Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, asanga abayobozi bo mu Ntara y’Amajyaruguru, nibashyira imbaraga mu kunoza imikoranire n’ubwumvikane hagati yabo, mu kazi kabo ka buri munsi, kwegera abaturage banoza serivisi babaha, biri mu bizabafasha kuzuza inshingano zabo, iterambere ryihute.
Nyuma y’ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryakozwe mu mpera z’umwaka wa 2022, Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko umubare w’abatunze terefone mu Rwanda wikubye inshuro zigera kuri 40 mu gihe cy’imyaka 20.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene avuga ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo Minisiteri y’Uburezi, amateka y’u Rwanda harimo n’aya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 agiye kujya yigishwa no mu mashuri abanza kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu wa Gatandatu.
Imiryango itari iya Leta, RWAMREC (Rwanda Men’s Resource Centre ) na RCSP (Rwanda Civil Society Platform), isaba ko ikiruhuko cyo kubyara abagabo bahabwa (paternity leave), cyakongerwa kikaba ibyumweru bitandatu, ni ukuvuga kimwe cya kabiri cy’ikiruhuko gihabwa umubyeyi w’umugore iyo yabyaye, kugira ngo babone umwanya (…)
Nyuma y’uko Akarere ka Rulindo kabaye aka gatatu mu mihigo y’umwaka wa 2021-2022, Umuyobozi w’ako karere, Mukanyirigira Judith, yazengurutse imirenge 17 ikagize, ashimira abaturage anabashyikiriza igikombe cy’ishimwe bahawe, kuko ngo ari icyabo.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yatangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cya gahunda nzahurabukungu mu guteza imbere inganda, mu nama y’Ihuriro ry’ishoramari yabereye muri Kigali Convention Centre, ku wa Kane tariki ya 2 Werurwe 2023, agaragaeiza abashoramari bayitabiriye amahirwe ari mu Rwanda yaborohereza mu (…)
Abatuye i Cyarwa mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bavuga ko hagaragara imbwa nyinshi zizerera ku buryo zijya zinanyuzamo zikabarira amatungo, bityo bakifuza kuzikizwa.
Laboratwari y’Ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera (Rwanda Forensic Laboratory/RFL) izakira Inama mpuzamahanga izaganira kuri byinshi birimo itangwa ry’umubiri (ku bushake) kugira ngo ukurweho ingingo zihabwa abandi bazikeneye.
Mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, batangije ubukangurambaga bise ‘Werurwe: Ukwezi k’Umuturage’. Ni gahunda ngarukamwaka yatangijwe tariki 02 Werurwe 2023, ubu bakaba bayikoze ku nshuro ya kabiri.
Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Werurwe 2023, rivuga ko Perezida Paul Kagame yagize Dr Ildephonse Musafiri, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi. Dr Ildephonse Musafiri agiye kuri uwo mwanya asimbuye Mukeshimana Gerardine, wari uwuriho kuva mu 2014.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ishuri ry’imyuga rya Kiraga mu murenge wa Nyamyumba rimaze imyaka icumi ryubakwa rigiye kuzuzwa rigakorerwamo.
Minisitiri w’ubuzima Dr Sabin Nsanzimana yatangaje ko abarwayi bajya kwivuza ku bigo nderabuzima no ku bitaro by’uturere abagera kuri 40% bivuza indwara ziterwa n’umwanda.
Abaturage mu Karere ka Nyagatare barasaba nyobozi y’Akarere, kurushaho gukorana neza no gusuzuma ko ibyo bashinze umukozi runaka yabigezeho, ndetse no kurushaho kubegera kugira ngo bagumane umwanya wa mbere mu kwesa imihigo.
Abatuye Umurenge wa Remera mu Karere ka Musanze, barinubira ikibazo cyo kutagira amazi asukuye mu murenge wabo, aho bavuga ko bavoma atemba bemeza ko adafite ubuziranenge, gusa ubuyobozi bw’akarere bukabizeza ko bidatinze amazi meza azaba yabagezeho, kuko ibisabwa byabonetse.
Ubwitange, gukora cyane n’imbaraga zose kandi igitutu kikuriho kikaba no ku bandi bakorana ndetse no gukorana neza n’abaturage, ni bimwe mu by’ingenzi byafashije ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare, bibahesha umwanya wa mbere mu mihigo y’Uturere ya 2021-2022.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko kwishimira ibyagezweho mu bijyanye n’uburinganire bw’ibitsina byombi ari ibintu bikwiye, ariko ko abantu bakwiye kumva ko ibyagezweho muri urwo rwego bitapfuye kwizana gusa, ahubwo byaturutse kuri Guverinoma ishyira abaturage imbere, cyane cyane abagore.
Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, ryasohotse tariki ya 1 Werurwe 2023, rivuga ko Dr Nsabimana Aimable yirukanywe ku mirimo ye.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Leta izakomeza gusuzuma uburyo yakongera imishahara y’abakora mu zindi serivisi za Leta, nyuma yo kuzamura umushahara wa mwarimu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yahumurije abafite impungenge cyangwa ubwoba bw’uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yatera u Rwanda, akavuga ko bakwiye kuryama bagasinzira.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), cyatangaje Iteganyagihe ry’igice cya mbere cy’uku kwezi kwa Werurwe 2023, rigaragaza ko hamwe na hamwe mu Gihugu hazagwa imvura irengeje impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gihe.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), yatangaje ko mubazi kuri moto zizongera gukoreshwa mu gihe kitarenze ukwezi kumwe mu Mujyi wa Kigali, kuko ibibazo byari birimo bigenda birangira.
Imodoka y’ivatiri ifite pulaki nimero RAD 271C, yakoze impanuka yo kubirinduka ivuye guhaha mu isoko ryagenewe abashinzwe Umutekano (Army Shop), riri hafi y’Icyicaro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, ihitana umunyeshuri umwe, mugenzi we arakomereka.
Nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe yagaragaje amanota uturere twagize mu kwesa imihigo mu mwaka w’ingengo y’imari 2021-2022, ku wa 28 Gashyantare 2023, Akarere ka Huye kakaba kabaye aka kabiri, abagatuye bavuga ko bazishima neza nibaba aba mbere.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, mu nama y’umushyikirano ku munsi wayo wa nyuma, kuri uyu wa 28 Gashyantare 2023, yavuze ko kwita ku gukemura ibibazo umuryango uhura nabyo, byagabanyije umubare w’abatwara inda zitateganyijwe.
Perezida Paul Kagame ubwo yasozaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 18, kuva tariki ya 27-28 Gashyantare 2023, yasabye abayobozi kugabanya umwanya w’inama nyinshi bahoramo ahubwo bagakora cyane, kuko ngo abaturage basaba serivisi bababura kubera guhora mu nama.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023, nibwo hashimiwe uturere twahize utundi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2021/2022, aho Akarere ka Nyagatare kaje ku isonga.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, avuga ko ubwicanyi burimo gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’Umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, biri gusubiza inyuma Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Leta y’u Rwanda yasohoye itangazo rishima ko imyanzuro y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yatangiye gushyirwa mu bikorwa, ariko ikavuga ko yashyize ubwirinzi bukomeye ku mupaka Igihugu gihana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Abraham Munyankindi utuye i Ndora mu Karere ka Gisagara, avuga ko ku myaka 30 amaze guha akazi abantu icyenda, kandi ko abikesha igishoro cy’ibihumbi 200 yakuye mu kazi ko gukora amaterasi.
Mu nama y’Umushyikirano habamo n’umwanya abaturage mu ngeri zinyuranye bahabwa wo kubaza ibibazo no gutanga ibitekerezo ku ngingo zitandukanye, abo bireba bagatanga ibisobanuro cyangwa se inama z’uko ikibazo runaka kigaragajwe cyakemuka.