Kuri uyu wa gatanu tariki 31 Nyakanga 2020, Abayisilamu bo mu Rwanda bifatanyije n’abandi bo ku isi yose mu kwizihiza umunsi mukuru w’igitambo (Eidil-Ad’ha). Ni umunsi mukuru wizihijwe mu buryo budasanzwe, mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Padiri Hildebrand Karangwa akaba n’umushakashatsi ku mateka, amaze gusohora igitabo ku ruhare rwa Parmehutu n’abakoloni mu kubiba amacakubiri y’ingengabitekerezo ya Jenoside, yatumye haba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), yatangaje ko imidugudu itatu yo mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro yakuwe muri gahunda ya #GumaMuRugo, guhera kuwa Gatanu tariki 31 Nyakanga 2020.
Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe kugenzura ibinyabiziga, yatangaje ko ikigo gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga kizasubukura imirimo yacyo ku wa 04 Kanama 2020.
Ubuyobozi bwa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro bwamenyesheje abakirisitu n’imbaga y’abasanzwe bakorera ingendo Nyobokamana i Kibeho, cyane cyane ku munsi mukuru wa Asomusiyo uzizihizwa tariki ya 15 Kanama 2020, ko nta ngendo Nyobokamana zizakorerwa i Kibeho kuri iriya tariki nk’uko byari bisanzwe.
Ku wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2020, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.
Ikibazo cy’imyubakire yo mu kajagari si umwihariko mu Karere kamwe, ni ikibazo usanga kivugwa mu bice bitandukanye hirya no hino mu gihugu, ariko mu Karere ka Bugesera by’umwihariko hari ingamba zifashwe mu rwego rwo guca ako kajagari mu miturire.
Abasesengura ibijyanye no kunyereza no gukoresha nabi umutungo wa Leta baravuga ko kuba mu bigo runaka hakorera abantu bafitanye amasano cyangwa ubucuti, biri mu bituma kunyereza umutungo wa Leta cyangwa kuwukoresha nabi byihuta ariko bikagorana kuwugaruza.
Abacururiza imyambaro mu isoko ryo mu Rwabayanga mu mujyi i Huye, binubira gutangira gukora bwakeye cyane kuko aho bacururiza habanza kurangurizwa imboga.
Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango tariki 23 Nyakanga 2020, ufashwe atambaye agapfukamunwa cyangwa akambaye nabi arigishwa akanacibwa amande y’amafaranga 1000.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwabaye buhagaritse kwakira ababugana n’inyandiko zishyikirizwa Akarere, bushishikariza abaturage kwifashisha ikoranabuhanga.
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Ruhunga Jeannot, yatangaje ko iperereza kuri Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Ambasaderi Claver Gatete rikirimo gukorwa.
Bwa mbere mu mateka abatwara taxi voiture bafashijwe gushyira mu muhanda imodoka nshya, nyuma y’inguzanyo bahawe na Banki ya Kigali nta ngwate basabwe.
International youth Fellowhship irimo gutegura ihuriro mpuzamahanga ry’urubyiruko kuri murandasi, rizwi nka ‘IYF World youth Connect 2020’, rizatangira guhera tariki 30 Nyakanga kugeza ku ya 1 Kanama 2020.
“Nda Ndambara yandera ubwoba, oya ndayo, iyarinze Kagame izandinda! Nta ndambara yandera ubwoba”! Aya ni amagambo yaririmbwe na benshi harimo n’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame, mu bikorwa byo kumwamamaza nk’umukandida w’Umuryango RPF-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Nyakanga 2017.
Abafundi 150 barimo n’abayede bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bahuguriwe uburyo bwo kurwanya icyorezo cya COVID-19 mu murimo wabo wa buri munsi, basabwa umusanzu wo guhugura abandi.
Ikiraro cya Kanyonyomba kiri mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, ariko kikaba cyarafashaga cyane mu buhahirane hagati y’abaturage bo mu Karere ka Ngoma, cyane cyane mu Murenge wa Rukumberi ndetse n’abo mu Karere ka Bugesera.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kivuga ko gitangira gupima Covid-19 ku bantu bose babisabye, guhera kuri uyu wa kabiri tariki 28 Nyakanga 2020, ariko abasohoka mu gihugu bateze indege bo ni itegeko.
Abasabwe kwitaba Polisi y’u Rwanda kubera ko bafashwe barengeje amasaha yo gutaha ntibabikore, ariko kubera ko ibyangombwa byabo Polisi yabisigaranye, ngo hari abarimo kujya gushaka ibindi babeshya ko babitaye, bakaba baburirwa kuko ari amakosa bakora.
Abasengera mu itorero ADEPR mu Karere ka Nyaruguru, bishimira gahunda ya ‘Ndiho ku bwawe’ yahatangijwe muri 2019, kuko yabigishije ubuvandimwe ikanabakura mu bwigunge.
Bipfuyekubaho Jean Pierre wabaga mu mutwe wa FDLR muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, yahungutse mu mwaka wa 2013. Avuga ko yarokowe n’umwana we yohereje mu Rwanda mu rwego rwo kumenya neza amakuru mbere yo gufata icyemezo cyo gutaha.
Mu kwezi kwa Mata 2020 mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ni bwo Grace Umutoni (Rafiki) yasubukuye gahunda yo gushakisha ababyeyi be ndetse n’abo mu muryango we baba bararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), irasaba Abaturarwanda ko mu gihe hari aho babonye abantu batubahiriza ingamba n’amabwiriza byo kwirinda COVID-19, bahamagara imwe nomero zatanzwe, bitewe n’akarere baherereyemo.
Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera, bashimiye abantu batandukanye bagira uruhare mu kwesa imihigo y’ubumwe n’ubwiyunge muri ako Karere.
Mu mwaka wa 2007 ubwo abakozi b’ikigo gishinzwe indangamuntu (NIDA) begeranyaga amakuru yo gushyira ku ndangamuntu zikoranywe ikoranabuhanga, hari abagiye bihesha imyaka mike itajyanye n’igihe bavukiye.
Guhera mu 2008, Inteko Ishinga Amategeko y’ u Rwanda, yasabye Leta ko hashyirwaho politike yo kwita ku bageze mu zabukuru, ariko ntibyahita bikunda kuko nta masezerano n’amwe yo muri urwo rwego u Rwanda rwari rwarasinye.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu mpanuka zabaye muri iki cyumweru zigahitana abantu umunani, 65% muri zo zatewe n’abatwara ibinyabiziga biruka batinya gufatwa barengeje saa tatu z’ijoro kuko bazi ko bihanirwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yategetse ko ibendera ry’igihugu n’iry’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, yururutswa kugera mu cyakabiri, mu rwego rwo kwifatanya n’igihugu cy’abavandimwe cya Tanzaniya, mu bihe by’akababaro byo kubura uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu Benjamin William Mkapa witabye Imana.