Minisitiri w’Imari n’igenamigambi (MINECOFIN), Ambasaderi Gatete Claver arahamagarira abashoramari b’abanyamahanga kuza gukorera mu Rwanda kubera amahirwe ahari mu kongera ubukungu bw’igihugu n’abagituye.
Polisi y’igihugu yashyikirije ibihembo itorero Twizerane ryo mu Karere ka Rubavu ryatwaye umwanya wa kabiri mu ntara y’Uburengerazuba mu gukora ibihangano bishishikariza abantu gukorana na Polisi y’igihugu mu bikorwa byo kwirindira umutekano.
Kamanzi Damien bahimba “Murundi” wamamaye cyane mu mujyi wa Nyanza wahoze ari inzererezi izwi ho urugomo n’ibikorwa by’ubujura, ubu aremeza ko avuye mu kigo ngororamuco giteza imbere imyuga cya Iwawa yarahindutse, ndetse atandukanye n’uwo yahoze ari we mbere.
Bamwe mu basirikare bakuru bari kwiga mu ishuri rya Nyakinama bavuga ko Akarere ka Nyamasheke kari gutera imbere ku buryo bugaragara mu kubaka no guha abaturage bako ingufu zituruka ku mashanyarazi.
Bamwe mu baturage bo mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Ngororero baratakambira akarere basaba ubuyobozi bwako kubarenganura kuko hari abayobozi bababuza kwivuza ku buryo bwa gakondo kandi ubundi buvuzi bwarananiwe indwara bafite bavuga ko zikomoka ku marozi.
Abanyeshuri b’abasirikari bakuru biga mu ishuri rikuru rya Girisirikari iri i Nyakinama, mu Karere ka Musanze, barasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Burera gushyira imbaraga mu kwegereza abaturage umuriro w’amashanyarazi, kuko abayafite bakiri bake kandi ariho hari urugomero rw’amashanyarazi rutanga amashanyarazi hirya no hino mu (…)
Abarobyi barobera mu kiyaga cya Kivu basaba ubuyobozi bwabo cyangwa ubuyobozi bwite bwa Leta kubafasha kubona ibikoresho bijyanye n’igihe bazajya bifashisha igihe bashatse kwiherera bari mu kivu, dore ko bamaramo ijoro ryose baroba amafi n’isambaza.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, Ngabo James aratangaza ko hakozwe ivugurura mu bakozi b’akarere, bamwe bakaba bahinduriwe imyanya n’aho abandi barashyirwa mu myanya mishya.
Umubyeyi witwa Nayino Genaroza acumbitse mu Karere ka Muhanga, Umurenge wa Nyamabuye, Akagari ka Gitarama, aho yaje gutura ahungutse ava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) agasanga umutungo we yari afite mu mujyi wa Kigali warabohojwe (waratwawe n’abandi bantu ku ngufu) kuva muw’1994.
Nyampinga w’u Rwanda wa 2014, Miss Akiwacu Colombe, afatanyije n’Umuryango “Unity Family” w’urubyiruko rwo mu Karere ka Rwamagana rwarokotse jenoside yakorewe Abatutsi, kuwa Kabiri tariki ya 03/02/2015 yatangije ku mugaragaro igikorwa cyo kubaka inzu izatuzwamo abakecuru b’incike 4 basizwe iheruheru na jenoside yakorewe (…)
Minisitiri w’ingabo wungirije muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), René Nsibu, kuva tariki ya 02/02/2015 ari mu Rwanda aciye mu Karere ka Rubavu kugira ngo akurikirane ikibazo cy’abarwanyi ba M23 bahungiye mu Rwanda mu mwaka w’2013.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke bararana n’amatungo mu nzu baravuga ko batayobewe ko ari bibi, ariko ngo nta kundi babigenza kugira ngo bacunge umutekano wayo.
Mu ruzinduko bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko bamazemo iminsi mu Karere ka Nyaruguru basanze abagatuye hari intambwe bamaze gutera mu iterambere, gusa bavuga ko hakiri ikibazo cy’umwanda ukabije kugeza n’ubwo bamwe mu baturage bakirarana n’amatungo mu nzu.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), Rosemary Mbabazi atangaza ko ingengo y’imari y’umwaka wa 2014-2015 izarangira hakozwe inyigo y’ikigo kigorora abana b’abakobwa b’inzererezi n’abakoresha ibiyobyabwenge, kuko byagaragaye ko hari abakobwa nibura 300 buri mwaka bafatwa kubera gukoresha (…)
Umuyobozi ushinzwe iyubahirizwa ry’ uburinganire mu gihugu cya Senegal, Fatou Diop, aratangaza ko ibihugu byinshi bifite icyo byakwigira ku bunararibonye bw’u Rwanda mu kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, irikorerwa mu ngo ndetse n’irikorerwa abana.
Abasore bo mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Musanze bahamya ko hari abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 14 na 18 bishoye mu ngeso z’uburaya bahabwa amafaranga ari hagati ya 200 na 500 kugira ngo babasambanye.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda aratangaza ko ibyiciro by’ubudehe abaturage bari gushyirwamo iki gihe ntaho bihuriye na zimwe muri gahunda za leta zirimo ubwisungane mu kwivuza bita Mituweli (MUSA) ndetse na bourse, inguzanyo leta igenera abanyeshuri batsindiye kwiga muri kaminuza.
Imvura yaguye ahagana mu masaha y’umugoroba kuwa 01/02/2015 yibasiye Akagari ka Mutego mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke isakambura ibyumba 3 by’amashuri abanza ya Mutego hamwe n’urusengero rw’abadivantisite b’umunsi wa karindwi rwavuyeho amabati agera muri 15.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu basanga ibyiciro by’ubudehe bashyirwamo bidakwiye gushingirwaho na Minisiteri zose igihe zifata ibyemezo.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera bavuga ko muri iki gihe umuntu waba intwari ari uwakora ibikorwa bigirira akamaro Abanyarwanda muri rusange birimo gusigasira umutekano ndetse no gukura abantu batandukanye mu bushomeri.
Mu rwego rwo gukomeza gushishikariza abaturage gukoresha ifumbire no kubereka uko hakorwa ifumbire y’imborera ikozwe nk’ikirundo, umuganda usoza ukwezi kwa Mutarama 2015 mu Karere ka Ngororero wibanze cyane cyane ku gukora iyo fumbire hifashishijwe ababifitemo ubumenyi hamwe n’abaturage ubwabo.
Umunyamabanga Mukuru mushya w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Itumanaho (ITU), Houlin Zhao yageze mu Rwanda kuri iki cyumweru tariki ya 01/02/2015 mu ruzinduko azasoza tariki ya 04/02/2015.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe bibukijwe ko ubutwari ari ikintu cyose umuntu akoze cyagirira rubanda nyamwinshi akamaro kandi bushobora kugaragarira mu buzima bwose bw’igihugu.
Inka ihaka yari yibwe mu Karere ka Kisoro, muri Uganda igafatirwa mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, yashubijwe nyirayo ku cyumweru tariki ya 01/02/2014, mu muhango wabereye mu Murenge wa Cyanika.
Abanyarwanda barakangurirwa kurangwa n’ubutwari mu byo bakora umunsi ku w’undi, kuko intwari yibukwa ari izibera Abanyarwanda bose urugero, nk’uko byagarutsweho ubwo hizihizwaga umunsi w’intwari z’u Rwanda, kuri iki cyumweru tariki 1/2/2015.
Umuganda wakozwe n’abaturage b’akarere ka Gasabo ku rwego rw’akarere ukabera mu murenge wa Kimihurura, aho abaturage bacukuye imirwanyasuri ahahoze hitwa Kimicanga mu Kagali ka Kamukina, wahawe agaciro ka miliyoni ebyiri n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza barasabwa kwizihiza umunsi w’intwari bagera ikirenge mu cyazo, kandi bigakorwa mu ngeri zose z’imibereho y’abantu n’iy’igihugu muri rusange.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma burasaba abagura ibibanza mu mujyi wa Ngoma kwitonda bakabanza bakabaza mu biro by’ubutaka igiteganyirijwe aho bashaka kugura, kugira ngo bahagure bazi ikihateganirijwe mu gishushanyo mbonera cy’umujyi giherutse kwemezwa.
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi yabwiye abaturage ko agaye ku mugaragaro bamwe mu bayobozi batekinika bagahimba imibare minini y’abaturage bafite ubwishingizi mu kwivuza, aho usanga iyo mibare itajyana n’amafaranga yatanzwe kugira ngo kwivuza ndetse n’imiti iboneke mu bitaro no mu bigo nderabuzima.
Abagana Kantine y’akarere batangaza ko babangamiwe no kutabona ubwiherero bakoresha igihe bibaye ngombwa kuko bufunze.