Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri MININFRA, Eng Isumbingano Emma Francoise arahamagarira Abanya-Karongi gushyigikira umuco wo kuganira, gusaba no gutanga imbabazi kugira ngo u Rwanda ruzabashe kwiyomora ibisare by’igihe kirekire.
Umusirikare w’Umunyarwanda wari mu butumwa bw’Amahoro mu Ntara ya Darfour muri Sudani yitabye Imana aguye mu gitero bagabweho n’abarwanyi bataramenyekana ku cyumweru tariki 24/11/2013 mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Gitimbanyi Christophe w’imyaka 47 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Mushonyi mu karere ka Rutsiro avuga ko we gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yayiyumvisemo kera, kuko imbaraga yari afite mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi atazikoresheje mu bwicanyi, ahubwo zamufashije kurokora Abatutsi 19.
Nyuma y’iminsi itatu abayobozi umunyamabanga nshingwabikorwa, umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe ubukungu ndetse n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Rusizi beguye, Njyanama y’akarere ka Rusizi yakiriye ubwegure bwabo.
Mu gikorwa cyo gukemura ibibazo by’amasambu mu karere ka Gisagara hagaragaye abari barumvikanye bagasaranganya ubutaka basubiranyemo nyuma y’aho komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yabasobanuriye ko ubutaka bufitweho uburenganzira n’ubufitiye icyangombwa.
Nyuma y’amezi arenga abiri nta muyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage akarere ka Kayonza gafite, tariki 23/11/2013 Uwibambe Consolee w’imyaka 40 y’amavuko yatorewe uwo mwanya ku majwi 95,8% by’inteko itora yari igizwe n’abajyanama 145.
Guhera kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2013, mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, hatangiye umwiherero uhuje abayobozi bashinzwe umurimo mu nzego z’igihugu kuva ku ntara, uyu mwiherero ukazamara ibyumweru 2.
Uwiragiye Pricille niwe watorewe kuba umuyobozi w’akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage. Aje kuziba icyuho muri nyobozi y’akarere ka Bugesera, yari imaze amezi arindwi ibuzemo umunyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Abanyarwanda 120 biganjemo abagore n’abana batashye mu Rwanda banyuze mu karere ka Rubavu bavuye mu duce twa Masisi, Ijwi, Kalehe na Rutshuro, kuri uyu wa Gatanu tariki 22/11/2013.
Abayobozi batatu b’akarere ka Rusizi barimo umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Nirere Francoise , Umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe ubukungu, Habyarimana Marcel Hamwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rusizi Ndemeye Albert, beguye ku mirimo yabo, kuri uyu wa Gatanu tariki (…)
Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) kirakangurira inzego gukoresha amakuru n’imibare gifite, kandi zikirinda guhimba imibare itajyanye n’ukuri kw’ibikorwa.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bo mu karere ka Kayonza ngo bakwiye guha ijambo abaturage muri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kugira ngo bavuge ibyababaje kubera amateka u Rwanda rwanyuzemo bityo babohoke.
Itsinda rigizwe n’abakora mu nzego zitandukanye zishinzwe abagore muri Cote d’Ivoire ziratangaza ko ziteguye kwigira ku bunararibonye bw’u Rwanda mu kubahiriza uburenganzira bw’abagore, zikaba zizera ko hari byinshi zizasubirana iwabo.
Ubwo hatangizwaga ibiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu Karere ka Gakenke, Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yanenze abavuga ko “Ndi Umunyarwanda” ari politiki igamije guhatira Abahutu gusaba imbabazi Abatutsi.
Depite Kankera Marie Josée aragaragaza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ari gahunda yubaka Ubunyarwanda nyabwo mu Banyarwanda kuruta kumva ko kuba Umunyarwanda byashingira ku izina gusa cyangwa se aho umuntu akomoka.
Guhera muri uyu mwaka w’imihigo wa 2013/2014 imihigo izajya ikorwa hakurikije ubushobozi n’imiterere y’akarere, kandi ikorwe igamije ibikorwa bigirirwa akamaro, nk’uko byaganiriwe mu nama yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB), kuri uyu wa Kane tariki 21/11/2013.
Mu mwiherero kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu karere ka Rulindo, abayobozi benshi bafashe umwanya babwira bagenzi babo amateka y’ubuzima babayemo mu gihe cya Jenoside kimwe na mbere yaho kugira ngo bakire ibikomere byabo nk’uko babivuga.
Abayobozi mu nzego z’ibanze n’abahagarariye ibigo bitandukanye bikorera mu karere ka Ngoma bashoje umwiherero w’iminsi ibiri kuri “Ndi Umunyarwanda” biyemeje kugeza iyi gahunda ku baturage bahagarariye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke ndetse na Sosiyete y’Abashinwa “China Road and Bridge Corporation”, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20/11/2013 ryazengurutse imirenge itanu y’aka karere basuzuma ibibazo by’abaturage bikomoka ku ikorwa ry’umuhanda wa kaburimbo Nyamasheke-Karongi.
Ababa mu ngando y’igihano nsimbura gifungo (TIG) mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero bubakiye umusaza witwa Uramutse Joseph wavukanye ubumuga bwo kuatabona, ubu ufite imyaka iri hejuru ya 85 nubwo atibuka neza igihe yavukiye.
Mu mwiherero wahuje abayobozi ku nzego zitandukanye mu karere ka Nyamagabe kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, hagaragayemo abantu basabye imbabazi mu izina ryabo ndetse n’iry’abandi ku ruhare bagize mu guhembera amacakuburi no mu ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994.
Abayobozi batandukanye b’akarere ka Ngoma, abikorera n’abagarariye ibigo bitandukanye batangiye umwiherero w’iminsi ibiri ugamije kubasobanurira gahunda ya “Ndi Umunyarwana” ngo nabo bazayigeze ku bandi.
Mu kiganiro yatanze ubwo hatangizwaga gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu karere ka Rusizi, Depite Bamporiki Edouard yavuze ko agize umugisha wo guhagarara mu bice by’iwabo i Cyangugu kugirango yamagane kandi anenge ibyakozwe mu izina ry’Abahutu.
Nsanzabaganwa Monique, Visi Perezida wa mbere w’umuryango Unity Club “intwararumuri” aratangaza ko gahunda ya “Ndi umunyarwanda” igamije kongera guha Abanyarwanda gutekereza ku isano bafitanye, no gufata ingamba zo guhuriza ku gukunda igihugu, kukirinda no kugiteza imbere.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odetta, aremeza ko Abanyarwanda benshi basonzeye kunywa umuti ukiza uzavugutirwa muri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, ndetse ngo n’amajwi make y’abayirwanya ni babandi bahora bababazwa n’uko u Rwanda rutera intambwe y’iterambere ubutitsa.
Umuyobozi wa Brigade ya 201 igizwe n’ingabo zikorera mu turere twa Karongi, Rutsiro na Ngororero, Colonel Murenzi Evariste, arasaba urubyiruko ruri Iwawa rwiga imyuga itandukanye n’igororamuco ko, ubwo bamaze guhinduka bakaba batagihungabanya umutekano w’igihugu, igihe bazasubira iwabo mu turere bafite inshingano zo gutanga (…)
Ubwo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yatangizwaga ku rwego rw’akarere ka Rusizi kuwa 20/11/2013, abayobozi b’inzego zitandukanye bo muri aka karere bayitabiriye basabwe kwakira iyi gahunda nk’agakiza kaje gukiza ibibazo Abanyarwanda batewe n’amateka mabi.
Ubwo yatangizaga umwiherero ujyanye na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu karere ka Muhanga kuri uyu wa 20/11/2013, Senateri Marie Claire Mukasine yasabye ko abo bigaragara ko batarayumva bakwitabwaho aho kugirango bafatwe nk’abanzi.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard, ari kumwe n’abahagarariye inzego z’umutekano mu ntara y’Iburengerazuba no mu karere ka Rutsiro bagendereye ibirwa bya Iwawa na Bugarura biherereye mu kiyaga cya Kivu tariki 19/11/2013 bahumuriza abahatuye.
Kiliziya Gatolika n’Itorero ry’Aba-Angilikani mu bihugu by’u Rwanda, Burundi na Congo-Kinshasa, bagiye gutangiza ibikorwa byo guharanira amahoro bizamara umwaka bikorerwa muri ibyo bihugu byose.