Abahinga umuceri mu gishanga cya Migina bibumbiye muri Koperative Ubumwe Tumba barataka kutishyurwa umuceri watwawe na rwiyemezamirimo ufite uruganda ruwutonora, we akavuga ko nta masezerano y’ubugure bagiranye, ahubwo ko awubabikiye.
Minisitiri mushya wa Siporo, Nyirishimana Richard avuga ko yiteguye gukorana neza n’abafatanyabikorwa barimo ingaga z’imikino mu Rwanda kugira ngo bitange umusaruro wifuzwa muri uyu mutaka wa siporo Nyarwanda.
Mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera hatangijwe ibikorwa byo kubaka imihanda inyura mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Nyamata, hagamijwe kurushaho kuzamura iterambere ry’abaturiye iyo mihanda ndetse n’abayikoresha muri rusange.
Nyuma y’ikibazo cyari kimaze iminsi cy’umusaruro w’umuceri wari waraburiwe isoko bigateza ikibazo, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko hagiye gushyirwaho ikigo gishinzwe kugura umusaruro wose wabuze isoko.
Perezida waRepubulika Paul Kagame yasabye abayobozi kwirinda inama za hato na hato nahoramo, ugasanga zitanatanga umusaruro.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kanama 2024, abibutsa ko nta mpamvu yo gutinza imirimo iteza imbere Igihugu mu gihe hari ibisabwa byose.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye abayobozi mu nzego zitandukanye kujya bafata umwanya wo kwisuzuma no kwiganiriza ubwabo kandi bakibwiza ukuri, hanyuma aho basanze hari ibitagenda bagaharanira kubikosora.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) yatangaje ko abana barenga 22% batagerwaho na serivisi z’ingo mbonezamikurire (ECD’s) mu Rwanda, bikagira ingaruka ku mikurire yabo kuko hari ibyo batabona.
Perezida w’u Rwanda yavuze ko abahoze ari Abaminisitiri muri Guverinoma yacyuye igihe bakaba batarisanze muri Guverinoma nshya yarahiye kuri uyu wa mbere 19 Kanama 2024, bitavuze ko birukanywe.
Umuyobozi Mukuru wa CDAT, Uzabibara Ernest, avuga ko ku bufatanye n’Akarere ka Nyagatare, uyu mushinga uteganya gutunganya ibishinga n’ibishanga n’ibibaya ku buso burenga hegitari 5,000 hagamijwe kongera ubutaka buhujwe buhingwaho igihingwa kimwe.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ku nshuro ya 20 uzaba kuwa 18 Ukwakira 2024 mu Karere ka Musanze.
Umusesenguzi akaba n’impuguke mu bijyanye n’Ubukungu agaragaza ko hari ibikwiye kwitabwaho na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) hamwe na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), nyuma y’uko zihawe Abaminisitiri bashya muri Guverinoma iherutse gushyirwaho n’Umukuru w’Igihugu.
Mu Ntara y’Amajyaruguru haravugwa insengero 55 zigiye gusenywa kubera kutuzuza ibisabwa, nk’uko bigaragara ku rutonde rwamaze gusohoka rukomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.
Abayobozi mu nzego zitandukanye kuva ku rwego rw’Umurenge, abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ndetse n’abajyanama bihaye ingamba zo kurushaho gutanga serivisi nziza no kwimakaza imiyobore ishingiye ku muturage.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga bashyikirije inka wa mubyeyi witwa Kamugisha Marie Goreth, wabyaye yagiye kwamamaza Paul Kagame, ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Muhanga.
Amadini n’amatorero ahuriye mu Muryango Compassion International ukorera mu Karere ka Burera, yahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge mu bukangurambaga bw’iminsi itatu bwakozwe mu giterane cyiswe ‘Free indeed Campaign’.
Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro, Musenyeri Célestin Hakizimana, aributsa abakirisitu Gatolika ko ari bo bitezweho ubushobozi bwo kugura ubutaka buteganyijwe kuzagurirwaho Ingoro ya Bikira Mariya i Kibeho.
Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ashyizeho Guverinoma nshya ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, abashya bayinjiyemo, abayisanzwemo n’abatayigarutsemo, mu butumwa banyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X rwahoze ari Twitter, buri wese yashimiye Umukuru w’Igihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko uku kwezi kwa Kanama kuzarangira imiryango yahuye n’ibiza yasubiye mu buzima busanzwe kuko ubu bamwe bari mu baturanyi abandi bakaba bakodesherejwe n’ubuyobozi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka, kivuga ko nyuma y’aho gisabye abantu bose bafite ubutaka kubwiyandikishaho, abatabikoze bukandikwa kuri Leta by’agateganyo, ubutaka bubarirwa muri miliyoni imwe na 400 ari bwo bwanditswe kuri Leta by’agateganyo.
Abazi amateka y’amabonekerwa i Kibeho bavuga ko abakobwa batatu bemewe na Kiliziya ko babonekewe, Bikira Mariya yabageneye ubutumwa bunyuranye, agategeka Anathalie Mukamazimpaka kuguma i Kibeho, kandi ngo n’umubikira wabanje kubimwangira yarabihaniwe.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho Guverinoma nshya igizwe ahanini n’Abaminisitiri bari bayisanzwemo, ariko muri batatu bashya harimo Amb. Christine Nkulikiyinka wagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA).
Abofisiye barenga 450 baturutse mu ngabo z’u Rwanda (RDF), Polisi y’u Rwanda (RNP), n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora barangije amasomo bari bamazemo amezi atanu azabafasha mu kubongerera ubumenyi n’ubushobozi mu mirimo bashinzwe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho abagize Guverinoma n’abandi bayobozi, itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe rikaba rigaragaza ko abayobozi Umukuru w"igihugu yashyizeho ari Abaminisitiri 21, Abanyamabanga ba Leta 9 n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB).
Abagize inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’ibikorwa by’isanamitima, imibanire myiza n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda bifuza ko abagororwa basoje igihano bakatiwe ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bajya bakirwa n’ubuyobozi mbere yo kugera mu miryango.
Akarere ka Burera kashyize ku isoko amwe mu mavuriro y’ibanze (Health Posts), mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi z’ubuvuzi no kurushaho kuzegereza abaturage.
Abazi iby’amabonekerwa y’i Kibeho kuva yatangira bavuga ko Alphonsine Mumureke, ari na we wabonekewe bwa mbere, abonekerwa haketswe ko yafashwe n’amashitani kuko akomoka i Kibungo ahajyaga havugwa kuba abantu bayakoresha cyane.
Mu Karere ka Musanze abanyamabanga nshingabikorwa b’Imirenge yako, bahinduriwe iyo bayoboraga, bimurirwa mu yindi ariko n’ubundi y’aka Karere.
Imiryango 47 niyo imaze kubarurwa yagizweho ingaruka n’ibiza by’imvura ivanze n’umuyaga mu Murenge wa Nyagihanga Akagari ka Nyagatabire, ahasambutse amazu ndetse n’imirima y’intoki.
Amakuru atangazwa n’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali hamwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC), ni uko amatora y’abajyanama baharagarariye buri Karere kagize uyu Mujyi hamwe n’ay’Abajyanama bayobora Umujyi yasubitswe.