Umunyamabanga mukuru wa sendika y’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri (Rwanda Extractives Workers Union (REWU) Mutsindashyaka André avuga ko mu kwezi kwa karindwi abakoresha bazaba batarasubukura amasezerano y’abakozi cyangwa ntibabahe imperekeza bazagezwa mu nkiko.
Nyiramasengesho Joselyne w’imyaka 25 avuga ko yashatse mu Karere ka Musanze, akaba afite impungenge z’umutekano we nyuma y’uko umugabo amwihakanye ashaka kumwirukana mu rugo yitwaje ko yanze kuva mu nzu ubwo yari yamusuye.
Umuyobozi uhagarariye Ibitaro bya Gitwe mu mategeko, Urayeneza Gerard, n’abandi bantu barindwi batawe muri yombi bakekwaho guhisha amakuru ku mibiri y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nuwumuremyi Jeannine, aratangaza ko hoteli eshatu zo muri ako karere zabaye zifunzwe nyuma y’uko hari abantu bagaragaweho Coronavirus kandi barazinyuzemo, ubu abakozi bazo bafashwe ibipimo na zo zigasukurwa, nyuma yo kubona ibyavuye mu bipimo zikazongera gufungurwa.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubuzima(RBC), Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko kuri uyu wa mbere tariki 15 Kamena 2020 mu mujyi wa Kigali hatangira ubushakashatsi bwafasha inzego za Leta kumenya niba abantu basubira mu rugo cyangwa hafatwa izindi ngamba zo kwirinda Covid-19.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyaruguru yahagaritse by’agateganyo Serge Ruzima wari Umunyambanga nshingwabikorwa w’akarere, na nsengiyumva Innocent wari Umuyobozi ushinzwe ibikorwa rusange (Division Manager) mu karere, baherutse gufungwa bakekwaho ruswa, gutanga amasoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kunyereza umutungo (…)
Abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu n’abandi bafite ubumuga butandukanye basaga 40, bo mu Karere ka Musanze na Burera, bibumbiye mu muryango RECOPDO, barishimira ubumenyi bamaze kugeraho mu gukora inkweto, imikandara, kudoda n’ikoranabuhanga.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu babiri batorotse gahunda ya #GumaMuRugo bava mu Karere ka Rusizi bafatirwa mu Mujyi wa Kigali, ndetse n’abandi batatu bavuye muri Uganda banyuze mu nzira zitemewe na bo bafatirwa i Kigali.
Abafite ubumuga bw’uruhu mu Rwanda barasaba Leta ko havugururwa itegeko rirengera abafite ubumuga, bityo iki cyiciro na cyo kikibona mu bindi byiciro by’abafite ubumuga biteganywa n’itegeko.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti (Rwanda Food and Drugs Authority), cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo umuti wica udukoko witwa ‘HUUREKA Disinfectant, (medicalogy, Disinfection-cleaning water)’.
Abaturanyi ba Viateur Rukundo watunganyije umuhanda munini wo mu Mudugudu wa Akamuhoza mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye wenyine, baramwifuriza ko na Girinka yamugeraho.
Umwe mu bagore bazwi mu Rwanda kubera uruhare agira mu kurwanya ruswa n’akarengane, akaba ari n’umuyobozi w’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International-Rwanda) Ingabire Marie Immaculée, yaganiriye na Kigali Today atangaza bimwe mu bintu abantu bamwe batazi ku buzima bwe bite.
U Rwanda kimwe n’isi muri rusange, rumaze amezi hafi atatu ruhanganye n’icyorezo cya Coronavirus cyagaragaye mu Bushinwa mu mpera z’Ukwezi k’Ukuboza 2019, nyuma kigenda gikwira mu bindi bihugu.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyabihu isaba abatwara abagenzi kuri moto kwirinda gutwara abakora ingendo zihuza Akarere ka Nyabihu n’aka Rubavu mu gihe ubu bitemewe.
Abarokotse Jenoside batishoboye 40 bo mu Mirenge ya Karama na Gishamvu mu Karere ka Huye bari batuye mu nzu ziva, bagiye gushumbushwa inziza zubakishije amatafari ahiye.
Mu rwego rwo kwifatanya na Guverinoma n’Abavandimwe b’Igihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi mu kunamira uwari Umukuru w’icyo Gihugu Nyakubahwa Petero Nkurunziza,
Mu cyubahiro kimukwiye kandi bamugomba nk’umukozi uzwiho ubupfura, ubunararibonye ndetse n’ubuhanga ku murimo wo gufata amashusho yari amazeho imyaka 38, Umusaza Rwamukwaya wakoreraga Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), yatangiye ikiruhuko cy’Izabukuru.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bugiye gufatira ibihano ababyeyi badafasha abana gukurikira amasomo bakabajyana gukora ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase yatangaje ko Umurenge wa Nkombo wo mu Karere ka Rusizi na wo washyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo mu rwego rwo kurwanya ikwirakwizwa rya COVID-19 muri ako gace.
Muri iki gihe cyo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Musanze abasore n’inkumi b’abakorerabushake (Youth Volunteers) 352, bari gufatanya n’ibindi byiciro by’inzego zitandukanye mu bukangurambaga bwo kwirinda iki cyorezo.
Abakinnyi b’ibyamamare b’ikipe ya Arsenal barimo Pierre-Emerick Aubameyang, Hector Bellerin na Reiss Nelson bamuritse imyambaro yakorewe mu Rwanda, mu ihiganwa ryo kwambara imyambaro ikorerwa mu Rwanda, ryiswe ‘Made in Rwanda Challenge’ ryateguwe na ‘Visit Rwanda’.
Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) cyahaye u Rwanda indi nkunga ingana na miliyoni 111.06 z’amadolari ya Amerika yo gufasha guhangana n’icyorezo cya Coronavirus no kuzahura ubukungu bwashegeshwe n’icyo cyorezo.
Ihuriro ry’Impuzamiryango y’Amadini, Amatorero na Kiliziya Gatolika(RIC) ryishyiriyeho ingamba zakurikizwa mu kwirinda Covid-19 mu gihe cy’amateraniro cyangwa misa, nyuma yo kubisabwa na Guverinoma.
Sosiyete Nyarwanda ishinzwe Ingufu (REG) iratangaza ko kuva saa tatu z’ijoro kuri uyu wa kane tariki 11 kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo cyo kuwa gatanu tariki 12 Kamena 2020, abafatabuguzi bayo batari bubashe kugura umuriro.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Amazi n’Isukura (WASAC) mu Karere ka Rubavu buratangaza ko kubera imvura yaguye tariki ya 10 Kamena 2020 ikanduza imigezi ya Sebeya na Pfunda, byatumye uruganda rutunganya amazi rwa Gihira ruhagarara.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko mu gihe habura ibyumweru bitatu umwaka w’ingengo y’imari 2019-2020 ukarangira, bugeze ku gipimo cya 87% mu kwesa imihigo bwahize muri uwo mwaka.
Niyobuhungiro Pantaleon, ni umusore ufite imyaka 22 y’amavuko, akaba akomoka mu mudugudu wa Kabahaya, Akagari ka Kimaranzara, Umurenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CP Rogers Rutikanga, arasaba buri wese kuba umwalimu n’umujyanama w’ubuzima mu kwirinda Coronavirus.
Komisiyo y’Inteko ishinga Amategeko y’u Rwanda ishinzwe ubumwe bw’Abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside yagejeje ku nteko rusange y’umutwe w’abadepite raporo ku isesengura rya raporo ya Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu ya 2018/19, igaragaza ko hari intambwe nziza imaze guterwa mu burenganizra (…)
Mu mwaka wa 2018, Mupenzi Leon Pierre wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yavuye mu biro by’umurenge ajya kuba mu ihema mu Kagari ka Marimba.