Urubyiruko ruri mu itorero mu karere ka Gisagara rurahamagarirwa gufata iya mbere mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, kugira ngo amateka mabi yaranze u Rwanda atazongera kandi hanaranduke ibitekerezo bibi yaba yarasize muri bamwe.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere myiza RGB, Rwanda Governance Board, bwagaragaje ko Abaturarwanda bishimira ko hari intambwe igaragara yatewe mu kubagezaho serivisi nziza ariko hakaba hari ibikwiye gushyirwamo imbaraga kurushaho kuko bitaragerwaho ku buryo buhagije.
Mu karere ka Nyabihu habaye impinduka zizatuma abaturage babona abayobozi n’abakozi bashya mu nzego zinyuranye nko mu mirenge no mu bigo nderabuzima hose mu karere, nk’uko tubicyesha amakuru yamenyekanye kuwa 11/12/2013.
Abanyeshuri bo muri kaminuza yigisha iby’amahoteli n’ubukerarugendo (RTUC) baratangaza ko inyigisho zitandukanye bahabwa n’ubuyobozi bw’igihugu zibafasha gusobanukirwa inshingano zabo n’urubyiruko kwirinda abashaka gusubiranishamo Abanyarwanda.
Abarwanyi ba FDLR baherutse gutaha mu Rwanda babwiye Kigali Today ko kubasha kugaruka mu Rwanda bakabona bahakandagije ibirenge ari amahirwe kuko nta wakwifuza kugumam muri FDLR dore ko ngo na benshi mu bakiyirimo baba batabishaka.
Ngo Abanyarwanda bakwiye kumenya no kujya bahora bazirikana ko icyo bahuriyeho atari ubwoko ahubwo ari igihugu gituma bose bitwa Abanyarwanda kandi bikaba bikwiye kubafasha kuba bamwe no guharanira imibereho myiza n’iterambere rusange nk’Abanyarwanda.
U Rwanda rwifatanije na Afurika y’Epfo kimwe n’ibindi bihugu ku isi, mu guha icyubahiro Nelson Mandela akaba ari muri urwo rwego ku biro by’ubuyobozi butandukanye n’ahandi hari ibendera ry’igihugu n’andi, usanga yururukijwe agezwa hagati.
Sergent Nzeyimana Pierre witandukanyije n’umutwe wa FDLR aratangaza ko anenga bagenzi be batsinzwe bakanga kugaruka ngo bubaka igihugu cyabo. Uyu musirikare atangaza ko yagiye muri FDLR kubera amaburakindi naho ngo ubundi ntiyari ayobewe ko batsinzwe.
Abagore batatu bamaze icyumweru baranze kwakirwa nk’impunzi zitahutse mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi kubera ko bari baratahutse mbere bakongera gusubira muri Congo bakagaruka bavuga biyita impunzi bagamije guhabwa ibyo abatahutse babona.
Umuyobozi mukuru ushinzwe ubushakashatsi n’ububiko-shakiro kuri Jenoside, aravuga ko urubyiruko rukwiye kwitabira ibikorwa byo kurwanya Jenoside no kurwanya ingengabitekerezo yayo, nk’Abanyarwanda bazaba bafata ibyemezo mu bihe biri imbere.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, aratangaza ko kubaka Ubunyarwanda nyabwo ari inkingi ikomeye irwanya gutonesha n’ivangura kandi bukaba buvura ibikomere by’Abanyarwanda.
Inzego zitandukanye za Leta na Guverinoma zagiranye ibiganiro n’Abanyarwanda baba mu mahanga (Diaspora) mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kugira ngo nabo bazayisobanurire abo babana mu bihugu babamo bayumva neza.
Abagize Ishuri rikuru rya gisirikare mu gihugu cya Kenya (Kenyan National Defense College), barimo gusura inzego za Leta, iza gisirikare, ubukerarugendo n’inganda byo mu Rwanda, mu rwego rwo kwiga uburyo ngo bajya kuvugurura amasomo batanga, nyuma yo kwegeranya ibyo bazabona mu bihugu byose bazageramo.
Itsinda ry’abagore bagera kuri 30 bo mu karere ka Muhanga bibumbiye mucyo bise “Club Soroptimist” bishatse kuvuga itsinda ry’ibyiza by’umugore, riravuga ko rigiye guhangana n’ikibazo cy’abana b’abakobwa bacikisha amashuri bagatangira guhura n’ingorane cyane cyane izo gutwara inda zitateguwe.
Abanyarwanda 129 biganjemo abagore n’abana batahutse mu Rwanda taliki 6/12/2013 bavuye muri Kivu y’amajyaruguru aho bavuga ko igihe kigeze ngo batahe bave mu buhungiro n’imihangayiko baterwa n’intambara za buri munsi.
Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo bukomeje gushyira ingufu mu kwimura abaturage batuye mu manegeka babatuza aheza, hari bamwe muri bagenzi babo bavuga ko basanga uburyo iguranwa ry’ibibanza rikorwa bitabanogeye.
Umushinga w’Iterambere Ridaheza (Projet de Développement Local Inclusif) ukorera mu karere ka Nyamasheke urasaba ko abateganya kubaka ibikorwa remezo batekereza uburyo bwo korohereza abafite ubumuga ndetse n’abandi bantu bafite intege nke, bityo babashe gutera imbere icyarimwe n’abandi nta we usigaye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ko ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda bigaragazwa n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) n’imwe mu miryango mpuzamahanga, ari byo Abanyarwanda bakwiye kwibonamo, kuruta “ibiharabika igihugu” yagereranyije n’uko umuntu yakwambikwa umwenda utamukwira.
Solange Iradukunda w’imyaka umunani y’amavuko yitabye Imana akubiswe n’inkuba, nyina we bari kumwe agwa igihumure, ariko hashize umwanya muto aza kuzanzamuka, kuri uyu wa Gatanu tariki 6/12/2013.
Aba banyarwanda batahutse bavuga ko batakaje agaciro ku Bunyarwanda aho ngo kuba muri Congo bahoraga batukwa bagatotezwa n’Abacongomani, babafata nk’abatagira igihugu kandi ari Abanyarwanda.
Sergent Havugimana Bertin witandukanyije na FDLR yatangaje ko imyumvire yo mu mashyamba yamugaje benshi ku buryo ngo uje wese abasukamo ibihuha bibabuza gutahuka mu gihugu cyabo. Avuga ko we yafashe ingamba z okwitandukanya n’uwo mutwe kuko ngo asanga nta terambere yageraho akiri muri iyo myumvire.
Mu rwego rwo kongerera ubushobozi urwego rwa Polisi, kuri uyu wa kane tariki 5/12/2013 abapolisi bakuru 36 barangije amasomo ku kuyobora abandi n’akazi ko mu biro ‘Intermediate Command and Staff Course’, mu ishuri rikuru rya polisi riherereye mu karere ka Musanze.
Bikomeje kugaragara ko hari Abanyarwanda bamaze gucengerwa na gahunda ya "Ndi Umunyarwanda" batagifata amoko nk’ibibatanya ahubwo barabirenze biyemeza kubana neza nk’uko Mukamana Ruth na Mbabazi Jean Claude bo mu karere ka Rutsiro babigezeho.
Ministeri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) yatangije umushinga wo gukora ubushakashatsi mu twose tw’igihugu, mu rwego rwo kumenya ibiza bishobora kuhaba n’ingaruka byatera kugira ngo bishakirwe umuti.
Urwego rw’umuvunyi rwashimye uburyo urubyiruko rwitabiriye kwamagana ruswa mu rugendo, mu ndirimbo n’imikino itandukanye, kuko ngo bitanga icyizere cyo kuzagira igihugu kitagira ruswa, ubwo urwo rubyiruko ruzaba ruyobora igihugu mu gihe kizaza, kandi ari narwo rugize igice kinini cy’abaturage.
Nsengiyuma Theogene w’imyaka 33, avuga ko kubera urwango yangaga Abatutsi yagiye muri FDLR ngo asubize ubutegetsi Abahutu cyakora nyuma yaje kumenya ko u Rwanda rutagiha agaciro umuntu kubera ubwoko agaruka mu gihugu none ubu ashinzwe umutekano mu mudugudu.
Mu gihe hasigaye umunsi umwe ngo inama y’igihugu y’umushyikirano yongere iterane ku nshuro ya 11, Kigali Today yaganirye n’Abanyakarongi bayigaragariza icyo bifuza ko cyaganirwaho mu nama y’umushyikirano izatangira tariki 06/12/2013.
Rwiyemezamirimo wahawe isoko ryo kubaka amazu 15 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yananiwe kuyuzuza maze abubakiwe ayo mazu bafata icyemezo cyo kuyajyamo atuzuye aho gukomeza gusembera batagira aho barara.
Intumwa yihariye y’Amerika mu karere k’ibiyaga bigari, Russell Feingold, taliki ya 4/12/2013 yakiriwe na Perezida Kagame baganira ku buryo ikibazo cy’umutekano mucye mu karere cyabonerwa ibisubizo.
Bumwe mu butumwa bwatanzwe mu gutangiza ku mugaragaro icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa mu Rwanda, igikorwa cyabereye i Huye ku wa 4/12/2013, ni uko nta terambere ryagerwaho hariho ruswa.