiri muto. Ingendo za hato na hato zo gusubira mu rugo konsa no kugaruka ku kazi ziravuna.
Ku wa Mbere tariki ya 14 Weruwe 2022, Abapolisikazi 20 batangiye amahugurwa y’icyumweru kimwe agamije kurwanya iyinjizwa ry’abana mu gisirikari, aberera ku kicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda giherereye mu Murenge wa Kacyiru mu Akarere ka Gasabo.