Louise Mushikiwabo yongeye kwiyamamariza kuba Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), mu matora ateganyijwe kubera mu gihugu cya Tunisia.
Nyuma y’uko ishinjwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU), ko ari icyanzu cy’abimukira binjira muri uwo muryango, Serbia yafashe icyemezo cyo gusaba visa Abarundi n’abanya-Tunisia binjira muri icyo gihugu, bitandukanye n’ibyari bisanzwe.
Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya yasuye uduce turimo kuberamo intambara, twa Goma na Rutshuru muri Kivu y’Amajyaguruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, asaba abarwanyi guhagarika intambara.
Adnan Oktar uzwi mu ivugabutumwa kuri Televiziyo muri Turukiya, yakatiwe gufungwa imyaka 8.658 kubera guhamwa n’ibyaha bitandukanye, birimo gusambanya abana.
Donald Trump wahoze ari Perezida wa Amerika, yatangaje ko azongera kwiyamamariza uwo mwanya muri manda itaha, muri 2024.
Perezida Joko Widodo wa Indonesia yahamagariye abitabiriye inama ya G20 guhagarika intambara yo muri Ukraine, kuko we ngo abona hari ibyago by’uko hashobora kwaduka intambara nshya y’ubutita. Ibyo yabigarutseho ubwo yatangiza inama y’ibihugu bifite ubukungu buteye imbere G20.
Amakuru yatanzwe n’abaturanyi b’uwo muryango, avuga ko uwo mugabo w’imyaka 34 wishe nyina, yari azwiho gukunda kunywa ibiyobyabwenge.
Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki ya 14 Ugushyingo 2022, abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), bazindukiye mu gikorwa cyo gutera ibiti mu kigo babamo, ndetse no ku mihanda yo mu nkengero zacyo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame witabiriye Inama ya G20 muri Indonesia, yahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani Fumio Kishida baganira uko ibihugu byombi byakomeza gushimangira umubano n’ubufatanye.
Uwahoze ari mu mitwe yitwara gisirikare yemereye urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye, ko Félicien Kabuga ukekwaho ibyaha bya Jenoside, yaguze imbunda za Kalashnikov (AK47) kugira ngo zikoreshwe mu kurimbura Abatutsi muri Jenoside mu 1994, yahitanye abarenga miliyoni mu mezi atatu.
Iyo mpanuka yabereye mu Ntara ya Manyara, aho imodoka itwara abarwayi cyangwa imbangukiragutabara, yagonganye n’indi modoka abantu batandatu bahita bahasiga ubuzima.
Amakuru yatangajwe n’ibiro by’Umukuru w’igihugu ku wa Kabiri tariki ya 8 Ugushyingo 2022, avuga ko Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo gutangiza gahunda mpuzamahanga y’ubufatanye mu by’ubuzima, igamije kongera imiti ikorerwa ku mugabane wa Afurika.
Byamaze kumenyekana ko abantu 19 aribo baguye mu mpanuka y’indege ya Precision Air yo muri Tanzania, yaguye mu kiyaga cya Victoria mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki 6 Ugushyingo 2022.
Indege y’Ikigo gitwara abagenzi cyo muri Tanzania ’Precision Air’, yaguye mu Kiyaga cya Victoria ubwo yarimo yitegura kugwa ku kibuga cy’indege cya Bukoba ivuye i Dar-Es Salam.
Abaturage bagera kuri Miliyoni 7.8 bo muri Sudani y’Epfo, ni ukuvuga bibiri bya gatatu byabo (2/3), bashobora kuzahura n’ikibazo cy’inzara ikomeye cyane, hagati y’ukwezi kwa Mata na Nyakanga 2023, bitewe n’imyuzure, amapfa ndetse n’intambara nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye (UN).
Alpha Condé wahoze ari Perezida wa Guinea n’abandi bayobozi 180 bakoranye mbere y’ihirikwa ry’ubutegetsi bwe, basabiwe gukorwaho iperereza ku byaha bya ruswa.
Inzovu yitwaga Dida yabaga muri Pariki ya Tsavo muri Kenya, bivugwa ko ari yo yari ikuze kurusha izindi zose muri Afurika, yarapfuye ifite imyaka 65 nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’iyo pariki.
Nyuma y’intambara imaze imyaka ibiri, Guverinoma ya Ethiopia n’inyeshyamba zo mu gace ka Tigray, binyuze mu biganiro byabereye muri Afurika y’Epfo bihuje impande zombi, biyobowe na Afurika Yunze Ubumwe, bemeranyijwe guhagarika intambara.
Nk’uko bigaragazwa n’ibyavuye mu matora y’Abadepite yabaye ku wa Kabiri tariki 1 Ugushyingo 2022, n’ubwo bitaratangazwa byose, ishyaka rya Likoud rya Netanyahu ngo riri ku isonga.
Ibiro bya Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye unayobora Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) muri uyu mwaka, bivuga ko hagiye guterana inama y’ikitaraganya y’Abakuru b’Ingabo z’uyu muryango kubera ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igakurikirwa n’iy’Abakuru b’Ibihugu.
Nibura abagera ku 100 bapfuye mu gihe abagera kuri 300 bakomeretse, nyuma y’ibisasu bibiri byaturikirijwe mu Murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, nk’uko byatangajwe na Perezida w’icyo gihugu, Hassan Sheikh Mohamud.
Abantu bagera ku 130 nibo bamaze gutangazwa ko baguye mu mpanuka y’ikiraro cyasenyutse mu Buhinde, naho abagera ku 132 barakomereka, kikaba cyarasenyutse ku cyumweru tariki 31 Ukwakira 2022, mu gace ka Gujarat.
Impuguke mu by’Ubukungu yasobanuye ko kuba u Burusiya bwahagaritse amasezerano bwagiranye na Ukraine hamwe n’Umuryango w’Abibumbye (UN), ngo bizateza kongera kubura kw’ibiribwa ku masoko no kurushaho gutumbagira kw’ibiciro.
U Budage bwatangiye kureba uko kugura no kunywa urumogi byakwemerwa n’amategeko, aho Chancellor Olaf Scholz, avuga ko nibitangira gushyirwa mu bikorwa, icyo gihugu cyaba mu bya mbere bibikoze ku mugabane w’u Burayi.
Nyuma y’amezi atari make yari ashize hariho impaka z’urudaca mu bijyanye n’amategeko, cyane cyane agenga za sosiyete, Elon Musk, Umuyobozi wa Sosiyete yitwa Tesla, yashoboye kugura urubuga nkoranyambaga rwa Twitter.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) zakoze umuganda ndetse zitanga ubuvuzi ku baturage.
Umugabo wo muri Nigeria yavunnye ukuboko k’umwana we w’amezi abiri amuziza kumubuza gusinzira, bamujyanye kwa muganga biba ngombwa ko baguca.
Perezida Paul Kagame wagiriye uruzinduko rw’umunsi umwe muri Mozambique, yatembereye Umurwa mukuru w’icyo gihugu, Maputo, ndetse asura isoko riri hafi y’inyanja, aganira n’abaturage.
Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda rigizwe n’umubare munini w’abapolisikazi (RWAFPU-3), riri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), ku wa Kabiri tariki 25 Ukwakira 2022, ryatanze inkunga y’ibiribwa, imyambaro ndetse n’ibikoresho by’isuku ku kigo cy’abana b’imfubyi giherereye mu murwa mukuru Juba.
Mu gihe William Ruto yarimo yiyamamariza kuba Perezida wa Kenya, mu byo yasezeranyije abaturage ngo harimo ko naramuka atowe akaba Perezida wa gatanu wa Kenye, mu gihe cy’ubutegetsi bwe abaturage bazajya bakoresha Telefone nta kiguzi, ndetse bagakoresha na Interineti ku buntu.