Muri Afurika y’Epfo, bisi yakoze impanuka ihanuka hejuru y’ikiraro nyuma ihita ifatwa n’inkongi, mu Majyaruguru y’Intara ya Limpopo yica abantu 45, harokoka umwana w’umukobwa umwe w’imyaka umunani (8) wenyine, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bushinzwe ibijyanye n’ubwikorezi muri icyo gihugu.
Musenyeri Joel Waweru w’Itorero rya ACK Emmanuel ry’ahitwa Bahati-Nairobi, yanenze Abanya-Kenya bahimba izina Perezida William Ruto bamwita Zakayo, avuga ko biteye isoni.
Ibiro bishinzwe itumanaho muri Guverinoma ya Gaza iyobowe na Hamas, byatangaje ko Abanya-Palestine 18 bapfuye ubwo barimo bagerageza kujya gufata imfashanyo zamanuwe n’indege mu Majyaruguru ya Gaza.
Baltimore: Abakozi batandatu bo ku cyambu cya Baltimore kugeza ubu ntibaraboneka bikaba bikekwa ko bahitanywe n’impanuka y’ikiraro cyasenyutse nyuma yo kugongwa n’ubwato mu rucyerera rwo kuwa kabiri 26 Werurwe.
Icyizere cy’ubuzima kiragenda kigabanuka ku bantu bahanukanye n’ikiraro cyo mu mujyi wa Baltimore, USA, cyasenyutse mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri nyuma yo kugongwa n’ubwato bwikorera imizigo.
U Burusiya bwafashe abagabo bane bushinja kuba ari bo bagize uruhare mu kugaba igitero cy’iterabwoba ahitwa Crocus City Hall mu Murwa mukuru Moscow ku wa Gatanu w’icyumweru gishize kigahitana abantu basaga 137, harimo abana 3, ndetse abandi basaga 180 bagakomereka, nyuma umutwe w’iterabwoba wa Islamic State ukaza kwigamba (…)
Mu bimaze kubarurwa mu matora yabaye muri Senegal ku Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024, byatangajwe kuri televiziyo y’igihugu mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024, byagaragaje ko Bassirou Diomaye Faye ari we watsinze amatora, ndetse n’abari bahanganye na we bemera ko batsinzwe, bamuha ubutumwa bwo kumushimira.
Abashinzwe iperereza muri Leta ya New York muri Amerika, ku wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024, basatse inzu z’umuraperi Sean ’Diddy’ Combs umenyerwe cyane nka P Diddy, ziherereye i Los Angeles na Miami, kubera ibirego uyu mugabo akurikiranyweho byo gucuruza abantu.
Abantu babarirwa muri 20 ni bo bamaze kubarurwa ko bituye mu mazi nyuma y’impanuka y’ubwato bwagonze ikiraro Francis Scott Key Bridge mu mujyi wa Baltimore muri Leta ya Maryland, USA, kikarundumukira mu mazi n’imodoka zakinyuragaho mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri 26 Werurwe 2024.
Muri Kenya, umugeni ari mu marira n’agahinda yatewe no kuba urusengero rwahagaritse ubukwe bwe bitunguranye, rukimara kumenya ko atwite inda y’umusore bahoze bakundana, kandi uwo bari bagiye gusezerana akaba atabizi.
Muri Nigeria, abayobozi batangaje ko abanyeshuri b’abakobwa n’abahungu bagera ku 137 bari bashimuswe n’abantu bitwaje intwaro basanze mu ishuri ryabo rya Kuri muri Leta ya Kaduna ku itariki 7 Werurwe 2024, ubu barekuwe kandi ari bazima.
Umupasiteri witwa Samuel Davalos Pasillas, w’imyaka 47 wo muri Leta ya California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yatawe muri yombi na Polisi akekwaho kuba yaraguriye abantu ngo bice umusore ukundana n’umukobwa we.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Karabaranga Jean Pierre, ari kumwe n’abayobozi batandukanye muri Sénégal, yatashye ku mugaragaro Urwibutso rwa Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo yari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Muryango w’Abibumbye mu Rwanda.
Mu 2015 nibwo Yahya Jammeh wayoboraga Gambia yasinye iteka rya Perezida ribuza ibyo gukata abakobwa n’abagore ibice by’imyanya ndangagitsina, ibizwi nka ‘excision’ mu rurimi rw’Igifaransa, yemeza ko uwo muco udateganywa n’idini ya Islam, kuko hafi abaturage bose muri Gambia ari Abayisilamu.
Perezida Vo Van Thuong wa Vietnam yeguye ku mirimo ye nyuma y’umwaka umwe agiye ku buyobozi, ishyaka rya ‘The Vietnamese Communist Party’, rikaba ryemeye ubwegure bwe nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Minisitiri w’Intebe wa Ireland, Leo Varadkar, yatangaje ko yeguye ku nshingano ze za Minisitiri w’Intebe, ndetse n’izo kuyobora Ishyaka Fine Gael.
Muri Taiwan, Urwego rushinzwe kugenza ibyaha (Taiwan’s Criminal Investigation Bureau), rwashinje umunyeshuri wa Kaminuza wiswe Chang, kuba yaragambanye n’inshuti ye biganye mu mashuri yisumbuye wiswe Liao, bagacura umugambi uteye ubwoba bashaka kubona mu buryo bw’uburiganya amafaranga atangwa n’ibigo by’ubwishingizi.
Muri Espagne, urukiko rw’ahitwa Pontevedra, ruherutse gutegeka ko umugabo aha uwahoze ari umugore we indishyi y’Amayero 88,025 ni ukuvuga asaga 95,898 by’Amadolari y’Amerika, kubera imirimo yo mu rugo yakoraga mu gihe cyose babanye kingana n’imyaka 26, babana ari umugabo n’umugore.
Niger yatangaje ko yahagaritse ubufatanye n’imikoranire na Leta zunze Ubumwe za Amerika mu bijyanye n’igisirikare, inavuga ko kuba ingabo za Ameriak ziri muri Niger” binyuranyije n’amategeko”.
Vladimir Putin yongeye gutorerwa kuba Perezida w’Uburusiya mu matora yabaye kuva tariki 15 Werurwe kugeza tariki 17 Werurwe 2024, akaba yegukanye intsinzi n’amajwi 87,9% naho Umukandida Nikolai Kharitonov w’ishyaka rya Gikomunisiti abona amajwi 4%.
Perezida wa Pakistan, Asif Ali Zardari, yemeje ko Aseefa Bhutto Zardari, umukobwa we muto mu bana batatu yabyaranye na nyakwigendera Benazir Bhutto wabaye Minisitiri w’Intebe wa mbere w’umugore muri Pakistan, nyuma akaza kwicwa arashwe mu 2007, ahabwa inshingano z’umufasha w’Umukuru w’igihugu (First Lady), zo kwakira (…)
Muri Korea ya Ruguru, Leta ya Perezida Kim Jong Un yaciye ibyo korora imbwa nk’inyamaswa yo kubana na yo mu muryango, ahubwo ishaka ko imbwa zororwa hagamijwe ko zitanga inyama zo kurya.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2024 Abarusiya babyukiye mu matora y’umukuru w’igihugu azamara iminsi itatu akazarangira ku cyumweru tariki 17 Werurwe 2024.
Nyuma y’amezi umunani ashize muri Niger habaye ‘Coup d’état’ yakozwe n’igisirikare, bigatuma Nigeria ifunga imipaka iyihuza n’icyo gihugu, ndetse ikagifatira ibihano mu rwego rwo kugaragaza ko idashyigikiye ubutegetsi butatowe n’abaturage, ubu Perezia wa Nigeria Boa Tinubu yakuyeho ibihano byo mu rwego rw’ubukungu byari (…)
Muri Népal, hari umudugudu wiswe ‘Kidney village’ (umudugudu w’impyiko), kubera umubare munini w’abawutuye bagurishije imwe mu mpyiko zabo bitewe ahanini n’ubukene, bakazigurisha mu rwego rwo gushakira imiryango yabo imibereho.
Abadepite bo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batoye umushinga w’itegeko rikumira urubuga rwa TikTok gukorera muri iki gihugu, kubera impamvu zirimo iz’uko yifashishwa mu kuneka.
Ubuyobozi bwa Ukraine bwatumije intumwa ya Vatican muri icyo gihugu, kugira ngo aze avuguruze amagambo yavuzwe n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, ku wa Gatandatu tariki 9 Werurwe 2024.
Minisitiri w’Intebe akaba na Perezida w’inzibacyuho wa Haiti, Ariel Henry, yeguye nyuma yo guterwa ubwoba n’amabandi agenzura igice kinini cy’umurwa mukuru w’iki gihugu, Port-au-Prince.
Laurent Gbagbo wigeze kuba Perezida wa Côte d’Ivoire, yamaze gutangaza ko azongera akiyamamariza kuyobora icyo gihugu mu matora ateganyijwe mu 2025, nubwo yari yarakatiwe n’ubutabera bwo muri icyo gihugu, bukaba bumufata nk’umuntu udakwiye kongera kukiyobora.
Muri Nigeria, abantu bitwaje intwaro bashimuse abanyeshuri basaga 280, babasanze mu ishuri riherereye mu Majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria, uwo ukaba ushobora kuba uri mu mibare minini y’abantu bashimutiwe rimwe muri icyo gihugu, nk’uko byatangajwe n’umwe mu barimu bo kuri iryo shuri.