I Los Angeles muri Leta ya California, kuri uyu wa kabiri hatangiye urubanza rw’umukobwa w’imyaka 19 ushinja MetaAI kumena amakuru y’ibanga ahererekanya na bagenzi be, bikaba byaragize ingaruka ku buzima bwe bwo mu mutwe.
U Rwanda ruri kurega u Bwongereza rusaba indishyi zishobora kurenga miliyoni 50 z’amapawundi (£50m), nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe Sir Keir Starmer ahagaritse amasezerano y’abimukira yari yarashyizweho n’ishyaka ry’Aba-Conservateurs hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda.
Abanyamulenge babaga mu mujyi wa Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ubu bakaba barawuhunze, bahamya ko kuva mu 2017 kugeza ubu babonye amahoro ukwezi kumwe, ni ukuvuga igihe umutwe wa AFC/M23 wamaze muri uyu mujyi nyuma yo kuwufata.
Mu nama yo ku rwego rwo hejuru yabereye i Stockholm muri Suwede, ihuza Afurika n’ibihugu byo mu Majyaruguru y’Uburayi ku buzima (Africa–Nordic Health Summit), u Rwanda rwasangije amahanga ubunararibonye mu gushyiraho ingamba zigamije kuziba icyuho cy’umubare w’abaganga ukiri muto, hibandwa ku mpinduka zirambye mu rwego (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyakiriye icyiciro cya mbere cy’impfizi 10 zo mu bwoko bwa Holstein-Friesian zizwi cyane mu gutanga amata menshi.
Mu Buyapani, kuri uyu wa 21 Mutarama, Urukiko rwakatiye umugabo w’imyaka 45 igifungo cya burundu muri gereza, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Shinzo Abe, amurashe ku manywa, igikorwa cyahungabanyije igihugu cyose .
Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, avuga ko umuryango wa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ari wo usahura amabuye y’agaciro y’iki gihugu biciye mu masosiyete bakoresha, bikitirirwa AFC/M23 n’u Rwanda.
Ingabo z’u Rwanda zo muri Brigade ishinzwe ubwubatsi (Engineering Command) ziri muri Jamaica, ku bufatanye n’aba Enjeniyeri b’abasirikare b’iki gihugu, batangiye kubaka no gusana ibyangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Hurricane Melissa, yakiyogoje mu mpera z’umwaka ushize.
Muri Chili abantu 19, bapfuye baguye mu nkongi yibasiye amashyamba kubera ibihe by’impeshyi icyo gihugu kirimo, mu gihe abandi 50.000 bahunze bakava mu byabo.
Abatuye mu mujyi wa Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), baravuga ko hari abaturage batangiye ibikorwa by’ubusahuzi nyuma yaho umutwe wa AFC/M23 uviriye burundu muri uyu mujyi.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zatangiye kugurisha ku mugaragaro peteroli ya Venezuela, nyuma y’aho Perezida w’iki gihugu, Nicolás Maduro, ashimutiwe n’ingabo za Amerika, ashinjwa ibyaha byo gukorana n’abambutsa ibiyobyabwenge muri USA.
Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe ububanyi n’amahanga (State Department) rwatangaje ko ruhagaritse by’agateganyo gutanga viza z’abimukira ku baturage b’ibihugu 75, hagamijwe gukumira abasaba viza bashobora gufatwa nk’abazaba umutwaro ku nkunga za Leta (public charge).
Thomas Nahimana, umupadiri wo muri Diyosezi ya Cyangugu wahunze igihugu akishora muri politiki yo gusebya u Rwanda n’iy’ingengabitekerezo ya Jenoside ubu aravugwa mu mishinga y’amayobera.
Mu gihugu cya Nicaragua giherereye muri Amerika yo hagati, haravugwa abantu basaga 60 batawe muri yombi, bazira gukora imyigaragambyo yo kwishimira ifatwa rya Nicolas Maduro wari Perezida w’igihugu cya Venezuela, uherutse gutwarwa bunyago n’Ingabo zidasanzwe za Leta zunze Ubumwe za Amerika, ubu akaba afungiye muri iki gihugu (…)
Kuri uyu wa Kane tariki 8 Mutarama 2026, i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habereye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abantu 22 bishwe n’igitero cya drone z’ingabo za Leta y’iki gihugu (FARDC), cyabaye ku itariki ya 2 Mutarama 2026 muri santere ya Masisi, muri teritwari ya Masisi.
Faustin-Archange Touadéra wari usanzwe ari Perezida wa Santrafurika, ni we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu ku bwiganze bw’amajwi 76.15%, nk’uko byatangajwe by’agateganyo na Komisiyo ishinzwe amatora muri iki gihugu (ANE), nyuma y’ibarura ry’ibyavuye muri ayo matora.
Kuri uyu wa Mbere tariki 5 Mutarama 2026, uwari Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro n’umugore we baherutse gufatwa n’igisirikare cya Amerika kibakuye mu rugo rwabo, bagejejwe imbere y’Urukiko rwa Manhattan i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Maduro akaba yahakanye ibyaha byose aregwa.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya Maj. Gen. Joseph Nzabamwita yasabye abagize umuryango w’Abanyarwanda batuye muri iki Gihugu gukomeza guharanira guhesha isura nziza u Rwanda bimakaza ubumwe mu bikorwa byose bibahuza.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Perezida Nicolas Madulo wa Venezuela n’umugore we bafashwe bakajyanwa hanze y’igihugu cyabo, bikaba byabaye ubwo igisirikare cya Amerika cyagabaga ibitero bikomeye mu murwa mukuru wa Venezuela, Caracas mu ijoro ryakeye ry’uyu wa Gatandatatu tariki 3 (…)
Mu gihe hirya no hino ku Isi hari abakibarira amasaha ku ntoki, kugira ngo basoze umwaka wa 2025 ari nako binjira mu mushya wa 2026, hari abamaze kuwugeramo n’abandi bawumazemo amasaha menshi.
Mu mpera z’iki cyumweru turangije, ku mbuga nkoranyambaga hari higanje ubutumwa bwuzuye amarangamutima avanze n’agahinda, kubera busubiza imvugo za Gen Sylvain Ekenge, Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC), zitesha agaciro Abatutsi n’Abatutsikazi by’umwihariko.
Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwifatanyije n’shyaka Parti Congolais du Travail (PCT) mu Nteko Rusange yaryo ya Gatandatu yabereye i Brazzaville, muri Repubulika ya Congo.
Imvura ivanze n’inkubi y’umuyaga mwinshi muri Leta ya California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yahitanye abantu 3, inzu n’ibikorwa by’ubucuruzi birenga 110,000 bibura umuriro w’amashanyarazi ku munsi wa Noheli, bituma batizihiza neza uyu munsi mukuru.
Igihugu cya Libya cyashyizeho iminsi itatu y’icyunamo, nyuma y’aho Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki gihugu, Gen. Mohammed Ahmed Al-Haddad n’abandi bane bo hafi ye baguye mu mpanuka y’indege.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Mozambique, Madamu Margarida Adamugi Talapa, kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ukuboza 2025, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro n’umutekano mu Mujyi wa Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado Province.
Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu Ntara ya Cabo Delgado mu Majyaruguru ya Mozambique, ku Cyumweru tariki 21 Ukuboza 2025, zitabiriye igikorwa cya siporo rusange aho bari kumwe n’abaturage ndetse n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), rivuga ko uyu mutwe witeguye kurekura umujyi wa Uvira uheruka gufata, mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’Amahoro ya Doha, ndetse ikabikora ku busabe bw’umuhuza muri ibi bigaro ari we Leta Zunze Ubumwe (…)
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 14 Ukuboza 2025, abantu babiri bivugwa ko ari umuhungu na se, barashe mu kivunge cy’abantu bizihizaga umunsi mukuru w’Abayahudi wa Hanouka, 16 barimo n’umwe mu bagabye icyo gitero bahita bitaba Imana.
Mu ijoro rya tariki 10 ukuboza, muri Leta ya Rakhine, agace kari mu maboko y’umutwe w’abarwanyi wa Arakan Army, urwanya ubutegetsi bw’igihugu cya Myanmar, abantu 34 bapfuye abandi barakomereka nyuma yuko indege z’intambara z’ingabo za Myanmar zigabye ibitero ku bitaro biri mu gace kigaruriwe n’uwo mutwe.