Mu gihe cy’icyunamo cy’iminsi 100, mu karere ka Gatsibo hakozwe ibikorwa byinshi bifata mu mugongo abacitse ku icumu rya Jenoside birimo gusana amazu yari yarangiritse, kuboroza no kubakira abadafite aho kuba,byatwaye amafaranga miliyoni 10.
Mu kwizihiza isabukuru y’ubwigenge n’iyo kwibohora, Abaturage bo mu murenge wa Gishyita mu karere ka Karongi bongeyeho agashya bavuga ko babohotse no mu myumvire none ubu bakaba baragezweho n’iterambere ritari ryarigeze riharangwa mbere ya 1994.
Abaturage basabwa kuzatanga amakuru y’ukuri ku bibazo bazabazwa mu ibarura rusange ry’abaturage ryegereje kugira ngo intego yaryo igerweho nk’uko byateganyijwe, mu rwego rwo kuzamura imiberehomyiza n’iterambere by’abaturage.
Umusore w’Umunyekongo w’imyaka 18 y’amavuko witwa Patrick Cyubahiro yahohotewe n’abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bamushinja kuba Umututsi ukomoka mu Rwanda.
Mu karere ka Nyanza bahimbaje isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge n’imyaka 18 rumaze rwibohoye basaba abaturage kurushaho kwihesha agaciro muri byose; nk’uko Murenzi Abdallah umuyobozi w’ako karere yabisabye.
Abaturage b’i Rwamagana bitabiriye ibirori by’umunsi w’Ubwigenge wizihirijwe rimwe n’uwo kwibohora bashimangiye ko nta Munyarwanda n’umwe wakongera kwemerera uwo ari we wese gusubiza u Rwanda mu mateka y’imiyoborere n’imibereho mibi byaruranze.
Ijambo Perezida Kagame yavuze ku munsi wo kwizihiza imyaka 50 y’ubwigenge, hamwe n’imyaka 18 ishize u Rwanda rwibohoye, ryibanze ku guha inshingano Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko, kugira ngo mu myaka 50 iri imbere igihugu kizabe cyageze ku ntera ishimishije.
Imiryango ibanye neza irasabwa gutanga ubuhamya mu bikorwa bitandukanye bikorerwa mu midugudu cyane cyane umuganda n’akagoroba k’ababyeyi kugira ngo ihohoterwa ribera mu ngo ricike.
Perezida wa IBUKA, Dr. Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko kuba abadafite ubushobozi bwo kwishyura imitungo y’abandi bangije mu gihe cya Jenoside bazakora imirimo nsimburagifungo (TIG) ntacyo bizamarira abacitse ku icumu.
Abaturage 15,748 bo mu turere twa Nyamasheke na Rusizi nibo bagezweho n’ubuvuzi bwatangwaga n’inzobere mu kuvura indwara zitandukanye zo mu bitaro bya Gisirikari mu gikorwa cyiswe army week cyashojwe tariki 30/06/2012.
Itsinda rishinzwe gusuzuma uko imihigo yashyizwe mu bikorwa mu turere rirashima akarere ka Burera kubera ko imihigo myinshi mu yo kari karahize karayishyize mu bikorwa, imike isigaye akaba ariyo igomba kongerwamo ingufu.
Umubare w’abaturage batuye mu mu kagali ka Ruyenzi umurenge wa Runda akarere ka Kamonyi bagera ku mazi meza baracyari bacye, bigatera akavuyo, n’ubwo Ikigo cy’igihugu gitanga ingufu, amazi n’isukura (EWSA) cyarangije kuhayobora amazi.
Urubyiruko rurakangurirwa kugira uruhare mu guhangana n’ubwiyongere bukabije bw’abaturarwanda, kuko imibare igaragaza ko buri mwaka u Rwanda havuka abana bangana n’abaturage batuye akarere kamwe k’igihugu.
Amarushanwa yateguwe n’uruganda rw’inzoga Skol yashojwe mu nangiriro z’ukwezi kwa 06/2012, hari abaturage bavuga ko aya marushanwa yasojwe badahawe ibihembo batsindiye.
Akarere ka Nyanza kahariye igice kinini cy’ingengo y’imali y’umwaka utaha wa 2012-2013 kuzamura imibereho myiza y’abaturage, kugira ngo barusheho kubaho neza banihuta mu iterambere rirambye kuri buri wese.
Insakazamajwi za Radio “Icyerekezo” y’umurenge wa Runda, zibangamiye bamwe mu batuye Akagari ka Ruyenzi ho mu karere ka Kamonyi, aho amajwi yazo abangamira umutekano w’ingo zabo harimo kubuza abana gusinzira no kudakurikira neza izindi Radiyo bashatse kumva.
Guverineri w’Intara y’u Burengerazuba yiseguye kuri komisiyo y’abakozi ba Leta avuga ko amakosa mu micungire y’abakozi yagaragaye mu turere twa Rutsiro, Rubavu na Nyabihu atabaye ku bushake ahubwo byatewe no kutamenya kubahiriza amategeko agenga imicungire y’abakozi.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe, aravuga ko Abanyarwanda bakwiye gukomeza gufatana urunana mu bikorwa byose bakora kuko aribwo bazabasha gutera imbere kandi mu gihe gito.
Leta ifite gahunda yo kwegurira abaturage bahawe amazu mu midugudu ubutata bwubatseho ayo mazu. Minisiteri ishinzwe Ubutaka n’Umutungo Kamere (MINIRENA) yamaze kugeza umushinga w’itegeko ry’iyi gahunda ku Nama y’Abaminisitiri iheruka guterana ikawemeza.
Abasheshakanguhe bafata amafaranga y’ubwishingizi bw’izabukuru bo mu karere ka Ngororero barasaba ko Leta ndetse n’ikigo cy’ubwitegenyirize bw’abakozi babarenganura kuko hari bamwe muri bo bagifite ibirarane by’imisanzu yabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga n’abakora umwuga wo gucukura amabuye y’agaciro muri aka karere bakomeje kutumvikana ku buryo bwo gucukura aya mabuye n’imisoro aka karere kari kubashyiraho.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru arasaba ko amasezerano y’akazi ndetse n’amatego agenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro byubahirizwa kugira ngo abo bakozi nabo bakore ntacyo bishisha.
Imiryango 39 y’abasigajwe inyuma n’amateka yo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera yasezeranye imbere y’amategeko, tariki 28/06/2012, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere imibereho yabo mu miryango.
Abantu barindwi barimo n’umushoferi wari utwaye imodoka ifite purake RAA 485 T ikora akazi ka taxi voiture yavaga mu Bugarama yerekeza i Kamembe bitabye imana, tariki 28/06/2012, ubwo iyo modoka yagonganaga n’igikamyo gifite purake RAB 825B.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango buravuga ko bumaze gufata ingamba zo gukumira abana bava mi miryango yabo bagahitamo kwandagara mu mihanda.
Ikirombe cyo mu murenge wa Kabacuzi mu karere ka Muhanga cyagwiriye abantu bane bacukuraga amabuye y’agaciro, mu gitondo cya tariki 28/06/2012, umwe muri bo ahita ahasiga ubuzima.
Inama nkuru y’abagore bo mu Ntara y’Uburasirazuba bateraniye mu nama nkuru (congres) mu karere ka Rwamagana aho bagiye gusuzuma aho bageze mu kwiteza imbere no kuzahura imibereho myiza yabo n’iy’igihugu muri rusange.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, hamwe n’umugaba w’ingabo z’u Rwanda, Lt.Gen. Charles Kayonga, kuri uyu wa kane barahurira n’abayobozi b’ingabo za Kongo mu mujyi wa Goma kugira ngo baganire ku mutekano mucye urangwa mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Umuryango w’Abibumbye washyikirije u Rwanda igihembo rwahawe mu kwezi gushize kuko rwitaye by’umwihariko ku bibazo by’ihohoterwa rikorerwa abagore bakabona serivisi nziza.