Abagore bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera bibumbiye mu ishyirahamwe “Abaharanira Amahoro” biyemeje gukangurira abantu batandukanye igikorwa cy’ubumwe n’ubwiyunge kugira ngo nabo babashe kwishyira hamwe biteza imbere.
Imodoka ya taxi minibus itwara abagenzi yagonganye na FUSO mu murenge wa Nyakiriba, mu karere ka Rubavu mu ma saa tanu za mu gitondo tariki 13/07/2012 abantu batanu bahita bitaba Imana abandi 14 barakomereka.
Hari uturere twaranzwe no guhiga imihigo idafatika mu gihe utundi twananiwe gukora iganamigambi rihamye; nk’uko bigaragara muri raporo y’abari bashinzwe gukora igenzura ku mihigo mu turere.
Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu bihugu bigize akarere k’ibiyaga bigari basinye amasezerano yo gushyiraho ingabo zo guhashya imitwe yitwaza intwaro ihungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Congo.
Mu nama yiga ku ikoreshwa ry’umutungo kamere n’ibiribwa ku isi, Perezida Kagame yatangaje ko hacyeneye ubufatanye bw’abashoramari mu kuzamura ibihugu bikiri mu nzira y’iterambere mu gukoresha neza umutungo kamere n’ubuhinzi kugira ngo abaturage bashobore kugira imibereho myiza.
Akagari ka Mucyimba ni ko kaje ku isonga mu imurikabikorwa ry’umwaka 2011-2012 ry’utugari icyenda rugize umurenge wa Rugabano, akarere ka Karongi. Uwo muhango wo kumurika ibikorwa by’umurenge (open day) wabaye tariki 12/07/2012.
Sena y’u Rwanda yemeye umushinga w’itegeko rishyiraho ibigenerwa abanyapolitiki birimo amafaranga yo kwakira abashyitsi, koroherezwa mu ngendo ndetse no kubona amacumbi kuri bamwe; byiyongera ku mishahara bahabwa izazamuka guhera muri uku kwezi kwa Nyakanga.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Gatsibo hamwe n’izindi nzego zifite ibyo zikora muri ako karere ziramurikira abaturage ibyo zibagezaho mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa uburyo bagera kubyo bifuza mu iterambere n’imibereho myiza.
Abaturage batuye umurenge wa Butare mu karere ka Rusizi barasaba inzego zibishinzwe ko zabakura mu bwigunge baterwa no kutumva radiyo cyangwa ngo barebe television dore ko nta muriro w’amashanyarazi bagira.
Perezida Paul Kagame ari mu bitabiriye inama yari igamije kuganira uburyo abagore n’abakobwa miliyoni 120 bo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bagerwaho na gahunda zo kuboneza urubyaro.
Tariki 11/07/2012 abagize komite nyobozi y’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyanza bakoranye inama yo kunoza imyiteguro y’imyaka 25 uwo umuryango umaze ushinzwe.
Umuryango w’Abagide mu Rwanda urakangurira abagore n’abakobwa kumenya uburenganzira n’inshingano zabo mu rwego rwo gukumira ingaruka ziba ku buzima bwabo n’abana babo.
Umubare w’ababyeyi bakoresha uburyo bwo kubineza urubyaro bugezweho wavuye kuri ugera ku 10% muri 2005 bigera kuri 45% muri 2012. Kimwe mu bimenyetso cy’igabanuka ry’ubwiyongere bukabije mu Rwanda, mu gihe isi ihangayikishijwe n’ubwiyongere bukabije bw’abayituye.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu mu Rwanda yageneye Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha (Community Policing Commitees) zo mu Ntara zose n’umujyi wa Kigali, telefone igendanwa mu rwego rwo kujya zitanga amakuru vuba kandi mbere y’uko icyaba kiba.
Kuri uyu munsi isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga w’abayituye, Umujyi wa Kigali wasabye abawutuye kubyara bake, gukoresha neza umutungo kamere w’ubutaka ndetse no kurengera ibidukikije.
Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yemeje ko guhera tariki 18/07/2012 imirenge yose igize akarere ka Rubavu izaba ifite abanyamabanga nshingwabikorwa bashya; nk’uko umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Sheikh Bahame Hassan, yabitangaje.
Abitandukanyije n’inyeshyamba zo mu mashyamba ya Kongo bagera kuri 309 bari bari mu ngando mu kigo cya Mutobo, mu karere ka Musanze basubijwe mu buzima busanzwe kugira ngo bakomeze bakorere u Rwanda mu buryo butandukanye.
Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bivuga igifaransa (OIF) watangije gahunda imeze nk’ubudehe mu bihugu bine bya Afurika birimo n’u Rwanda. Iyi gahunda izamara imyaka itatu yatangiranye ingengo y’imari y’amayero ibihumbi 300 mu turere twa Nyanza, Ngororero na Rutsiro.
Umwuka watangiye kuba mwiza mu mudugudu wa Nyandarama, akagari ka Kagara, umurenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi nyuma y’ukwezi havugwa umutekano muke uturuka ku kibazo cy’amarozi hagati y’abaturage.
Ingabo za Leta ya Kongo n’iza ONU (MONUSCO) zoherejwe mu mujyi wa Goma mu rwego rwo kwitegura ibitero bakeka ko M23 yagira kuri uyu mujyi. M23 imaze iminsi wigarurira uduce dutandukanye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Impuguke z’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku miturire (UN Habitat) ziri gusura imidugudu itandukanye mu Rwanda mu rwego rwo kureba aho u Rwanda rugeze mu rwego rw’imiturire.
Insoresore zitwaje amabuye n’inkoni zo mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo zirukanye uwitwa ko ari Umunyarwanda ubarizwa muri uwo mujyi, tariki 09/07/2012, zivuga ko zitabashaka ku butaka bwa Kongo.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yahaye akarere ka Nyanza imashini 10 zibumba amatafari n’amategura nk’uko Niyitegeka Venant ushinzwe imiturire muri aka karere yabitangaje tariki 09/07/2012.
Urupfu rw’umusirikare w’umunyakenya wishwe azira gushaka kuvuga amakuru yerekeye Kabuga ndese no gutahurwa amufotora rwihishwa nirwo rwabaye intandaro y’amakuru avuga ko umutwe w’ubutasi wo muri Kenya ukorana na Kabuga Felicien.
Tujilane Chizumila, ukuriye urwego rw’Umuvunyi muri Malawi, ari mu ruzinduko mu Rwanda guhera kuri uyu wa mbere tariki 09/07/2012, aho aje kwigira ku bunararibonye bwarwo mu gukemura ibibazo hagati ya Leta n’abaturage.
Ku muhanda Butare- Kigali, ukiva ku iteme rya Kayumbu mu murenge wa Cyeza ho mu karere ka Muhanga igiti kinini cyaguye mu muhanda kibuza imodoka zavaga i Kigali ndetse n’izajyagayo gutambuka.
Ntihemuka Daniel w’imyaka 28 wo mu mudugudu wa Ruhuha, akagari ka Munini, umurenge wa Ruhangomu karere ka Ruhango yatwitswe n’umugorewe Yankurije Jeannette tariki 06/07/2012 amumennyeho inyama yari amaze guteka.
Mu rwego rwo kwirinda umubyigano w’imodoka (ambouteillage) n’imihanda miremire ituma abagenda mu mujyi wa Kigali batinda kugera iyo bajya, ubuyobozi bw’uyu mujyi burimo kubaka no gushyira kaburimbo mu mihanda yambukiranya ibice biwugize.
Abatuye mu kagari ka Kibu mu murenge wa Mugombwa, mu karere ka Gisagara batewe impungenge n’abaturage bakomeje kwiyahura abandi ugasanga babigerageza bagateshwa.
Dominique Decherf wahoze ahagarariye igihugu cy’Ubufaransa mu Rwanda atangaza ko inyito z’amoko “Hutu na Tutsi” ari inyito zazanywe n’abazungu bagamije ivangura hagati y’Abanyarwanda.