Abanyarwanda 51 n’Abanyamahanga 3 bari barabuze uko bava muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (United Arab Emirates - UAE) bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Gicurasi 2020, bavuga ko bishimira kugaruka mu gihugu cyabo.
Umukunzi wa Kigali Today yaratwandikiye, yifuza ko ubu butumwa twabumugereza ku bandi basomyi b’uru rubuga, inyandiko ye ikaba ari iyi ikurikira:
Ibigega n’imiyoboro y’amazi byatangiye kubakwa mu Karere ka Musanze, byitezweho gukemura burundu ikibazo cy’ibura ry’amazi rya hato na hato rihagaragara, bikazarangirana n’uyu mwaka wa 2020.
Urwego Ngenzura mikorere (RURA) ruratangaza ko abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto bagiye kuba bahawe igihe gito cyo gushaka ubushobozi bwo kwishyura impushya zo gutwara abagenzi (autorisation de transport) kuko bamaze iminsi badakora.
Mu gihe abamotari bari mu byiciro byitegura gusubukura gutanga serivisi zo gutwara abagenzi kuri moto guhera tariki ya 1 Kamena 2020, Polisi y’u Rwanda irabakangurira kuzarangwa n’umuco wo guhana intera, kwambara agapfukamunwa, kubahiriza amasaha agenwe yo kuba bavuye mu muhanda n’izindi ngamba zose zo kwirinda ikwirakwizwa (…)
Ku wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2020, Resitora yamamaye cyane mu Rwanda, Cafe Camellia ifatanyije n’umufatanyabikorwa mushya mu ikoranabuhanga witwa ‘Bifata Ltd’ batangije uburyo bwihuse bwo kugeza ku bakiriya ibiribwa n’ibinyobwa mu ngo zabo cyangwa aho bakorera.
Ikigo cy’Umunyamerika ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda, ‘Daniel Trust Foundation’ giteza imbere impano z’abantu muri Amerika no mu Rwanda, cyashyizeho amarushanwa azavamo ibihembo by’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi 35 kugera kuri 250.
Tariki 1 Kamena 2020 nibwo abatwara Moto mu Rwanda bazemererwa gusubira mu muhanda gutwara abagenzi. Ni nyuma y’amezi arenga abiri bicaye mu rugo barahagaritse gutwara abagenzi mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19 cyahagaritse imirimo n’ubuzima bwa benshi ku isi.
Mu gihe abamotari bakomeje kwitegura gusubira mu muhanda gutwara abagenzi, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje amabwiriza bagomba gukurikiza mu kazi kabo, haba kuri bo ndetse no ku bagenzi batwaye.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Ngarambe François yavuze ko Bosenibamwe Aimé azibukirwa ku mirimo yakoranye n’abagize uwo muryango ndetse n’abaturage muri rusange, iyo mirimo ikaba yarabateje imbere.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yamenyesheje Bwana Jabo Paul ko ahagaritswe ku mwanya w’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo.
Gatabazi Jean Marie Vianney waraye ahagaritswe ku mirimo yo kuba Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, yashimiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku cyizere yamugiriye akamuha izo nshingano, anamusaba imbabazi aho yaba yaramutengushye.
Mu Mudugudu wa Kabaya, Akagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze mu rugo rw’uwitwa Nsabimana Fabrice, haraye habaye impanuka ya gaz yaturitse ikomeretsa cyane umwana wari utetse w’imyaka 16 na nyir’urugo avunika urutugu (cravicule).
Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko No. 14/2-13 ryo ku wa 25/03/2013 rigena imitunganyirize n’imikorere by’Intara cyane cyane mu ngingo yaryo ya 9,
Amakuru mashya aturuka muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) aragaragaza ko kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2020 habonetse abarwayi icyenda bashya ba COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 336.
Sheikh Musa Sindayigaya, Umuyobozi mu Muryango mugari w’Abayisilamu mu Rwanda, avuga ko nubwo igisibo cya Ramadhan cyabaye mu bihe bidasanzwe byo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, cyagenze neza kandi Abayisilamu babashije kukibyaza umusaruro.
Bamwe mu baturage baheruka gusenyerwa n’ibiza bo mu Ntara y’Amajyaruguru baravuga ko bafite icyizere cyo kongera kwiyubaka, babikesha imirimo y’amaboko bahemberwa batangiye gukora.
Tariki 18 Gicurasi 2020, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba nshya zo kwirinda COVID-19. Mu byemezo Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uwo munsi yafashe, harimo ingingo ivuga ko ishyingirwa imbere y’Ubuyobozi ryemewe, ariko rigomba kwitabirwa n’abantu batarenze 15. Iyindi mihango nko gusezerana mu nsengero cyangwa (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije Abayislamu bo mu Rwanda no hirya no hino ku isi umunsi mukuru mwiza wa Eid al-fitr.
Kuri iki Cyumweru tariki 24 Gicurasi 2020, Umuyobozi w’Idini ya Islam mu Rwanda (Mufti) Sheikh Hitimana Salim yayoboye isengesho rya Eidil Fitri 2020. Isengesho no kwizihiza umunsi mukuru byakozwe mu buryo budasanzwe, haba mu Rwanda no mu bihugu byinshi ku Isi kubera impamvu zo kwirinda gukwirakwiza icyorezo cya Coronavirus (…)
Udupfukamunwa tugera ku bihumbi 700 nitwo tumaze gukwirakwizwa mu batuye Intara y’Amajyaruguru uhereye igihe gahunda yo gukumira icyorezo cya Covid-19 yatangiriye.
Ku itariki ya 21 Werurwe 2020 Minisiteri y’Ubuzima yatangaje amabwiriza yo kwirinda icyorezo Covid-19, ku buryo buri muntu mu Rwanda, aho yari ari hose, urugo yari arimo yahise arugumamo.
Kuri iki cyumweru, Umuryango mugari w’aba Islam ku isi urizihiza Umunsi mukuru wa Eid El Fitr, usoza ukwezi kw’igisibo cya Ramadhan.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko Bosenibamwe Aimé wayoboraga Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS) yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Gicurasi 2020 azize uburwayi.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2020 ari Umunsi w’Ikiruhuko, kubera ko Umunsi mukuru wa IDDIL-EL-FITRI wahuriranye n’impera z’icyumweru.
Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda (RMC) buratangaza ko Umunsi mukuru usoza igisibo gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhan umwaka wa 2020 uteganyijwe ku Cyumweru tariki 24 Gicurasi 2020.
Umunyamabanga Mukuru mu Nama y’Igihugu y’Abana ndetse n’Umuyobozi muri CLADHO, bagaragaje ikihishe inyuma yo gutuma abana bo mu mihanda banga gusubira mu miryango.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko mu gihe kitarenze ukwezi kumwe umuhanda wangiritse cyane uhuza Imirenge ya Kanjongo, Rangiro ,Cyato na Yove uza kuba wasubiye kuba nyabagendwa mu gihe hagitegerejwe igisubizo kirambye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahawe ibiganiro by’isanamitima muri gahunda bise ‘Mvura nkuvure’ baratangaza ko bakize ibikomere batewe na Jenoside bagatanga imbabazi, naho abakoze Jenoside bakiyunga n’imiryango bahemukiye.
Abaturiye ikaragiro rya Remera-Mbogo riri mu murenge wa Ngoma mu karere ka Rulindo babangamiwe n’umunuko ukabije uterwa n’amazi mabi yiroha mu ngo n’imirima yabo, aturutse mu byobo biyafata by’iri karagiro.