Amazi abiri y’ubucuruzi aherereye mu kagali ka Kiziguro Umurenge wa Nkungu, yaraye yibasiwe n’inkongi y’umuriro, arashya arakongoka n’ibikari byayo. N’ubwo nta muntu wahasize ubuzima, hangirikiye ibintu bifite agaciro ka miliyoni eshatu.
Abagabo 14 bahoze barwanira umutwe ufatwa nk’iterabwoba wa FDLR nyuma bakaza kwitandukanya nawo, kuri uyu wa Kane tariki 06/07/2012 bageze mu nkambi ya Nyagatare iherereye mu karere ka Rusizi.
Imodoka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Ben yagonze abantu babiri umwe ahita yitaba Imana undi arakomereka bikomeye, mu mpanuka yabereye i Gikondo ahazwi ku izina rya Merez ya Kabiri, kuri uyu wa Gatandatu tariki 07/07/2012.
Inkongi y’umuriro itaramenyekana icyayiteye yibasiye inzu ya Niyonsaba Leonard, itwika ibishyimbo yari amaze gusarura n’igisenge k’inzu ye kirahangirikira, kuri uyu wa Kane itariki 05/07/2012.
Abanyarwanda hamwe n’inshuti z’u Rwanda bab mu Budage barashima aho u Rwanda rugeze mu iterambere nyuma y’imyaka 18 rwibohoye n’imyaka 50 rubonye Ubwigenge.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko igice cyose cyo mu Mujyi wa Kigali mu rwagati no mu nkengero zawo, hatangiye kubakwa mu buryo bugezweho, bikurikije inyingo yo kuva mu 2011 kugeza mu 2016.
Umuryango Haguruka uharanira uburenganzira bw’umugore n’umwana uratangaza ko amazina ahabwa ibyiciro by’imibereho byashizwemo abaturarwanda atemewe mu mategeko kuko ngo ari bumwe mu buryo bukurura ivangura.
Perezida wa Samalia, Sheikh Sharif Ahmed, yageze mu Rwanda taliki 05/07/2012 mu rugendo yarimo akorera mu bihugu byo muri Afurika, aho asaba ubufasha mu kongera umutekano mu gihugu cye cyitegura amatora mu kwezi kwa Kanama.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace itwara abagenzi i Nyamirambo yagonze imodoka enye mbere yuko ihagarara mu muhanda uva kuri State Regional ujya mu mujyi hafi yahitwa kuri Club Rafiki tariki 05/07/2012.
Ikompanyi ikora ibijyanye n’ibikorwa remezo, NPD-COTRACO, irasabwa kongera ibikorwa ikora no kubirangiriza igihe amasezerano iba yagiranye n’abakiriya bayo.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame azasura akarere ka Nyagatare tariki 06/07/2012 akanafungura ku mugaragaro uruganda Easter African Granite Industries rukora amakaro ruherereye ahitwa Rutaraka mu murenge wa Nyagatare.
Ku bufatanye n’abatwara abangenzi ndetse n’Ikigo cy’Igihugu ngenzuramikorere (RURA), Umujyi wa Kigali washyizeho uburyo bwo gutwara abagenzi, wemeza ko buzakemura ikibazo cy’ibura ry’imodoka mu masaha amwe n’amwe.
Umuryango Dothan Revival Ministries wihaye intego yo kubiba inyigisho z’urukundo, amahoro, Ubumwe n’Ubwiyunge mu rubyiruko mu rwego rwo kurukangurira guhashya icyakurura amacakubiri mu Banyarwanda.
Abagize itsinda rya Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) bamaze iminsi ibiri basuzuma akarere ka Karongi kageze gashyira mu bikorwa imihigo y’umwaka wa 2011/2012 baratangaza ko ako karere gahagaze neza n’ubwo igihe cyo gutanga amanota rusange kitaragera.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Juba mu murwa mukuru wa Sudani y’Amajyepfo (UNMISS) n’umuryango w’Abanyarwanda bahaba, bifatanyije n’u Rwanda mu kwizihiza umunsi w’Ubwigenge no kwibohora ku nshuro ya 18, tariki 01/07/2012.
Ikamyo itwara ibikomoka kuri peteroli yo muri Tanzaniya y’ikompanyi AAA yahiye ifunga umuhanda Gisenyi-Kigali amasaha abiri n’igice kuri uyu wa gatatu tariki 04/07/2012 saa ine n’igice za mu gitondo.
Abari mu butumwa bwo kugarura amahoro i Darfur muri Sudani (UNAMID) bifatanije n’Abanyarwanda mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rubonye ubwigenge, n’isabukuru y’imyaka 18 rumaze rwibohoye.
Umubiligi witwa Julien Nyssens wabaye mu bategetsi bitwaga Administrateur de Territoire mu gihe cy’ubukoloni mu Rwanda yasohoye igitabo kivuga ku Rwanda hagati y’umwaka w’1948 kugeza mu mwaka w’1961.
Ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, tariki 03/07/2012, yizihije isabukuru y’imyaka 234 igihugu cyayo kimaze kigobotoye ingoyi ya gikoloni. Ambasaderi wayo yashimiye u Rwanda umubano wihariye ibihugu byombi bikomeje kugirana.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari kumwe n’umufasha we, Jeannette Kagame, kuri uyu wa 03/07/2012 bagiriye uruzinduko ku kigo cy’amashuri cy’abakobwa cya Gashora Girls Academy riherereye mu karere ka Bugesera.
U Rwanda na Turukiya byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere, harimo gushyiraho za ambasade mu bihugu byombi, kurwanya iterabwoba n’ibyaha byambukiranya ibihugu, ndetse n’ishoramari mu nzego zitandukanye.
Bamwe mu bakozi n’abayobozi b’uturere barasaba ko gahunda ya decentralization y’ingengo y’imari ya Leta yakwihutishwa ikagezwa no ku mirenge kugira ngo uturere tubone umwanya wo gutekereza ibindi bikorwa by’iterambere.
Umusazi uri mu kigero cy’imyaka 29 yuriye ipoto y’amashanyarazi mu kagari ka Musamo, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango mu ma saa kumi n’imwe z’igitondo tariki 03/07/2012 kumukuramo birananirana aza kuyimanukamo saa tatu n’igice.
Rukundo Fréderic, umuyobozi ushinzwe amasomo mu rwunge rw’amashuli ya Nyagasozi rwubatse mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yakinguye ibiro bye asangamo inyandiko idasinye ihembera ingengabikerezo ya Jenoside.
Vedaste Munyagisenyi w’imyaka 22 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere kuva tariki 01/07/2012 akekwaho kwica Silas Tegejo w’imyaka 32 na we wakoraga akazi k’ubukarani amukubise igitiyo mu mutwe kubera amakimbirane bari bafitanye.
Abagabo batatu baturutse mu mujyi wa Bury St. Edmunds mu Bwongeleza, baje ku magare mu rwego rwo gukusanya inkunga yo kugura ibikoresho by’imikino byo mu mashuri b’abana babana n’ubumuga, bageze i Kigali ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki tariki 02/07/2012.
Uko iminsi igenda yicuma niko abana bari hagati y’imyaka 12 na 15 bagenda biyongera mu mujyi wa Rusizi. Bavuga ko bata imiryango yabo baje gushaka amafaranga mu mujyi.
Prof. Byanafashe Deo wigisha amateka muri kaminuza nkuru y’u Rwanda avuga ko bimwe mu byatumye ubwigenge bw’Abanyarwanda butagerwaho neza, ariko uko bwashyizwe mu maboko y’abayobozi batari biteguye kubukoresha.
Mu gihe cy’icyunamo cy’iminsi 100, mu karere ka Gatsibo hakozwe ibikorwa byinshi bifata mu mugongo abacitse ku icumu rya Jenoside birimo gusana amazu yari yarangiritse, kuboroza no kubakira abadafite aho kuba,byatwaye amafaranga miliyoni 10.
Mu kwizihiza isabukuru y’ubwigenge n’iyo kwibohora, Abaturage bo mu murenge wa Gishyita mu karere ka Karongi bongeyeho agashya bavuga ko babohotse no mu myumvire none ubu bakaba baragezweho n’iterambere ritari ryarigeze riharangwa mbere ya 1994.