Umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi wamaze gushyikiriza inzu wubakiye Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ mu rwego rwo kumushimira ku gihangano cyiza yakoze, indirimbo ye ikaba yararirimbwe mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame cyane cyane muri Nyakanga 2024.
Igihano cyahawe umwana witwa Habumugisha Fabrice wiga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza muri GS Rukaragata, i Gihara mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, cyatumye Umuyobozi w’ishuri n’abo bafatanyaga batabwa muri yombi.
Mukwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kwita ku buzima bwo mu mutwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024, cyageneye ubutumwa abakoresha ku kwita ku bakozi babo no kubarinda ibibazo byabatera ihungabana.
Ihuriro ry’Abayobozi b’lbigo by’Amashuri mu Rwanda, Heads of Schools Organisation in Rwanda (HOSO), ryatangaje ko rizafasha kwiga ku buntu kugeza barangije ayisumbuye, abana bagaragaje ubutwari bwo kwemera kunyagirwa bakarinda ibendera nk’ikirango cy’Igihugu, kugira ngo ridatwarwa n’umuyaga.
Urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ll, ruri kubakwa hagati y’Uturere twa Gakenke na Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru n’Akarere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024 yakiriye Charlotte Helminger, umuyobozi muri Ambasade ya Luxembourg mu Rwanda (Chargé d’Affaires).
Mu Karere ka Nyabihu hatangirijwe ku mugaragaro Ukwezi kwahariwe ibikorwa by’Urubyiruko rw’Abakorerabushake ku rwego rw’Igihugu, aho urwo rubyiruko guhera kuwa gatatu tariki 9 Ukwakira 2024, rwatangiye kwegera abaturage no gufatanya na bo gukora ibikorwa bitandukanye, bibafasha kwigobotora ibibazo byari bibugarije, mu rwego (…)
Ibihugu by’u Rwanda na Guinea Conakry, byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye hagamijwe gutsura no kunoza umubano usanzwe urangwa hagati y’ibihugu byombi.
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Guinnée-Conakry, Morissanda Kouyaté, wanamushyikirije ubutumwa bw’Umukuru w’Igihugu, Mamadi Doumbouya.
Umuryango International Alert, uvuga ko mu isuzuma wakoze mu matsinda 20 y’abantu 600 yo mu Mirenge ya Karangazi na Gatunda, byagaragaye ko Nyagatare ifite umwihariko wo kuba ituwe n’abantu benshi bavuye ahantu hatandukanye bitewe n’amateka y’Igihugu ndetse ikanagira umwihariko wo kuba yakira abantu benshi baturutse hirya no (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko bitumvikana ukuntu muri Afurika abaturage batemererwa kugenderana cyangwa ngo habeho urujya n’uruza rw’ibicuruzwa biva mu bihugu bimwe bijya mu bindi.
Imvura ivanze n’urubura yaguye ku itariki ya 01 Ukwakira 2024 ikibasira Umurenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke, yasigiye abaturage ibibazo bikomeye nyuma y’uko urubura rwangije imyaka yabo, bakaba bibaza ku buzima bwabo bw’ejo hazaza.
Ihuriro ry’Amashyirahamwe y’Abafite Ubumuga mu Rwanda (NUDOR), mu ntangiriro z’icyi cyumweru ryamuritse icapiro rishya rishushanya insimburangingo rikanazisohora uko zakabaye, hifashishikwe ikoranabuhanga rizwi nka 3D printer, kimwe mu bikorwa biri muri gahunda yo guteza imbere ubuzima bw’ababuze ingingo bafashwa kubona (…)
Ababyeyi ndetse na bamwe mu bana b’abakobwa basambanyijwe bikabaviramo guterwa inda no kubyara imburagihe, harimo abagifite imyumvire yo guhishira ababahohoteye bakanabatera inda banga kwiteranya na bo, iki kibazo kikaba gikomeje kubakururira uruhurirane rw’ingaruka zirimo no kuba hari abavutswa ubutabera.
Mu Rwanda hakomeje imyiteguro y’Inama Mpuzamahanga y’aba Injeniyeri yateguwe n’urugaga rw’aba Injeniyeri mu Rwanda (The Institution of Engineers Rwanda - IER) ku bufatanye na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) hamwe n’Ihuriro ry’Ingaga z’aba Injeniyeri ku Isi (World Federation of Engineering Organizations - WFEO).
Babifashijwemo n’ababyeyi, abana biga ku ishuri ribanza rya New Light Complex Academy, batanze ubufasha bageneye umwe mu bana bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka iheruka kugusha abana i Nyamasheke, aho babushyikirije umuvandimwe we.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere mu Rwanda, RDB, rwatangaje ko ibirori byari biteganyijwe tariki 18 Ukwakira 2024, byo Kwita Izina abana b’Ingagi, byasubitswe.
Mu mpera z’ukwezi gushize kwa Nzeri, mu Karere ka Huye havuzwe umugabo n’umugore bakubiswe n’abaturanyi bakagirwa intere bazizwa ko baba barishe umuturanyi wabo bifashishije amarozi yacishijwe mu nzoka. Kigali Today yashatse kumenya byimbitse iby’imvano yo gukekwaho amarozi no ku buryo yabagaragayeho, maze yegera abaturanyi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, burasaba abaturage kwigira kuri mugenzi wabo wiyemeje kubaka umuhanda wa kaburimbo, ufite metero 800 z’uburebure kuko busanga ari igikorwa kigamije iterambere rusange ry’Akarere n’Igihugu muri rusange.
Umujyi wa Kigali wasabye abafite ubutaka mu nkengero z’ahagenewe icyanya cya siporo i Remera mu Karere ka Gasabo, gutanga ibishushanyo byerekana uko bazavugurura inyubako zabo bakabitanga mu gihe kitarenze amezi abiri kugira ngo bahabwe impushya zo kubaka no gukoresha ubutaka bubahiriza igishushanyo mbonera cy’Umujyi.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Prudence Sebahizi, avuga ko kugira ngo u Rwanda rubashe guhaza isoko rigari nk’Isoko Rusange rya Afurika (Africa Continental Free Trade Area- AFCFTA), hakenewe kongera umusaruro ku buryo bugaragara.
Hashize umwaka urengaho gato bamwe mu baturage bari batuye mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata w’Akarere ka Gasabo basabwe kwimuka aho bari batuye kubera ko hashoboraga gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Nyamara ariko, hafi y’aha hantu himuwe abaturage mu Mudugudu umwe, Akagari kamwe, muri metero (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwatangaje amabwiriza mashya ajyanye no gukumira virusi ya Marburg mu nsengero no mu misigiti arimo gushyiraho uburyo bwo gukaraba intoki, gutanga ifunguro ryera mu buryo butuma abantu batagira ibyago byo kwandura n’ibindi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, wari mu birori byo kwimika Musenyeri Jean Bosco Ntagungira wa Diyosezi Gatolika ya Butare nk’intumwa y’Umukuru w’Igihugu, yashimiye ubufatanye buranga Kiliziya Gatolika na Leta muri gahunda zitandukanye zihindura ubuzima bw’abaturage harimo isanamitima, uburezi, (…)
Indwara ya Marburg imaze icyumweru yadutse mu Rwanda, iteye impungenge abagenda mu modoka rusange bahagaze, bafashe ku byuma byo muri izo modoka, kandi nta n’uburyo bwo gusukura intoki no kwirinda gukoranaho bwashyizwemo.
Nyuma y’uko tariki ya 12 Kanama 2024 Papa Francis agennye ko Padiri Jean Bosco Ntagungira asimbura Musenyeri Filipo Rukamba ku kuba umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, kuri uyu wa Gatandatu tariki 05 Ukwakira 2024, agiye guhabwa inkoni y’ubushumba.
Abakora ibyerekeranye n’ubwubatsi, ububaji n’ubukorikori bibumbiye muri sendika yitwa STECOMA (Syndicat des Travailleurs des Entreprises de Construction, Menuserie et Artisanat) bishimira ko mu myaka irindwi ishize hari uruhare bagize mu byo Igihugu cyagezeho, ku bufatanye n’inzego zitandukanye z’imiyoborere y’Igihugu, (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yageze mu gihugu cya Lesotho kuri uyu wa gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, ahagarariye Perezida Paul Kagame mu birori byo kwizihiza imyaka 200 Lesotho imaze ari Ubwami ndetse n’imyaka 58 ishize ubwo bwami bubonye ubwigenge.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Bufaransa ku mugoroba wo ku itariki 3 Ukwakira 2024, yabonanye na Charles Michel, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).
Mu Kagari ka Mucaca Umurenge wa Rugengabali mu Karere ka Burera, haravugwa amakuru y’urupfu rw’umugabo witwa Tuyizere Jean Paul, rutemeranywaho na benshi mu batuye ako gace.