Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa aravuga ko ikibazo cy’ihohoterwa mu muryango nyarwanda gikwiye kurandurwa kugeza ubwo gihinduka amateka.
Mu gihe hari abayobozi binubira kuba hari abanyamakuru bagirana ikiganiro (interview) hanyuma bagatangaza agace batari biteze, Aimé Kajangana, umukozi w’urwego rw’Umuvunyi avuga ko abayobozi baha abanyamakuru amakuru baba bari bukoremo inkuru batabaha inkuru.
Uhagarariye igihugu cy’u Burundi mu Rwanda, Ntukamazina Aléxis aravuga ko agiye kuvuganira impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda bityo bakareka gukomeza guhunga, kuko imbonerakure bahunga zitari hejuru y’amategeko.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ngo muri we si umunyapolitiki nubwo ayikora. Ibi yabitangaje kuri uyu wa 2 Mata 2014, ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru muri village Urugwiro.
Ubuyobozi bw’Ikigo cyongerera ubumenyi abafite ubumuga kirabibutsa ko badakwiye kubera umutwaro abakoresha cyangwa ngo abakoresha babafate nk’abadashoboye byabadindiriza imirimo ngo bitumen babima akazi cyangwa babima agaciro ku isoko ry’umurimo.
Abagiraga ibibazo by’ihungabana cyane cyane mu gihe cyo kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, nyuma yo gufashwa ndetse no guhugurwa ngo nabo biteguye gutanga ubufasha mu gihe cy’icyunamo ku bantu bazagira ihungabana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo butangaza ko ahari imiyoborere myiza, ibikorwa byigaragaza binyuze mu kugeza ku baturage serivisi nziza kandi inoze.
Imvugo “ Amasaha y’abirabura” imaze gusakara mu mvugo yacu y’Ikinyarwanda ku buryo urahura n’umuntu wategereje undi akamubura ati “Iby’amasaha y’abirabura ntawabishobora”, wahura n’undi wakererewe akazi ati ”Dukora mu masaha y’abirabura”.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yabwiye abavuga ko bashaka ko akomeza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017 ko bagifite akazi gakomeye ko kubimwumvisha bakanabyemeza Abanyarwanda, kuko Itegeko Nshinga risanzweho ribimubuza kandi akaba we ntawe yasabye kurihindura.
Abaturage bo mu Tugari twa Hehu, Rusiza na Mutovu two mu Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu bahangayikishinjwe n’amazi ava muri pariki y’igihugu y’ibirunga agasenyera abaturage ndetse agatwara n’ubuzima bw’abantu.
Bamwe mu bakozi bakoraga isuku mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare n’inkiko z’ibanze 4 zirushamikiye bakoreshwaga na Kompanyi Shine Rwanda Ltd barasaba ababifitiye ubushobozi kubishyuriza kuko rwiyemezamirimo bamubuze bityo bakaba badahembwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo bwegukanye igikombe cy’ishimwe gitangwa mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kubera intambwe iba imaze guterwa mu mitangire y’amasoko aba yakozwe mu buryo bunyuze mu mucyo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Dr Alivera Mukabaramba yasabye abatuye Akarere ka Rubavu kuba hafi y’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu gihe cy’icyunamo, cyane cyane inshike n’abandi batishoboye baba bakeneye ababafata mu mugongo.
Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Rwamagana bashyigikiye ko umunsi wo kubeshya uba tariki ya 1 Mata washinga imizi ngo kuko ufasha abantu kuruhuka babeshya kugira ngo bishimishe ariko abandi bakavuga ko kubeshya ari icyaha kandi biteza ingaruka mbi zirimo igihombo n’ihungabana.
Mu Karere ka Bugesera hashyizweho inkambi iri kwakira Abarundi barimo guhunga ku bwinshi, bavuga ko baterwa ubwoba n’abashaka kubica.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nyakarenzo baravuga ko bababajwe n’amafaranga yabo batanze kuri biyogaze ariko hakaba hashize imyaka 2 zidakora.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu atangaza ko nta gihugu cy’igihangange ku isi cyagira icyo kibaza Abanyarwanda igihe bahinduye Itegeko Nshinga ryemerera Perezida Kagame kongera kwiyamamariza manda ya gatatu izaza nyuma ya 2017 kuko ibyo bihugu byagize aba-perezida banditse amateka nka Perezida Kagame bituma bahindura (…)
Parezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa 01 Mata 2015 yakiriye ba ambasaderi babiri bashya barimo Mme Namira Babil Mohamed El Mahdi Negm waje guhagararira igihugu cya Misiri mu Rwanda na Ali Idi Siwa waje guhagararira Tanzaniya mu Rwanda.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Rosemary Mbabazi mu mpanuro yahaye intore z’urubyiruko ziva mu Ntara y’Iburasirazuba zisaga 1032 yazisabye gufata iya mbere mu guteza imbere igihugu kuko u Rwanda rwabahaye amahirwe yose.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara barasaba ubuyobozi bw’akarere kabo kubatumikira ko bashaka gukomeza kuyoborwa na Perezida Paul Kagame ngo kubera ibyiza amaze kubagezaho.
Abana b’imfubyi 5 bo mu Kagari ka Burunga, mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi barasaba gufashwa kwishyura cyangwa gusonerwa umwenda basigiwe n’ababyeyi babo kuko nta bushobozi bwo kuwishyura bafite.
Nyuma y’igihe kinini abubatse inyubako nshya z’ibitaro bya Kirehe bategereje guhembwa ubu bari mu byishimo kuko bose bamaze guhembwa amafaranga yabo yose bakaba ngo bashimira itangazamakuru ryabavuganiye.
Abahoze mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda ikorera mu Burasizuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) basoje ingando zaberaga mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo mu Karere ka Musanze basabwe kutitinya bagafatana urunana n’abandi Banyarwanda mu kubaka igihugu cyabo.
Resitora Karibu, imwe mu maresitora azwi mu Mujyi wa Kigali rwagati, yatunguwe n’abakozi b’Umujyi wa Kigali bashinzwe kugenzura isuku mu maresitora n’amahoteli basanga aho bategurira ibyo kurya hari umwanda ukabije, bayica amande banayibwira ko ishobora gufungwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burimo gutegura igishushanyombonera cy’ikoreshwa ry’ubutaka bwo muri ako karere kizagaragaza ahazajya imijyi ndetse n’ahateganyijwe kubakwa imidugudu mu rwego rwo gukoresha ubutaka neza no kunoza imiturire.
Ishyirahamwe ry’abavuzi gakondo mu Karere ka Kayonza, tariki 30 Werurwe 2015 ryashyikirije polisi umuturage ukomoka mu gihugu cya Uganda rivuga ko ari umupfumu wiyitirira umwuga w’ubuzi gakondo.
Abashoferi bakorera muri gare ya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bavuga ko kuba itubakiye bituma icikamo imikuku ibangiriza imodoka kandi basora buri munsi uko bayinjiyemo.
Urwego RMC rw’Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda ruravuga ko kuba hari ibitangazamakuru byandika amakuru mabi n’inkuru zituzuye zirimo n’izijijisha ngo biterwa n’abaturage ndetse n’abasomyi badakoresha amafaranga yabo mu guhana ibyo bitangazamakuru.
Umuyobozi w’Ishuri rikuru rya Polisi riri mu Karere ka Musanze, CP Félix Namuhoranye atangaza ko ishuri rya Polisi ry’ubugenzacyaha (CID School) rizafasha abagenzacyaha kwiyungura ubumenyi bagakora amadosiye anoze yo gushyikiriza ubushinjacyaha.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) hamwe na Komisiyo y’ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) basabye abanyeshuri bagize amatsinda y’ubumwe n’ubwiyunge (SCUR) mu mashuri makuru na za kaminuza, kujya kwigisha indangagaciro z’ubunyarwanda mu bo bigana, abiga mu mashuri yisumbuye ndetse n’abaturage mu bice bakomokamo.