Abatuye umujyi wa Ruhango wo mu karere ka Ruhango, baravuga ko bakomeje guhangayikishwa n’ikibazo cy’abanab’inzererezi bakiri bato, bakomeje kwiyongera mu mujyi umunsi ku wundi.
Abana batandatu b’imfubyi birera bo mu Kagari ka Rusera mu Murenge wa Kabarondo wo mu Karere ka Kayonza ngo bamaze igihe kigera ku myaka ibiri batagira icumbi kuko inzu basigiwe n’ababyeyi babo yaguye mu myaka ibiri ishize kubera gusaza.
Bamwe mu bagore bakoraga umwugaw’uburayabo mu karereka Nyamasheke bavugako uburaya bwabasigiye ibikomere bikomeye by’umubiri n’umutima, ku buryo bikibakomereye kwiyubaka ngo baterimere nk’abandi Banyarwanda.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukindo ho mu Karere ka Gisagara bazwi nk’abatishoboye, bahabwa inkunga y’ingoboka (Direct Support), bibumbiye muri koperative Urumuri baravuga ko izina ry’abatishoboye barisezereye kuko bamaze kwigeza ku bikorwa by’iterambere.
Nyuma y’uko umusaza witwa Bambabenda Joseph yibwe inka n’iyayo agatakamba asaba ubufasha kuko ari yo yari imutunze, Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bwamwemereye kuzamushumbusha indi nka izamufasha gukomeza kwikura mu bukene.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Gisagara baratangaza ko gahunda yashyizweho na Leta yo gutoza urubyiruko ubutwari binyuze mu itorero, yahinduye benshi mu myumvire kuko uru rubyiruko rubafasha kumva gahunda zitandukanye zibagenewe.
Ba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Zambia baratangaza ko ibihugu byombi biri kunoza amasezerano azabifasha guhererekanya abakurikiranyweho ibyaha bahunga kimwe muri ibi bihugu bajya mu kindi, akaba ari naho abakurikiranyweho Jenoside bihishe muri Zambia bazatangira gufatwa.
Pelagie Mukagatare umwe mu mpuzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama ngo wari umaranye imvune imyaka 3 arishimira ko yahawe igare ryo kugenderamo n’imwe mu miryango y’abagiraneza ikorera Rwanda agahamya ko rizamufasha kugera kwa muganga agashobora kwivuza.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi aratangaza ko hagiye gushyirwaho uburyo bushya bwo guhugura abakozi ba Leta hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure, (E Leaning) aho kujyabakora ingendo bajya mu kigogishizwe imicungire y’abakozi ba Leta.
Intore z’abacuruzi bo mu Karere ka Rwamagana bazwi nk’“Imbaturabukungu”, ku wa ku wa 04 Kamena 2015, bahigiye ubuyobozi bw’aka karere ko bagiye kugafasha kubaka gare y’imodoka igezweho mu Mujyi wa Rwamagana maze biha amezi atandatu gusa ngo babe batangiye imirimo.
Abagore n’urubyiruko bo mu karere ka Nyagatare batoye ababahagarariye mu rugaga rw’abagore n’urw’urubyiruko bishamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi. Abatowe bose biyemeje guteza imbere abo bahagarariye no guharanira ko ibyo barayiriye bitasubira inyuma.
Abakozi bashya bashinzwe imicungire y’ubutaka, ibikorwaremezo n’imiturire mu mirenge yose igize akarere ka Gakenke barahiriye gutangira imirimo yabo, yo gufasha abaturage mu bibazo byose bijyanye n’ubutaka.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen. James Kabarebe arasaba abasirikare bakuru basoje amasomo yabo mu bya gisirikare n’umutekano gukoresha ubumenyi bungutse mu guhindura imikorere yari isanzwe imenyerewe mu bihugu byabo kugira ngo bageze abaturage aho bifuza.
Ibitaro bya Kibungo byatwandikiye bivuga ko bitigeze birebera ikibazo cy’isuku nkeya twanditseho ku wa 2 Kamena 2015 cyari cyaturutse ku bakozi babikoragamo isuku bakaza guhagarika akazi bashinja abaresha babo kutabahemba.
Urugaga rw’abagore bikorera rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Gasabo, rwatangije ikigega cyo gufasha incike 28 zabaruwe muri aka karere za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abagororwa bagera ku bihumbi 2 na 870 bo muri Gereza ya Rusizi kuri uyu wa 04 Kamena 2015, batumye ubuyobozi bw’iyo gereza kubasabira Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ko Itegeko Nshinga ryavugururwa Perezida Kagame akemererwa kwiyamamaze kuri manda ya gatatu.
Kuri uyu wa 04 Kamena 2015 Ihuriro ry’Ubuyobozi bwite bwa Leta n’abikorera mu Rwanda (RPPD) ryahaye abayobozi b’Urugaga rw’Abikorera (PSF) bo mu Ntara y’Amajyaruguru mudasobwa eshanu zizabafasha muri gahunda nshya ya SMS Application iri huriro ryatangije ngo bajye bashobora kwakira ibibazo by’abacurizi.
Imvura idasanzwe yaguye kuri uyu wa kane tariki ya 04 Kamena 2015 yasenyeye abaturage barindwi ndetse irengera imyaka y’abaturage mu Kibaya cya Kirambo mu Kagari ka Kigoya na Kibogora mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke.
Brig. Gen. Hodari Johnson uyobora ingabo za brigade 305 zikorera mu turere twa Musanze n’igice cya Burera aganira n’urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa 04 Kamena 2015 yavuze ko umutekano uhera ku bintu bisanzwe by’ubuzima bwa buri munsi nko kwimakaza umuco wawe aho gusamira hejuru umuco w’abazungu.
Abanyamuryango ba Sacco Baturebereho Ruhango, mu Karere ka Ruhango, na bo ngo ntibumva impamvu ingingo ya 101 mu Itegeko Nshinga ry’u Rwanda itahinduka, kandi Abanyarwanda ubwabo ngo baramaze guhinduka, haba mu iterambere no mu myumvire.
Ba nyir’ikigo cyitwa Super Décor Ltd bararegwa uburiganya bukabije bwo kutishyura umusoro ku nyongeragaciro witwa TVA urenga miliyari 1.4 y’amafaranga y’u Rwanda, bakoresheje guhimbira ibindi bigo bizwi inomero ziranga ubucuruzi zitwa TIN, bakabeshya ko ari bo bakiriya baguzeho ibicuruzwa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Shangasha Ndejeje Pascal ari mu maboko ya polisi ikorera mu karere ka Gicumbi, akekwaho ibyaha byo kugurisha isambu y’abasigajwe inyuma n’amateka akagurisha n’ishyamba rya leta mu nyungu ze.
Abanyamuryango 84 bagize Koperative y’Abarobyi mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, COPEDUJA, barasaba ko ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga yahindurwa maze Perezida Kagame akongera kwiyamamaza ngo kubera agaciro n’ibyiza yagejeje ku Banyarwanda n’abakora umwuga w’uburyobyi by’umwahiriko.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abanyamadini bo mu karere ka Burera kujya bubaka insengero babanje kubimenyesha ubuyobozi bw’akarere, kugira ngo habeho ingenzura birinde kubaka insengero zidafite ubuziranenge.
Perezida Kagame yatangaje ko ishyaka ritavuga rumwe na leta iriho rya Green Party, rifite uburenganzira busesuye bwo gutanga ikirego risaba ko ingingo y’i 101 ivuga kuri manda z’umukuru w’igihugu zitahindurwa kugira ngo habeho manda ya gatatu.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda biga ikoranabuhanga mu gihugu cy’Ubuhinde muri Kaminuza y’Annamalai iherereye mu Ntara ya Tamil mu Majyepfo y’icyo gihugu bahamya ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze uburezi butarobanura bakabishingira basaba ko yakomeza kuyobora u Rwanda muri manda itaha.
Abaturage 270 bo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze bahawe akazi ko kongera inzira y’amazi y’umugezi wa Susa uvuka mu gihe cy’imvura bamaze amezi ane bakora umunsi ku wundi ariko bategereje amafaranga bakoreye none amaso yaheze mu kirere.
Inyigo y’Ikigo gishishikariza abikorera gukoresha Umutungo Kamere mu buryo Bunoze (Rwanda Cleaner Production Center/RCPC), igaragaza ko ibigo 20 amafaranga y’u Rwanda byahombye akabakaba miliyari imwe mu myaka itanu ishize.
Ikigo gishinzwe Imisoro n’Amahoro mu Rwanda (Rwanda Revenue Authority) kiratangaza ko umucuruzi ucuruza ntahe abakiriya inyemezabuguzi (Factures), aba yiba imisoro yagombaga kujya mu isanduku ya Leta, kuko ngo nta cyizere kiba gihari cy’uko azayitanga.
Abaturage bo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze bangirijwe n’imyuzure y’amazi yavuye mu Birunga tariki 26 Gicurasi 2015 bashimye inkunga y’ibikoresho byo mu rugo bashyikirijwe n’umuryango utabara imbabara, Croix Rouge, ariko ngo ni igitonyanga mu nyanja mu gihe bakeneye n’ibyo kurya n’uburyo bwo kubaka ahandi (…)